Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

radiotv10by radiotv10
25/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yatangaje ko yatunguwe n’imvugo ya Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye wavuze ko Igihugu cye gishobora gutera u Rwanda giciye muri Kirundo, mu gihe hari hatangiye inzira z’ibiganiro byo kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.

Mu minsi ishize inzego zishinzwe ubutasi z’u Rwanda n’iz’u Burundi zahuriye mu Ntara ya Kirundo mu Burundi, mu biganiro bigamije kubura umubano hagati y’Ibihugu byombi umaze iminsi urimo igitotsi.

Perezida Evariste Ndayishimiye, mu kiganiro yagiranye na BBC, yabaye nk’unyuranya n’uyu murongo watangiye, aho yavuze ko Igihugu cye ngo gifite amakuru ko u Rwanda rushaka kugitera runyuze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Burundi bwafunze imipaka mu ntangiro za 2024, bwashinjaga u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara urwanya kiriya Gihugu, mu gihe rwo rwabihakanye, ndetse n’uyu mutwe ukabyamagana wivuye inyuma.

Perezida Ndayishimiye muri iki kiganiro yagiranye na BBC, yongeye kuzamura ibi birego by’ibinyoma, aho yagize ati “Tuzi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa Republika Iharanira ya Demokarasi ya Congo, rubicishije ku mutwe wa Red- Tabara. Ariko twebwe tubabwira ko niba bashaka gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Ni amagambo atakiriwe neza na Guverinoma y’u Rwanda, mu gihe hari hatangiye inzira z’ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibi Bihugu byombi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, na we yagize ati “Ibyo bivugwa biratangaje kuko mu by’ukuri inzego zo za gisirikare n’umutekano zo mu Rwanda no mu Burundi zari ziri guhura kugira ngo ziganire ku buryo twarinda imipaka yacu iduhuza bitewe n’ibirimo biraba mu burasirazuba bwa Congo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye na RBA ku Cyumweru, yari yavuze ko hatangiye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Yari yavuze ko nubwo ibi biganiro biri mu ntangiro, ariko hari icyizere ko bizatanga umusaruro ku buryo umubano w’ibi Bihugu byombi uzahurwa, n’imipaka igafungurwa, ababituye bakongera kugenderana kivandimwe nk’uko byari bisanzwe.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo

RADIOTV10

Comments 1

  1. Rinda says:
    10 months ago

    Utazi umurundi amurunda mu nzu. Ni akumiro pe. Ese ni iki gihora gituma Ndayishimiye yikanga guterwa n u Rwanda? Bigaragara neza ko hari ibyo yakoze bibi ku Rwanda n abanyarwanda, bihora bimukomanga ku mutima akibaza ko u Rwanda rutazabyihanganira. Rero mu biganiro biba, nahumurizwe. NEVA yahemukiye u Rwanda mu by ukuri nta rwitwazo nk impamvu yo guhemuka. Ariko abanyarwanda twirengagiza byinshi mu rwego rwo gushaka kubana neza. Gusa ntituyobewe ko AKABAYE ICWENDE KATOGA, N IYO UGAKUBYE UMUNUKO NTUJYA USHIRAMO. Rero NEVA nareke ubucwende abe IGISABO 🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣 yuzure amahoro, areka amagambo yo guhora mu ntambara. Ese abona ari iki yakungukira mu ntambara?
    NEVA!! Nawe nudutera twe tuzakurasa tuguhagaze hejuru. Maze ndore. Reka kwishinga so wawe Kisegeti.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 11 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragarije mu nama yitabiriwe na Tshisekedi ibyarangiza intambara

Next Post

America irikomanga mu gatuza ko yivuganye benshi b’umutwe wayizengereje

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America irikomanga mu gatuza ko yivuganye benshi b’umutwe wayizengereje

America irikomanga mu gatuza ko yivuganye benshi b’umutwe wayizengereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.