Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

radiotv10by radiotv10
17/02/2024
in MU RWANDA
0
Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme
Share on FacebookShare on Twitter

Isoko ryo mu Nkambi ya Kigeme icumbikiwemo impunzi z’Abanyekongo iherereye mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, ryafashwe n’inkongi y’umuriro rirashya rirakongoka, n’ibyarimo byose, bikaba bikekwa ko yatewe n’ibibazo by’amashanyarazi.

Iyi nkongi yibasiye iri soko mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Gashyantare 2024, ahagana saa munani z’ijoro ubwo abacumbikiwe muri iyi nkambi yo mu Mudugudu wa Gakoma mu Kagari ka Kigeme bari baryamye basinziriye.

Bamwe mu bacumbikiwe muri iyi nkambi, bavuga ko bakanguwe n’inkongi yari ifite umuriri mwinshi, ku buryo na bo bahise batangira gukiza amagara, kuko bari bafite impungenge ko uyu muriro wanafata aho baba.

Umwe mu bari bafite ibyo bacururiza muri iri soko, yabwiye RADIOTV10 ko, ibyarimo byose byahiriyemo, kuko iyi nkongi yadutse mu gicuku abantu baryamye, bakabyuka bakiza ubuzima bwabo babonaga bushobora kujya mu kaga.

Imodoma izimya inkongi [Kizimyamoto] yarutse i Nyanza, yageze kuri iri soko nyuma y’isaha imwe riri gushya, ku buryo yasanze ryahiye ryakongotse.

📹AMASHUSHO📹
Isoko ryo mu Nkambi ya Kigeme mu Murenge wa Gasaka muri @Nyamagabe ryafashwe n'inkongi y'umuriro mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu. Iri soko ryibasiwe n'inkongi, nyuma y'uko muri iyi nkambi huzuye isoko rishya rigiye no kwimukirwamo n'abacuruzi. pic.twitter.com/keiMbpGOTM

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) February 17, 2024

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfp, SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye RADIOTV10 ko aka gasoko gato kegereye ishuri ry’impunzi z’Abanyekongo, kari gasanzwe kubakishije imbaho, ari na byo byatije umurindi iyi nkongi yari ifite ubuka.

Yagize ati “Byatumye uba mwinshi n’ibyarurizwagamo byose birashya. Twatabaye nka Polisi haniyambazwa ndetse n’imodoka izimya umuriro, turara tuzima, navuga ko umuriro wazimye mu kanya mu rukerera.”

Avuga ko hataramenyekana agaciro k’ibyahiriye muri iri soko kuko hagikusanywa amakuru yabyo, ati “Gusa ikigaragara ni uko ari byinshi.”

SP Emmanuel Habiyaremye uvuga ko nta muntu wahiriye muri iyi nkongi, yavuze ko bikekwa ko yaturutse ku bibazo by’umuriro w’amashanyarazi ushobora kuba wahuye na Circuit.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.