Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo RIB ivuga ku ifatwa rya Prince Kid wafatiwe muri America n’inzego zirimo FBI

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo RIB ivuga ku ifatwa rya Prince Kid wafatiwe muri America  n’inzego zirimo FBI
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Ishimwe Dieudonné wamenyekanye nka Prince Kid afatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za America, ku bufatanye bw’inzego zirimo urushinzwe Iperereza FBI, Urwego rw’Ubugenzacyaha rw’u Rwanda RIB, ruravuga ko na rwo rwamenyeye aya makuru mu itangazo ryatangajwe n’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri America.

Amakuru y’ifatwa rya Prince Kid yamenyekanye mu mpera z’icyumweru gishize, aho Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, ICE rushyiriye hanze itangazo rivuga ko uyu Dieudonné Ishimwe yafashwe tariki 03 Werurwe 2025.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na ICE, uru rwego rwavuze ko yafashwe nyuma yuko bisabwe n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, aho uru rwego rwabuze ko uyu mugabo w’imyaka 38 yari yahunze ubutabera kubera icyaha cyo gufata ku ngufu.

Ni ibyaha yahamijwe n’Urukiko Rukuru rw’u Rwanda muri 2023, bishingiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thirry yabajijwe n’abanyamakuru ku ifatwa rya Prince Kid, avuga ko uru rwego rutarashyikirizwa itangazo ryo mu buryo bw’inzego.

Yagize ati “Ubutumwa dutanga nta ‘official Communication [Itangazo] twari twabona kuri ibyo bintu. Twabisomye nk’uko namwe mwabisomye. Ngira ngo ‘official Communication’ niboneka, muzabimenya, muzabimenyeshwa.”

Dieudonné Ishimwe yafatiwe muri Leta ya Texas mu Mujyi wa Fort Worth, aho ICE yatangaje ko yabaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nyuma y’ifatwa rya Prince Kid, hazakurikiraho inzira zinyuze mu butabera, zigamije kumwoherereza Igihugu cye cy’u Rwanda, kugira ngo azaharangirize igihano yakatiwe.

Mu kwezi k’Ukwakira 2023, Urukiko Rukuru rwaburanishije Urubanza rw’Ubujurire, rwahamije Prince Kid icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, ndetse n’icyaha cyo gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

Ni ibyaha yakoze [yarabihamijwe] ubwo yari akiyobora Kompanyi ya Rwanda Inspiration Backup yahoze itegura irushanwa rya Miss Rwanda ryamaze guhagarikwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Umutunganyamiziki uzwi mu Rwanda yagiye kungurana ibitekerezo n’abarimo abavuye i Burayi

Next Post

Amakuru avugwa ku rugamba hagati ya M23 na FARDC n’uruhande rukomeje kugaragaza imbaraga

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru avugwa ku rugamba hagati ya M23 na FARDC n’uruhande rukomeje kugaragaza imbaraga

Amakuru avugwa ku rugamba hagati ya M23 na FARDC n'uruhande rukomeje kugaragaza imbaraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.