Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

radiotv10by radiotv10
25/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yatangaje ko yatunguwe n’imvugo ya Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye wavuze ko Igihugu cye gishobora gutera u Rwanda giciye muri Kirundo, mu gihe hari hatangiye inzira z’ibiganiro byo kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.

Mu minsi ishize inzego zishinzwe ubutasi z’u Rwanda n’iz’u Burundi zahuriye mu Ntara ya Kirundo mu Burundi, mu biganiro bigamije kubura umubano hagati y’Ibihugu byombi umaze iminsi urimo igitotsi.

Perezida Evariste Ndayishimiye, mu kiganiro yagiranye na BBC, yabaye nk’unyuranya n’uyu murongo watangiye, aho yavuze ko Igihugu cye ngo gifite amakuru ko u Rwanda rushaka kugitera runyuze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Burundi bwafunze imipaka mu ntangiro za 2024, bwashinjaga u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara urwanya kiriya Gihugu, mu gihe rwo rwabihakanye, ndetse n’uyu mutwe ukabyamagana wivuye inyuma.

Perezida Ndayishimiye muri iki kiganiro yagiranye na BBC, yongeye kuzamura ibi birego by’ibinyoma, aho yagize ati “Tuzi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa Republika Iharanira ya Demokarasi ya Congo, rubicishije ku mutwe wa Red- Tabara. Ariko twebwe tubabwira ko niba bashaka gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Ni amagambo atakiriwe neza na Guverinoma y’u Rwanda, mu gihe hari hatangiye inzira z’ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibi Bihugu byombi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, na we yagize ati “Ibyo bivugwa biratangaje kuko mu by’ukuri inzego zo za gisirikare n’umutekano zo mu Rwanda no mu Burundi zari ziri guhura kugira ngo ziganire ku buryo twarinda imipaka yacu iduhuza bitewe n’ibirimo biraba mu burasirazuba bwa Congo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye na RBA ku Cyumweru, yari yavuze ko hatangiye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Yari yavuze ko nubwo ibi biganiro biri mu ntangiro, ariko hari icyizere ko bizatanga umusaruro ku buryo umubano w’ibi Bihugu byombi uzahurwa, n’imipaka igafungurwa, ababituye bakongera kugenderana kivandimwe nk’uko byari bisanzwe.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo

RADIOTV10

Comments 1

  1. Rinda says:
    10 months ago

    Utazi umurundi amurunda mu nzu. Ni akumiro pe. Ese ni iki gihora gituma Ndayishimiye yikanga guterwa n u Rwanda? Bigaragara neza ko hari ibyo yakoze bibi ku Rwanda n abanyarwanda, bihora bimukomanga ku mutima akibaza ko u Rwanda rutazabyihanganira. Rero mu biganiro biba, nahumurizwe. NEVA yahemukiye u Rwanda mu by ukuri nta rwitwazo nk impamvu yo guhemuka. Ariko abanyarwanda twirengagiza byinshi mu rwego rwo gushaka kubana neza. Gusa ntituyobewe ko AKABAYE ICWENDE KATOGA, N IYO UGAKUBYE UMUNUKO NTUJYA USHIRAMO. Rero NEVA nareke ubucwende abe IGISABO 🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣 yuzure amahoro, areka amagambo yo guhora mu ntambara. Ese abona ari iki yakungukira mu ntambara?
    NEVA!! Nawe nudutera twe tuzakurasa tuguhagaze hejuru. Maze ndore. Reka kwishinga so wawe Kisegeti.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 6 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragarije mu nama yitabiriwe na Tshisekedi ibyarangiza intambara

Next Post

America irikomanga mu gatuza ko yivuganye benshi b’umutwe wayizengereje

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America irikomanga mu gatuza ko yivuganye benshi b’umutwe wayizengereje

America irikomanga mu gatuza ko yivuganye benshi b’umutwe wayizengereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.