Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Hungary, Katalin Novák uri mu Rwanda mu ruzinduko rwa mbere agiriye ku Mugabane wa Afurika, yanakiriwe na Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda, wamuhaye impano y’ishusho ya Bikiramariya Nyina wa Jambo waboneye i Kibeho.

Perezida Katalin Novák kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, kandi yanakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, banagirana ikiganiro n’itangazamakuru.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Hungary, yavuze ko ari ubwa mbere agendereye Umugabane wa Afurika kuva yayobora iki Gihugu, kandi ko yahisemo gutangirira ku Rwanda kugira ngo aze kwirebera uko iki Gihugu cyiyubatse kivuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu kikaba ari Igihugu gitemba amahoro n’umutekano.

Kuri iki Cyumweru kandi, Katalin Novák yakiriwe na Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda, anamuha impano.

Ubutumwa dukesha ibiro bya Arikidiyoseze ya Kigali, buherekejwe n’ifoto, bugira buti “Arkiyepiskopi wa Kigali yageneye impano ya Bikira Mariya Nyina wa Jambo Perezida w’Igihugu cya Hongiriya wamusuye.”

Perezida wa Hungary, Katalin Novák na we yagaragaje ko yishimiye kuba yahuye na Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda, baganiriye ku “gukomeza guteza imbere amahoro ndetse n’indangagaciro z’umuryango no gukomeza kurinda amahame y’ubukirisitu.”

Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda na we yavuze ko yishimiye gusurwa na Madamu Katalin Novák. Ati “Nashimye Politiki ya Hongrie mu guteza imbere indangagaciro z’umuryango. Ni bwo buryo bwonyine bwatanga icyizere cy’ejo hazaza h’Isi yacu.”

 

Karidinali Kambanda yakiriye Perezida wa Hungary

Bagiranye ibiganiro byagarutse ku gukomeza kubungabunga amahoro
Yamuhaye impano
Yamuhaye impano ikora ku mutima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 14 =

Previous Post

Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

Next Post

Harakekwa icyatumye umuhanzi Nyarwanda ajyanwa kwa muganga igitaragaranya

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
AMAHANGA

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa icyatumye umuhanzi Nyarwanda ajyanwa kwa muganga igitaragaranya

Harakekwa icyatumye umuhanzi Nyarwanda ajyanwa kwa muganga igitaragaranya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.