Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo

radiotv10by radiotv10
15/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC, ikomeje gucigatira amahirwe yose yo kwegukana igikombe cya Shampiyona y’Umupira w’amakuru ya 2023-2024, ishobora kurara icyegukanye.

Ni kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata 2024, hakinwa umukino w’ikirarane w’umunsi wa 26 wa Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, aho APR FC ihura na AS Kigali.

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, irasabwa gutsinda uyu mukino igahita yegukana Shampiyona y’uyu mwaka nubwo hagisigaye imikino ine ngo Shampiyona ishyirweho akadomo.

Ku isaha ya saa cyenda z’amanywa, ikipe ya AS Kigali irakira APR FC kuri Kigali Pele Stadium, aho uyu mukino wari kuba wabaye mbere y’icyumweru cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ukaza gusubikwa kubera ibyago bya APR FC iherutse gupfusha uwari umutoza wayo wongerera imbaraga abakinnyi Dr Adel Zrani.

Impamvu APR FC ishobora kwegukana igikombe cya Shampiyona, ni uko iri ku mwanya wa mbere n’amanota 59 ikaba irusha Rayon Sports iri ku mwanya wa Kabiri amanota 11. Bivuze ko nitsinda ikinyuranyo kigera ku manota 14, kandi mu mikino ine (4) isigaye ngo Shampiyona irangire niyo APP FC ntibyatuma ikipe yaba iyikurikiye iyirusha amanota.

APR FC iramutse yegukanye iki gikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka, kiraba kibaye icya kane itwaye yikurikiranya.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 11 =

Previous Post

DRCongo: Icyo Gatulika ivuga ku bidakwiye byakorewe Karidinali ukomeye muri Kiliziya ku Isi

Next Post

Igihugu cyafashije Israel kuzimya misile yarashweho cyayimenyesheje ko nishaka kwihorera izirwariza

Related Posts

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

IZIHERUKA

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball
SIPORO

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyafashije Israel kuzimya misile yarashweho cyayimenyesheje ko nishaka kwihorera izirwariza

Igihugu cyafashije Israel kuzimya misile yarashweho cyayimenyesheje ko nishaka kwihorera izirwariza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.