Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Hungary, Katalin Novák uri mu Rwanda mu ruzinduko rwa mbere agiriye ku Mugabane wa Afurika, yanakiriwe na Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda, wamuhaye impano y’ishusho ya Bikiramariya Nyina wa Jambo waboneye i Kibeho.

Perezida Katalin Novák kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, kandi yanakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, banagirana ikiganiro n’itangazamakuru.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Hungary, yavuze ko ari ubwa mbere agendereye Umugabane wa Afurika kuva yayobora iki Gihugu, kandi ko yahisemo gutangirira ku Rwanda kugira ngo aze kwirebera uko iki Gihugu cyiyubatse kivuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu kikaba ari Igihugu gitemba amahoro n’umutekano.

Kuri iki Cyumweru kandi, Katalin Novák yakiriwe na Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda, anamuha impano.

Ubutumwa dukesha ibiro bya Arikidiyoseze ya Kigali, buherekejwe n’ifoto, bugira buti “Arkiyepiskopi wa Kigali yageneye impano ya Bikira Mariya Nyina wa Jambo Perezida w’Igihugu cya Hongiriya wamusuye.”

Perezida wa Hungary, Katalin Novák na we yagaragaje ko yishimiye kuba yahuye na Musenyeri Antoine Karidinali Kambanda, baganiriye ku “gukomeza guteza imbere amahoro ndetse n’indangagaciro z’umuryango no gukomeza kurinda amahame y’ubukirisitu.”

Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda na we yavuze ko yishimiye gusurwa na Madamu Katalin Novák. Ati “Nashimye Politiki ya Hongrie mu guteza imbere indangagaciro z’umuryango. Ni bwo buryo bwonyine bwatanga icyizere cy’ejo hazaza h’Isi yacu.”

 

Karidinali Kambanda yakiriye Perezida wa Hungary

Bagiranye ibiganiro byagarutse ku gukomeza kubungabunga amahoro
Yamuhaye impano
Yamuhaye impano ikora ku mutima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 17 =

Previous Post

Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

Next Post

Harakekwa icyatumye umuhanzi Nyarwanda ajyanwa kwa muganga igitaragaranya

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa icyatumye umuhanzi Nyarwanda ajyanwa kwa muganga igitaragaranya

Harakekwa icyatumye umuhanzi Nyarwanda ajyanwa kwa muganga igitaragaranya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.