Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Umujenerali w’Umunya-Kenya wayoboye ingabo z’ubutumwa bwa EAC muri Congo yari i Gako

radiotv10by radiotv10
16/04/2024
in MU RWANDA
0
IFOTO: Umujenerali w’Umunya-Kenya wayoboye ingabo z’ubutumwa bwa EAC muri Congo yari i Gako
Share on FacebookShare on Twitter

Major General Aphaxard Muthuri Kiugu, wayoboye ingabo zari mu butumwa bwa EAC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (EACRF), ni umwe mu bitabiriye umuhango wo kwinjiza abasirikare b’Abofisiye 624 mu Ngabo z’u Rwanda wabereye i Gako.

Maj Gen Aphaxard Muthuri Kiugu, yagaragaye muri uyu muhango wayobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF.

Mbere y’uko uyu muhango utangira, Maj Gen Kiugu yagaragaye ari kumwe na General (Rtd) James Kabarebe-Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Ubutwererane bw’akarere, ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere, Lieutenant General Jean-Jacques Mupenzi.

Ni mu gihe ubwo uyu muhango wari winikije, Maj Kiugu yari yicaranye n’abarimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi ndetse na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana.

Maj Gen Aphaxard Muthuri Kiugu wo mu gisirikare cya Kenya, yayoboye Ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa, zari zigizwe n’izo muri Kenya, iza Uganda, n’iz’u Burundi, zasoje ubutumwa bwazo mu mpera z’umwaka ushize.

Muthuri Kiugu yatangiye inshingano zo kuyobora EACRF kuva muri Gicurasi 2023 nyuma y’uko Umunya-Kenya mugenzi we Maj Gen Jeff Nyagah yari amaze gusezera kuri izi nshingano.

Maj Gen Kiugu usanzwe afite ubunararibonye mu miyoborere ya Gisirikare, mu kuyobora ibikorwa by’urugamba ndetse no mu bikorwa byo kugarura amahoro, yabaye ushinzwe guhuza ibikorwa bya gisirikare mu butumwa bwa Kenya mu Muryango w’Abibumbye, i New York.

Kuri uyu wa Mbere ubwo Maj Gen Kiugu yari i Gako ari kumwe na Gen (Rtd) James Kabarebe na Lt Gen Jean-Jacques Mupenzi
Major General Aphaxard Muthuri Kiugu ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi
Muri Gicurasi umwaka ushize ubwo Maj Gen Kiugu yageraga i Goma
Muri Mutarama uyu mwaka yashyikirije EAC ibendera nyuma y’uko EACRF isoje ubutumwa bwayo muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eleven =

Previous Post

Bwa mbere Akarasisi k’Abasirikare binjiye muri RDF kabaye mu Kinyarwanda ijambo ku rindi-(AMAFOTO)

Next Post

DRCongo: Hatangajwe umubare w’abantu baburiwe irengero mu mpanuka idasanzwe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatangajwe umubare w’abantu baburiwe irengero mu mpanuka idasanzwe

DRCongo: Hatangajwe umubare w’abantu baburiwe irengero mu mpanuka idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.