Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo RDF ivuga ku wo byavugwaga ko ari umusirikare ukekwaho guhohotera uwanze ko baryamana

radiotv10by radiotv10
30/04/2024
in MU RWANDA
0
Icyo RDF ivuga ku wo byavugwaga ko ari umusirikare ukekwaho guhohotera uwanze ko baryamana
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umuturage wo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, avuze ko yahohotewe n’uwo yita umusirikare ngo amuziza ko yamuguriye inzora ariko akanga ko baryamana, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, buravuga ko uyu uvugwa ko ari umusirikare ntakigaragaza ko ari we koko.

Iri hohoterwa ryakorewe umugore wo mu Kagari ka Kamanyenga mu Murenge wa Nkanka, ryabaye ubwo umugore warikorewe yashyamiranaga n’uwo yita umusirikare ngo nyuma yo kumugurira inzoga mu kabari.

Uyu mugore yabwiye RADIOTV10, ko uwo wamuhohoteye bahuye bwa mbere akamusaba ko baganira, ubundi bakajya mu kabari, akamugurira inzora yitwa Knowless.

Yagize ati “Yanguriye Knowless nsomyeho rimwe arambwira ngo ndamuha ku bintu, ndamubwira ngo nubwo nabyaye ibyo bintu sinjya mbikora, we aravuga ngo kuva anguriye knowless ngomba kumuha, ngerageje gusohoka ngo nigendere aramfata araniga ankubita ingumi nyinshi mu maso, angaragura mu cyondo ari ko ankubita imigeri mu nda anankandagira mu mugongo ndi hasi, ngira amahirwe mucikira ku rugo rw’umuturage.”

Uyu mugore kimwe n’abandi baturage babonye uyu bita umusirikare, bavuga ko icyo bashingiraho bamwita uw’uru rwego, ari uko yari yambaye bimwe mu biranga abasirikare, ndetse ngo na telefone yari yabuze muri uko gukubitwa, yaje kuboneka ivuye mu kigo cya gisirikare.

Umwe mu baturage, yagize ati “Ikintu cyatubwiye ko ari umusirikare ni uko telefone yari yabuze, abasirikari ni bo bayituzaniye batubwira ko ari we wayibahaye.”

Uyu mugore na we yagize ati “Yari yambaye bote zabo n’umupira w’imbere wabo bambara imbere y’imyenda yabo isanzwe. Ikindi ni uko ahantu bampereye telefone ari ku kigo cya gisirikare.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko uyu abaturage bita umusirikare, nta gihamya ko ari we koko.

Yagize ati “Bagomba kubanza bakamenya koko niba ari umusirikare. T-shirt ntabwo ari umwambaro wa gisirikari reka reka reka. Iyo umuntu ayambaye atambaye imyenda yose y’igisirikare ntabwo wavuga ko ari umusirikare. T-shirt bazigurisha ahantu hose, nta kimenyetso rero cyatuma dukurikirana.”

Uyu muturage akimara guhohoterwa, bagenzi be bahise bamujyana ku kigo cya gisirikare ngo bereke abaho uko yagizwe n’uwo bivugwa ko ari umusirikare, babasaba kubanza kujya kumuvuza, ageze ku ivuriro ntiyabona ubuvuzi kubera kutabona amafaranga kandi ngo urugomo rutavurizwa kuri mituweri.

Nubwo ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko ntakigaragaza ko uyu abaturage bita umusirikare ari we koko, hagiye humvikana bamwe mu bakorera uru rwego bagiye bagwa mu myitwarire nk’iyi yangiza isura yarwo, ndetse rukanabyamagana, bakanagezwa imbere y’ubutabera.

Muri 2020 abasirikare batanu batawe muri yombi bakekwaho gufata ku ngufu abagore no guhohotera abaturage bo mu Kagari ka Kangondo I mu Murenge wa Remera, batatu muri bo baza kurekurwa bakiburana ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Icyo gihe ubuyobozi bwa RDF bwari bwitandukanyije n’ibyaha byakekwaga kuri aba basirikare, ndetse uru rwego rusanzwe rwifitiye inzego z’ubutabera [Inkiko n’Ubushinjacyaha], ruhita rutangiza iperereza ku byashinjwaga aba basirikare.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Kwibuka30: Hibutswe Abatutsi biciwe muri Sitade Gatwaro hanagarukwa ku rugendo rurerure babanje gukoreshwa

Next Post

Abaturarwanda bakomeje guhabwa umuburo ku mvura iteganyijwe hanagaragazwa igipimo cy’igiye kugwa

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaturarwanda bakomeje guhabwa umuburo ku mvura iteganyijwe hanagaragazwa igipimo cy’igiye kugwa

Abaturarwanda bakomeje guhabwa umuburo ku mvura iteganyijwe hanagaragazwa igipimo cy'igiye kugwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.