Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yicaye muri ‘Pupitre’ yagiye gutera akanyabugabo abana batangiye amashuri

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Perezida Ndayishimiye yicaye muri ‘Pupitre’ yagiye gutera akanyabugabo abana batangiye amashuri
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yafotowe yicaye mu ntebe y’abanyeshuri (Pupitre) bo mu mashuri abanza, ari kumwe na bo mu itangira ry’amashuri, abifuriza amasomo meza.

Ni ifoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Perezida Ndayishimiye Evariste, wifurije abanyeshuri kugira intangiriro nziza z’umwaka w’amashuri.

Ubutumwa buherekeje iyi foto, bugira buti “Uyu munsi abana b’u Burundi baramutse batangira umwaka w’amashuri mushya, mbifurije ubuzima bwiza, ubwitonzi n’umurava kugira ngo bige bamenye kuko ari ejo hazaza h’Igihugu cyacu.”

Perezida Ndayishimiye Evariste kandi yaboneyeho kwifuriza abarimu bose gukomera ku ndangagaciro zo gukunda umwuga wabo.

Ati “Dusabiye abarimu n’abarezi gukomera ku ibanga ridasanzwe ryo kurerera u Burundi.”

Uyu musi abana b’Uburundi baramutse batangura umwaka w’ishure mushasha, ndabipfurije amagara meza, ubwitonzi n’ubwira kugira ngo bige bamenya kuko ari bo kazoza k’igihugu cacu. Dusabiye Abigisha-barezi gukomera kw’ibanga ridasanzwe ryo kurerera Uburundi. pic.twitter.com/UbCJckDB9I

— SE Evariste Ndayishimiye (@GeneralNeva) September 12, 2022

Perezida Ndayishimiye umaze iminsi ahanganye n’ibibazo byo gushaka guhirikwa ku butegetsi n’uwari Minisitiri w’Intebe we, aherutse gusaba abayobozi kutishyira hejuru, abasaba kwicisha bugufi.

Uyu Mukuru w’Igihugu cy’u Burundi azwiho kwicisha bugufi, aho akunze kugaragara mu bikorwa bisanzwe by’ubuzima bw’Abarundi bwa buri munsi nko mu bikorwa byo guhinga, gusarura imyaka ndetse n’ibindi bijyanye n’umuco w’Igihugu cye.

Mu cyumweru gishize, Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya iyobowe na Gervais Ndirakobuca aherutse gusimbuza Alain Guillaume Bunyoni uvugwaho gushaka kumuhirika ku butegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Ingabo za EAC zamaze kwinjira muri DRC zahawe nyirantarengwa na Perezida Tshisekedi

Next Post

Rusizi: Bane barimo umuyobozi w’Ibitaro bakurikiranyweho uburiganya bwanyerejwemo Miliyoni 30Frw

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Rusizi: Bane barimo umuyobozi w’Ibitaro bakurikiranyweho uburiganya bwanyerejwemo Miliyoni 30Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.