Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

radiotv10by radiotv10
17/02/2024
in MU RWANDA
0
Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme
Share on FacebookShare on Twitter

Isoko ryo mu Nkambi ya Kigeme icumbikiwemo impunzi z’Abanyekongo iherereye mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, ryafashwe n’inkongi y’umuriro rirashya rirakongoka, n’ibyarimo byose, bikaba bikekwa ko yatewe n’ibibazo by’amashanyarazi.

Iyi nkongi yibasiye iri soko mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Gashyantare 2024, ahagana saa munani z’ijoro ubwo abacumbikiwe muri iyi nkambi yo mu Mudugudu wa Gakoma mu Kagari ka Kigeme bari baryamye basinziriye.

Bamwe mu bacumbikiwe muri iyi nkambi, bavuga ko bakanguwe n’inkongi yari ifite umuriri mwinshi, ku buryo na bo bahise batangira gukiza amagara, kuko bari bafite impungenge ko uyu muriro wanafata aho baba.

Umwe mu bari bafite ibyo bacururiza muri iri soko, yabwiye RADIOTV10 ko, ibyarimo byose byahiriyemo, kuko iyi nkongi yadutse mu gicuku abantu baryamye, bakabyuka bakiza ubuzima bwabo babonaga bushobora kujya mu kaga.

Imodoma izimya inkongi [Kizimyamoto] yarutse i Nyanza, yageze kuri iri soko nyuma y’isaha imwe riri gushya, ku buryo yasanze ryahiye ryakongotse.

📹AMASHUSHO📹
Isoko ryo mu Nkambi ya Kigeme mu Murenge wa Gasaka muri @Nyamagabe ryafashwe n'inkongi y'umuriro mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu. Iri soko ryibasiwe n'inkongi, nyuma y'uko muri iyi nkambi huzuye isoko rishya rigiye no kwimukirwamo n'abacuruzi. pic.twitter.com/keiMbpGOTM

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) February 17, 2024

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfp, SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye RADIOTV10 ko aka gasoko gato kegereye ishuri ry’impunzi z’Abanyekongo, kari gasanzwe kubakishije imbaho, ari na byo byatije umurindi iyi nkongi yari ifite ubuka.

Yagize ati “Byatumye uba mwinshi n’ibyarurizwagamo byose birashya. Twatabaye nka Polisi haniyambazwa ndetse n’imodoka izimya umuriro, turara tuzima, navuga ko umuriro wazimye mu kanya mu rukerera.”

Avuga ko hataramenyekana agaciro k’ibyahiriye muri iri soko kuko hagikusanywa amakuru yabyo, ati “Gusa ikigaragara ni uko ari byinshi.”

SP Emmanuel Habiyaremye uvuga ko nta muntu wahiriye muri iyi nkongi, yavuze ko bikekwa ko yaturutse ku bibazo by’umuriro w’amashanyarazi ushobora kuba wahuye na Circuit.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.