Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Hungary, Katalin Novák uri mu Rwanda mu ruzinduko rwa mbere agiriye ku Mugabane wa Afurika, yanakiriwe na Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda, wamuhaye impano y’ishusho ya Bikiramariya Nyina wa Jambo waboneye i Kibeho.

Perezida Katalin Novák kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, kandi yanakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, banagirana ikiganiro n’itangazamakuru.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Hungary, yavuze ko ari ubwa mbere agendereye Umugabane wa Afurika kuva yayobora iki Gihugu, kandi ko yahisemo gutangirira ku Rwanda kugira ngo aze kwirebera uko iki Gihugu cyiyubatse kivuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu kikaba ari Igihugu gitemba amahoro n’umutekano.

Kuri iki Cyumweru kandi, Katalin Novák yakiriwe na Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda, anamuha impano.

Ubutumwa dukesha ibiro bya Arikidiyoseze ya Kigali, buherekejwe n’ifoto, bugira buti “Arkiyepiskopi wa Kigali yageneye impano ya Bikira Mariya Nyina wa Jambo Perezida w’Igihugu cya Hongiriya wamusuye.”

Perezida wa Hungary, Katalin Novák na we yagaragaje ko yishimiye kuba yahuye na Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda, baganiriye ku “gukomeza guteza imbere amahoro ndetse n’indangagaciro z’umuryango no gukomeza kurinda amahame y’ubukirisitu.”

Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda na we yavuze ko yishimiye gusurwa na Madamu Katalin Novák. Ati “Nashimye Politiki ya Hongrie mu guteza imbere indangagaciro z’umuryango. Ni bwo buryo bwonyine bwatanga icyizere cy’ejo hazaza h’Isi yacu.”

 

Karidinali Kambanda yakiriye Perezida wa Hungary

Bagiranye ibiganiro byagarutse ku gukomeza kubungabunga amahoro
Yamuhaye impano
Yamuhaye impano ikora ku mutima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seven =

Previous Post

Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

Next Post

Harakekwa icyatumye umuhanzi Nyarwanda ajyanwa kwa muganga igitaragaranya

Related Posts

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa icyatumye umuhanzi Nyarwanda ajyanwa kwa muganga igitaragaranya

Harakekwa icyatumye umuhanzi Nyarwanda ajyanwa kwa muganga igitaragaranya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.