Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yongeye kugaragara ari mu bikorwa by’ubuhinzi, yakoze ubwo yasuraga Koperative y’abahinzi b’Ibirayi, akabaha umubyizi wo guterera umuti wica udukoko twangiza imyaka.

Perezida Ndayishimiye yasuye aba bahinzi bibumbuye muri Koperative ya Gasenyi muri Komini ya Rusaka, ahari imirima y’ibirayi bahahinze.

Amafoto dukesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi, harimo igaragaza Perezida Ndayishimiye ari gutera umuti wica udukoko twona imyaka, akoresheje ipombo.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi kandi, bivuga yaboneyeho kugirana ikiganiro n’aba bahinzi ndetse n’abandi baturage bo ku gasozi ka Rwintare.

Aba bahinzi baboneyeho guha ubuhamya Umukuru w’Igihugu cyabo ko nyuma yo kwibumbira muri Koperative, bari kubibonamo inyungu ishimishije.

Perezida Ndayishimiye na we yabashishikariza kimwe n’abandi Barundi bose, gukomeza gukorera hamwe kuko bituma bazamurana bakagera ku iterambere.

Yagize ati “Turifuza Igihugu kirimo Abarundi bose babayeho bishimye, kandi babasha kwihaza mu biribwa.”

Perezida Ndayishimiye asanzwe akora ubuhinzi n’ubworozi, akaba anakunze kugaragara yagiye mu mirima gukurikirana ibikorwa bye, ndetse na we ubwe agafatanya n’ababukoramo, mu gusarura ndetse no mu bindi bikorwa by’ubuhinzi.

Bagiranye ikiganiro

Na bo bamugejejeho ibitekerezo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + four =

Previous Post

Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

Next Post

Amashusho y’Umwuzukuru wa Perezida Kagame agaragaza ubuhanga bwe yashimishije benshi

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho y’Umwuzukuru wa Perezida Kagame agaragaza ubuhanga bwe yashimishije benshi

Amashusho y’Umwuzukuru wa Perezida Kagame agaragaza ubuhanga bwe yashimishije benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.