Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino yo kwishyura muri 1/4 cy’Igikimbe cy’Amahoro iri gusiga hamenyekanye amakipe yinjiye muri 1/2 n’uko azahura mu mikino yo muri iki cyiciro, irimo derby y’umutekano, aho Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC izahura n’iya Polisi y’u Rwanda, Police FC.

Ni imikino yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Werurwe 2025, aho Ikipe ya APR FC ibaye iya 3 ibonye itike ya 1/2 cy’igikombe cy’amahoro nyuma yo gusezerera Gasogi United ku giteranyo cy’igitego kimwe ku busa. Umukino wo kwishyura, amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa.

APR FC izahura na Police FC muri 1/2, aho iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda yabonye itike isezereye As Kigali ku giteranyo cy’ibitego 4-3.

Aya makipe asanzwe azwiho guhangana, yaherukaga no guhurira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Intwari cyegukanywe n’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC itsinze iyi ya Polisi y’u Rwanda Police FC kuri penaliti 4-2 nyuma yuko iminota 90′ ndetse na 30′ y’inyongera yari yarangiye ari 0-0.

Umukino wo kwishyura wo kuri uyu wa Gatatu, amakipe yombi yanganyije ibitego bibiri kuri bibiri, bituma Police FC ikomeza kuza imbere ya AS Kigali.

As Kigali yabanje igitego cyatsinzwe na Haruna Niyonzima, ariko kiza kwishyurwa na Ashraf Mandela. Police FC yabonye igitego cya kabiri gitsinzwe na Djibrine Akuki.

As Kigali yishyuye mu minota y’inyongera ku gitego cyatsinzwe na Jospin Nshimirimana kuri penalty, ariko Police FC yakomeje kubera ibitego bibiri kuri kimwe yatsinze mu mukino ubanza.

Indi kipe iri muri 1/2, ni Mukura VS yasezereye Amagaju FC kuri penaliti eshatu kuri ebyiri mu mukino wabaye ku wa Kabiri tariki 04 Werurwe 2025, nyuma y’aho Mukura yari yishyuye ibitego bibiri yari yatsinzwe mu mukino ubanza.

Umukino usigaye wa 1/2 uri kuri uyu wa Kane tariki 06 Werurwe saa 18h00, aho Gorilla FC yakira Rayon Sports FC, aho aya makipe yombi yanganyije ibitego 2-2 mu mukino ubanza.

Ikipe izakomeza hagati ya Gorilla FC na Rayon Sports FC niyo izahura na Mukura VS muri 1/2 cy’iki Gikombe cy’Amahoro.

APR FC yasezereye Gasogi United
Police FC yasezereye AS Kigali igera muri 1/2

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − one =

Previous Post

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

Next Post

Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.