Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Urukiko rwashingiyeho rutegeka ko umwarimu wari ufungiye ‘kwiba imodoka’ arekurwa

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Icyitonderwa: Ifoto yakuwe kuri Internet, ni iyifashishijwe ntihuye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha mu ishuri ryisumbuye ryo mu Karere ka Nyanza, wari umaze igihe afunzwe akekwaho kwiba imodoka, yafunguwe nyuma yo kujurira Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwatangaje icyo rwashingiyeho rutegeka ko arekurwa.

Uyu mwarimu witwa Gatarayiha Marcel asanzwe yigisha mu Ishuri rya ESPANYA ryo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 uyu mwarimu Gatarayiha Marcel ariko ajurira urwisumbuye rwa Nyarugenge.

Icyaha cyo kwiba imodoka kiregwa uyu mwarimu wari ufungiye mu Igororero rya Nyarugenge [Mageragere], cyabaye muri 2019, ariko aza gutangira kugikurikiranwaho muri uyu mwaka wa 2024.

Uregwa yajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, aho yaburanaga ahakana icyaha akurikiranyweho, akavuga ko nubwo iyo modoka yibwe yamubaruweho nyuma yo kwibwa, atazi uko byagenze.

Gatarayiha Marcel yavugaga ko abayibye bashobora kuba barabonye fotokopi y’irangamuntu ye bakayifashisha mu kumubaruraho imodoka yibwe, ariko ko we ntayo yibye, ndetse ko atazi no gutwara iki kinyabiziga ku buryo yari kubasha kukiba.

Uregwa ndetse n’uruhande rumwunganira, kandi bavugaga ko icyaha akurikiranyweho cyo kwiba imodoka cyashaje nk’uko biteganywa n’itegeko.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, nyuma yo gusuzuma impamvu z’ubujurire zatanzwe n’uregwa, rwemeje ko icyaha cyaregwaga uyu mwarimu Gatarayiha Marcel cyashaje, bityo ko agomba kurekurwa.

Ni mu gihe itegeko riteganya ko iki cyaha kigire ubusaze bw’imyaka itatu, kuko iyi gikurikiranywe nyuma y’amezi atatu, ugikekwaho adakorerwa uburyozwacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − thirteen =

Previous Post

Ukuriye Kiliziya muri Congo yavuze ku mubano w’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi

Next Post

Nyanza: Imvura nyinshi yatumye inkuru mbi itaha mu muryango w’umwana w’imyaka 6

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Nyanza: Imvura nyinshi yatumye inkuru mbi itaha mu muryango w’umwana w’imyaka 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.