Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b’Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b’Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Bajyanama mu by’Ubuhunzi bo mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze sizeni eshatu (3) z’ihinga batabona insimburamubyizi bemererwa igihe bahamagajwe mu mahugurwa, mu gihe ubuyobozi bwo buvuga ko butazi impamvu batayibonye kuko abandi zabagezeho.

Aba bajyanama b’ubuhinzi bo muri uyu Murenge wa Rubona, bavuga ko kwitabira aya amahugura, bituma bica imibyizi yabo, cyangwa bagasiga abakozi mu mirima kuko baba bizeye ko baza gucyura amafaranga y’insimburamubyizi.

Kanyangira yagize ati “Baduhamagaye twavuye mu ngo, umukozi agasigara mu rugo aduhingira. Ntibayaduhe bakamara igihe batayaduhaye, ukaba washonjesha abana. Niba waribuhinge se ntuhinge ubwo ntuba uhombye! Twe twumva igihe baje kuduhugura bakayaduhaye akaba yatugirira umumaro nkuko natwe tuba twaje kubaka Igihugu.”

Munyaneza Jean Bosco we yagize ati “Ni insimburamubyizi y’akazi wari bukore ukabona amafaranga y’umuntu uba wasize mu murima.”

Umyobozi w’Akarere ka Rwamagana Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Ybaturage yabwiye RADIOTV10 ko batari bazi iby’iki kibazo ariko ko bagiye kugikurikirana kuko abandi bayabonye.

Aba Bajyanama b’Ubuhinzi bavuga ko ubusanzwe iyo babaga batumijwe mu mahugurwa, bajyaga bahabwa amafaranga 2 500 nk’insimburamubyizi, na yo bakayahabwa mu ntoki.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 19 =

Previous Post

Mu Rwanda hari aho itike y’urugendo rwo mu mazi ikomeje kubabera amayobera

Next Post

Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka

Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.