Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igikekwa ku by’inshoberamanga by’umusore watunguranye nyuma y’imyaka 3 apfuye yaranashyinguwe

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
5
Igikekwa ku by’inshoberamanga by’umusore watunguranye nyuma y’imyaka 3 apfuye yaranashyinguwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Ntara ya Gitega mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda, mu Burundi, haravugwa inkuru yabereye benshi amayobera y’umusore wari umaze imyaka itatu apfuye ndetse yaranashyinguwe, wongeye kugaragara ari mutaraga. Hari abavuga icyo bakeka gishobora kuba cyarabayeho.

Uyu musore witwa Augustin Tuyisaba w’imyaka 18 y’amavuko, ni uwo muri Komini Itaha mu Ntara ya Gitega, yongeye kugaragara mu ntangiro z’iki cyumweru tariki 08 Ukwakira 2023.

Yabonetse ubwo yinjiraga mu rusengero rw’Itorero rya Methodiste Libre, ruherereye mu Ntara ya Makamba, bahita bamenyesha umubyeyi we Bigirimana Angeline wasazwe n’ibyishimo byo kongera kubona umuhungu we yari amaze imyaka itatu ashyinguye.

Mu byishimo byinshi, uyu mubyeyi yabwiye ibinyamakuru byo mu Burundi ko muri 2020, ari bwo yakiriye inkuru y’incamugongo ko umuhungu we wari waragiye gushakisha imibereho, yitabye Imana arohamye mu kiyaga.

Icyo gihe bakoze imihango yo gushyingura, bajya gufata umurambo, barawoza nk’uko bikorerwa imibiri y’abitabye Imana, ubundi bamushyira mu isanduku barashyingura.

Bigirimana Angeline yagize ati “Ndanezerewe kuba Imana yongeye kunyereka agahungu nari mfite ari kamwe mu bakobwa umunani, sinumva uko nayishimira.” 

Ni mu gihe uyu musore we yabonetse avuga amagambo macye, ndetse bigaragara ko ibitekerezo bitari ku murongo.

Iyi nkuru yabereye inshoberamahanga benshi, bavuga ko bitumvikana uburyo umuntu wapfuye ndetse akanashyingurwa, yakongera kuboneka ari muzima nyuma y’imyaka itatu.

Abazi iby’imigenzo gakondo mu Burundi, babwiye ikinyamakuru Jimbere cy’i Burundi ko ibyo kuba umuntu wari warapfuye yakongera kuboneka ari muzima, bishoboka.

Bavuga ko hari igihe umuntu apfa kubera kurogwa n’abafite ubuhanga mu mbaraga zidasanzwe, kugira ngo bazajye bamukoresha mu mirimo y’uburetwa, ku buryo iyo amaze gushyinguwa, abo babikoze, bamugarura mu Isi ya muntu ibyo Abarundi bita ‘kumurabura’, ubundi bagatangira kumukoresha mu ijoro.

Abo bavuga iby’iyi migenzo, bavuga ko iyo habaye ikosa mu gukora icyo gikorwa cy’uburozi cyabayemo kwibeshya, cyangwa hakaboneka undi murozi ushobora gusubiza ibuzima uwo muntu, azuka, bagakeka ko ari byo bishobora kuba byarabaye kuri Augustin Tuyisaba.

Tuyisaba bivugwa ko yari amaze imyaka itatu yarapfuye
Umuryango we wishimiye kongera kumubona
Umubyeyi we byamurenze

RADIOTV10

Comments 5

  1. Claude Harerimana says:
    2 years ago

    Hanze ahangaha hakeneye izindi mbaraga zimwe zitari izogukinisha, abarizi ni abahanga cyane cyane , imana niba ibaho nitabare .
    Aho umuntu nyamuntu bamupfunyika muri box bakamokoresha icyo bashaka Kandi igihe bashatse.

    Nubwo statics yagaragaje umwe kuri batanu aba afite ikibazo wasanga Ari 3/5 , hari abarimo kugendana ibi bikomere Kandi benshi .
    Leta nidahagurukira abarizi iragira imfungwa nyinshi.

    Reply
  2. Gustave Niyitegeka says:
    2 years ago

    It is not true story

    Reply
  3. Tuyishimire Elie says:
    2 years ago

    Impossible

    Reply
  4. Ndayishimiye Emile says:
    2 years ago

    Ivyo ni vyo cane is true story .nanje ndumurundi ivyo vyarabaye.kand ino iwacu siryambere ivyo bibaye. Eee nizindi nkomezi nyene kweri zibikora

    Reply
  5. Ishimwe says:
    2 years ago

    Ndabona areba bidasanzwe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + fifteen =

Previous Post

Menya icyemezo cyafashwe n’Abadepite ba Uganda ku ngingo nk’iyigeze kuzamura impaka mu Rwanda

Next Post

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

Related Posts

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
13/11/2025
0

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w'iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.