Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanzuye ko hazasubukurwa umukino wahuzaga Rayona Sports na Bugesera FC ugahagarara utarangiye kubera imvururu, Perezida wa Rayon yagaragaje ko icyizere cyo kwegukana igikombe cyayoyotse, ariko ko ibikombe bidashize.

Kuri uyu wa mbere tariki ya 19 Gicurasi 2025 ni bwo Komisiyo ishinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryemeje ko umukino wateje impaka hagati ya Bugesera FC na Rayon Sports uzakomereza aho wari ugeze ku munota wa 57’ hagakinwa iminota yari isigaye.

Uyu mukino wari uw’umunsi wa 28 wa Shampiyona wabaye ku wa Gatandatu tariki 17 Gicurasi 2025, kuri Stade ya Bugesera wahagaze ugeze ku munota wa 57 ubwo ikipe ya Bugesera FC yari imaze kwinjiza igitego cya kabiri.

Raporo ya komiseri w’umukino, igaragaza ko wahagaze kubera ikibazo cy’umutekano mucye cyatewe n’abafana ba Rayon Sports aho bateraga amabuye abasifuzi.

Kuri uyu wa Mbere nibwo imyanzuro yafashwe na Komisiyo ishinzwe Amarushanwa muri FERWAFA, aho yemeje ko umukino uzasubukurwa aho wari ugeze ukazaba ku wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2025.

Komisiyo yemeje kandi ko abakinnyi bari mu kibuga ari bo bazatangira umukino ndetse hataziyongeramo abandi ku bo amakipe yombi yari afite n’ubundi.

Indi myanzuro ni uko abasifuzi na bo batazahinduka nubwo impaka zaturutse ku byemezo bitavuzweho rumwe by’umusifuzi, abo ku ruhande rwa Rayon Sports bemezago ko arimo kubiba.

Nta bafana bemerewe kureba uriya mukino. Rayon Sports yemerewe kuzajyana abayobozi batatu gusa naho abagize komite nyobozi ya Bugesera FC bemerewe kwitabira umukino bose.

Undi mwanzuro wafatiwe Rayon Sports, ni uko imikino ibiri isigaje muri Shampiyona izayikina nta bafana bari ku kibuga, ni umukino wa Vision FC n’uwa Gorilla FC.

Nyuma y’ibi byemezo, Perezida wa Rayon, Thaddée Twagirayezu yavuze ko nubwo byabyakiriye neza ariko ko icyizere cyo kwegukana igikombe cya Shampiyona kuri iyi kipe cyayoyotse.

Yagize ati “Igikombe kiragiye ariko ibikombe ntabwo bigiye. Igikombe cya 2024-2025 tuvuge ko kigiye, usibye ko bitaranarangira kuko haracyari imikino. Icy’uyu mwaka kiragiye ariko haracyari ibindi byo gukinira.”

Uyu Muyobozi wa Rayon yatangaje ko iyi kipe igiye gukoresha imbaraga zose zishoboka kugira ngo barebe ko bagera ku ntego yo kwegukana igikombe cy’uyu mwaka w’imikino, nubwo icyizere cyagabanutse.

Thaddée Twagirayezu ubwo habaga ziriya mvururu

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 9 =

Previous Post

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Next Post

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagaragaye mu ‘buhanuzi’ bwumvikanamo ibisa nko guca igikuba yatawe muri yombi

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.