Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Umujenerali w’Umunya-Kenya wayoboye ingabo z’ubutumwa bwa EAC muri Congo yari i Gako

radiotv10by radiotv10
16/04/2024
in MU RWANDA
0
IFOTO: Umujenerali w’Umunya-Kenya wayoboye ingabo z’ubutumwa bwa EAC muri Congo yari i Gako
Share on FacebookShare on Twitter

Major General Aphaxard Muthuri Kiugu, wayoboye ingabo zari mu butumwa bwa EAC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (EACRF), ni umwe mu bitabiriye umuhango wo kwinjiza abasirikare b’Abofisiye 624 mu Ngabo z’u Rwanda wabereye i Gako.

Maj Gen Aphaxard Muthuri Kiugu, yagaragaye muri uyu muhango wayobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF.

Mbere y’uko uyu muhango utangira, Maj Gen Kiugu yagaragaye ari kumwe na General (Rtd) James Kabarebe-Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Ubutwererane bw’akarere, ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere, Lieutenant General Jean-Jacques Mupenzi.

Ni mu gihe ubwo uyu muhango wari winikije, Maj Kiugu yari yicaranye n’abarimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi ndetse na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana.

Maj Gen Aphaxard Muthuri Kiugu wo mu gisirikare cya Kenya, yayoboye Ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa, zari zigizwe n’izo muri Kenya, iza Uganda, n’iz’u Burundi, zasoje ubutumwa bwazo mu mpera z’umwaka ushize.

Muthuri Kiugu yatangiye inshingano zo kuyobora EACRF kuva muri Gicurasi 2023 nyuma y’uko Umunya-Kenya mugenzi we Maj Gen Jeff Nyagah yari amaze gusezera kuri izi nshingano.

Maj Gen Kiugu usanzwe afite ubunararibonye mu miyoborere ya Gisirikare, mu kuyobora ibikorwa by’urugamba ndetse no mu bikorwa byo kugarura amahoro, yabaye ushinzwe guhuza ibikorwa bya gisirikare mu butumwa bwa Kenya mu Muryango w’Abibumbye, i New York.

Kuri uyu wa Mbere ubwo Maj Gen Kiugu yari i Gako ari kumwe na Gen (Rtd) James Kabarebe na Lt Gen Jean-Jacques Mupenzi
Major General Aphaxard Muthuri Kiugu ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi
Muri Gicurasi umwaka ushize ubwo Maj Gen Kiugu yageraga i Goma
Muri Mutarama uyu mwaka yashyikirije EAC ibendera nyuma y’uko EACRF isoje ubutumwa bwayo muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 4 =

Previous Post

Bwa mbere Akarasisi k’Abasirikare binjiye muri RDF kabaye mu Kinyarwanda ijambo ku rindi-(AMAFOTO)

Next Post

DRCongo: Hatangajwe umubare w’abantu baburiwe irengero mu mpanuka idasanzwe

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatangajwe umubare w’abantu baburiwe irengero mu mpanuka idasanzwe

DRCongo: Hatangajwe umubare w’abantu baburiwe irengero mu mpanuka idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.