Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino yo kwishyura muri 1/4 cy’Igikimbe cy’Amahoro iri gusiga hamenyekanye amakipe yinjiye muri 1/2 n’uko azahura mu mikino yo muri iki cyiciro, irimo derby y’umutekano, aho Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC izahura n’iya Polisi y’u Rwanda, Police FC.

Ni imikino yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Werurwe 2025, aho Ikipe ya APR FC ibaye iya 3 ibonye itike ya 1/2 cy’igikombe cy’amahoro nyuma yo gusezerera Gasogi United ku giteranyo cy’igitego kimwe ku busa. Umukino wo kwishyura, amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa.

APR FC izahura na Police FC muri 1/2, aho iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda yabonye itike isezereye As Kigali ku giteranyo cy’ibitego 4-3.

Aya makipe asanzwe azwiho guhangana, yaherukaga no guhurira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Intwari cyegukanywe n’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC itsinze iyi ya Polisi y’u Rwanda Police FC kuri penaliti 4-2 nyuma yuko iminota 90′ ndetse na 30′ y’inyongera yari yarangiye ari 0-0.

Umukino wo kwishyura wo kuri uyu wa Gatatu, amakipe yombi yanganyije ibitego bibiri kuri bibiri, bituma Police FC ikomeza kuza imbere ya AS Kigali.

As Kigali yabanje igitego cyatsinzwe na Haruna Niyonzima, ariko kiza kwishyurwa na Ashraf Mandela. Police FC yabonye igitego cya kabiri gitsinzwe na Djibrine Akuki.

As Kigali yishyuye mu minota y’inyongera ku gitego cyatsinzwe na Jospin Nshimirimana kuri penalty, ariko Police FC yakomeje kubera ibitego bibiri kuri kimwe yatsinze mu mukino ubanza.

Indi kipe iri muri 1/2, ni Mukura VS yasezereye Amagaju FC kuri penaliti eshatu kuri ebyiri mu mukino wabaye ku wa Kabiri tariki 04 Werurwe 2025, nyuma y’aho Mukura yari yishyuye ibitego bibiri yari yatsinzwe mu mukino ubanza.

Umukino usigaye wa 1/2 uri kuri uyu wa Kane tariki 06 Werurwe saa 18h00, aho Gorilla FC yakira Rayon Sports FC, aho aya makipe yombi yanganyije ibitego 2-2 mu mukino ubanza.

Ikipe izakomeza hagati ya Gorilla FC na Rayon Sports FC niyo izahura na Mukura VS muri 1/2 cy’iki Gikombe cy’Amahoro.

APR FC yasezereye Gasogi United
Police FC yasezereye AS Kigali igera muri 1/2

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + seventeen =

Previous Post

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

Next Post

Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.