Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

radiotv10by radiotv10
17/02/2024
in MU RWANDA
0
Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme
Share on FacebookShare on Twitter

Isoko ryo mu Nkambi ya Kigeme icumbikiwemo impunzi z’Abanyekongo iherereye mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, ryafashwe n’inkongi y’umuriro rirashya rirakongoka, n’ibyarimo byose, bikaba bikekwa ko yatewe n’ibibazo by’amashanyarazi.

Iyi nkongi yibasiye iri soko mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Gashyantare 2024, ahagana saa munani z’ijoro ubwo abacumbikiwe muri iyi nkambi yo mu Mudugudu wa Gakoma mu Kagari ka Kigeme bari baryamye basinziriye.

Bamwe mu bacumbikiwe muri iyi nkambi, bavuga ko bakanguwe n’inkongi yari ifite umuriri mwinshi, ku buryo na bo bahise batangira gukiza amagara, kuko bari bafite impungenge ko uyu muriro wanafata aho baba.

Umwe mu bari bafite ibyo bacururiza muri iri soko, yabwiye RADIOTV10 ko, ibyarimo byose byahiriyemo, kuko iyi nkongi yadutse mu gicuku abantu baryamye, bakabyuka bakiza ubuzima bwabo babonaga bushobora kujya mu kaga.

Imodoma izimya inkongi [Kizimyamoto] yarutse i Nyanza, yageze kuri iri soko nyuma y’isaha imwe riri gushya, ku buryo yasanze ryahiye ryakongotse.

📹AMASHUSHO📹
Isoko ryo mu Nkambi ya Kigeme mu Murenge wa Gasaka muri @Nyamagabe ryafashwe n'inkongi y'umuriro mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu. Iri soko ryibasiwe n'inkongi, nyuma y'uko muri iyi nkambi huzuye isoko rishya rigiye no kwimukirwamo n'abacuruzi. pic.twitter.com/keiMbpGOTM

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) February 17, 2024

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfp, SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye RADIOTV10 ko aka gasoko gato kegereye ishuri ry’impunzi z’Abanyekongo, kari gasanzwe kubakishije imbaho, ari na byo byatije umurindi iyi nkongi yari ifite ubuka.

Yagize ati “Byatumye uba mwinshi n’ibyarurizwagamo byose birashya. Twatabaye nka Polisi haniyambazwa ndetse n’imodoka izimya umuriro, turara tuzima, navuga ko umuriro wazimye mu kanya mu rukerera.”

Avuga ko hataramenyekana agaciro k’ibyahiriye muri iri soko kuko hagikusanywa amakuru yabyo, ati “Gusa ikigaragara ni uko ari byinshi.”

SP Emmanuel Habiyaremye uvuga ko nta muntu wahiriye muri iyi nkongi, yavuze ko bikekwa ko yaturutse ku bibazo by’umuriro w’amashanyarazi ushobora kuba wahuye na Circuit.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.