Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

IFOTO: Ubuheta bwa Ange Kagame ari kwiga mu Irerero mukuru we yarangirijemo

radiotv10by radiotv10
08/02/2024
in Uncategorized
0
IFOTO: Ubuheta bwa Ange Kagame ari kwiga mu Irerero mukuru we yarangirijemo
Share on FacebookShare on Twitter

Amalia Agwize Ndengeyingoma, ubuheta bwa Ange Ingabire Kagame na Betrand Ndengeyingoma, ari kwiga mu Irerero ryo muri Village Urugwiro ryananyuzemo umuvandimwe we Anaya Abe Ndengeyingoma uherutse gutangira amashuri y’incuke.

Amalia Agwize; ni umwe mu bana biga mu Irerero rya EZA Urugwiro ECD, bagaragaye kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Gashyantare 2024 ubwo Madamu Jeannette Kagame yakiraga Agata Kornhauser-Duda, Madamu wa Perezida wa Pologne uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Madamu Jeannette Kagame na Madamu Agata Kornhauser-Duda, baboneyeho kandi kugirana ibiganiro n’abana barererwa muri iri rerero riri mu Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Ubutumwa dukesha Ibiro bya Madamu wa Perezida wa Repubulika, bugira buti “Abana bacu bo mu Irerero rya EZA bahaye ikaze abashyitsi bacu mu bwuzu bwinshi.”

Ubu butumwa bwatambutse kuri X kuri uyu wa Gatatu, buvuga ko “Madamu wa Perezida Jeannette Kagame yakiriye Madamu wa Perezida wa Poland Agata Kornhauser-Duda mu Irerero rya Village Urugwiro, basura ibikorwa, anamunyuriramo gahunda zaryo, ndetse banagira ibihe byo gukininana n’Abamalayika bato [abana].”

Mu mafoto aherekeje ubu butumwa, hagaragaramo Amalia Agwize Ndengeyingoma, umwuzukuru wa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame wari unamuteruye amukikiye.

Iri reroro ryigamo ubuheta bwa Ange Kagame, Amalia Agwize Ndengeyingoma, ni na ryo ryizemo mukuru we Anaya Abe Ndengeyingoma uherutse gutangira icyiciro cy’amashuri y’incuke.

Madamu Jeannette Kagame aramutsa abana biga muri iri Rerero
Na Madamu Agata yishimiye uburyo iri Rerero ryita ku bana
Banagize umwanya wo gusabana n’abana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + three =

Previous Post

Umuhanzi uyoboye Gospel Nyarwanda yahaye igisubizo cyanyuze abakunzi be muri Uganda bifuza ko abataramira

Next Post

Menya imyanya Polisi y’u Rwanda yegukanye mu marushanwa y’Abapolisi kabuhariwe ku Isi

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya imyanya Polisi y’u Rwanda yegukanye mu marushanwa y’Abapolisi kabuhariwe ku Isi

Menya imyanya Polisi y’u Rwanda yegukanye mu marushanwa y’Abapolisi kabuhariwe ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.