Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yicaye muri ‘Pupitre’ yagiye gutera akanyabugabo abana batangiye amashuri

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Perezida Ndayishimiye yicaye muri ‘Pupitre’ yagiye gutera akanyabugabo abana batangiye amashuri
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yafotowe yicaye mu ntebe y’abanyeshuri (Pupitre) bo mu mashuri abanza, ari kumwe na bo mu itangira ry’amashuri, abifuriza amasomo meza.

Ni ifoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Perezida Ndayishimiye Evariste, wifurije abanyeshuri kugira intangiriro nziza z’umwaka w’amashuri.

Ubutumwa buherekeje iyi foto, bugira buti “Uyu munsi abana b’u Burundi baramutse batangira umwaka w’amashuri mushya, mbifurije ubuzima bwiza, ubwitonzi n’umurava kugira ngo bige bamenye kuko ari ejo hazaza h’Igihugu cyacu.”

Perezida Ndayishimiye Evariste kandi yaboneyeho kwifuriza abarimu bose gukomera ku ndangagaciro zo gukunda umwuga wabo.

Ati “Dusabiye abarimu n’abarezi gukomera ku ibanga ridasanzwe ryo kurerera u Burundi.”

Uyu musi abana b’Uburundi baramutse batangura umwaka w’ishure mushasha, ndabipfurije amagara meza, ubwitonzi n’ubwira kugira ngo bige bamenya kuko ari bo kazoza k’igihugu cacu. Dusabiye Abigisha-barezi gukomera kw’ibanga ridasanzwe ryo kurerera Uburundi. pic.twitter.com/UbCJckDB9I

— SE Evariste Ndayishimiye (@GeneralNeva) September 12, 2022

Perezida Ndayishimiye umaze iminsi ahanganye n’ibibazo byo gushaka guhirikwa ku butegetsi n’uwari Minisitiri w’Intebe we, aherutse gusaba abayobozi kutishyira hejuru, abasaba kwicisha bugufi.

Uyu Mukuru w’Igihugu cy’u Burundi azwiho kwicisha bugufi, aho akunze kugaragara mu bikorwa bisanzwe by’ubuzima bw’Abarundi bwa buri munsi nko mu bikorwa byo guhinga, gusarura imyaka ndetse n’ibindi bijyanye n’umuco w’Igihugu cye.

Mu cyumweru gishize, Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya iyobowe na Gervais Ndirakobuca aherutse gusimbuza Alain Guillaume Bunyoni uvugwaho gushaka kumuhirika ku butegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 7 =

Previous Post

Ingabo za EAC zamaze kwinjira muri DRC zahawe nyirantarengwa na Perezida Tshisekedi

Next Post

Rusizi: Bane barimo umuyobozi w’Ibitaro bakurikiranyweho uburiganya bwanyerejwemo Miliyoni 30Frw

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Rusizi: Bane barimo umuyobozi w’Ibitaro bakurikiranyweho uburiganya bwanyerejwemo Miliyoni 30Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.