Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino yo kwishyura muri 1/4 cy’Igikimbe cy’Amahoro iri gusiga hamenyekanye amakipe yinjiye muri 1/2 n’uko azahura mu mikino yo muri iki cyiciro, irimo derby y’umutekano, aho Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC izahura n’iya Polisi y’u Rwanda, Police FC.

Ni imikino yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Werurwe 2025, aho Ikipe ya APR FC ibaye iya 3 ibonye itike ya 1/2 cy’igikombe cy’amahoro nyuma yo gusezerera Gasogi United ku giteranyo cy’igitego kimwe ku busa. Umukino wo kwishyura, amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa.

APR FC izahura na Police FC muri 1/2, aho iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda yabonye itike isezereye As Kigali ku giteranyo cy’ibitego 4-3.

Aya makipe asanzwe azwiho guhangana, yaherukaga no guhurira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Intwari cyegukanywe n’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC itsinze iyi ya Polisi y’u Rwanda Police FC kuri penaliti 4-2 nyuma yuko iminota 90′ ndetse na 30′ y’inyongera yari yarangiye ari 0-0.

Umukino wo kwishyura wo kuri uyu wa Gatatu, amakipe yombi yanganyije ibitego bibiri kuri bibiri, bituma Police FC ikomeza kuza imbere ya AS Kigali.

As Kigali yabanje igitego cyatsinzwe na Haruna Niyonzima, ariko kiza kwishyurwa na Ashraf Mandela. Police FC yabonye igitego cya kabiri gitsinzwe na Djibrine Akuki.

As Kigali yishyuye mu minota y’inyongera ku gitego cyatsinzwe na Jospin Nshimirimana kuri penalty, ariko Police FC yakomeje kubera ibitego bibiri kuri kimwe yatsinze mu mukino ubanza.

Indi kipe iri muri 1/2, ni Mukura VS yasezereye Amagaju FC kuri penaliti eshatu kuri ebyiri mu mukino wabaye ku wa Kabiri tariki 04 Werurwe 2025, nyuma y’aho Mukura yari yishyuye ibitego bibiri yari yatsinzwe mu mukino ubanza.

Umukino usigaye wa 1/2 uri kuri uyu wa Kane tariki 06 Werurwe saa 18h00, aho Gorilla FC yakira Rayon Sports FC, aho aya makipe yombi yanganyije ibitego 2-2 mu mukino ubanza.

Ikipe izakomeza hagati ya Gorilla FC na Rayon Sports FC niyo izahura na Mukura VS muri 1/2 cy’iki Gikombe cy’Amahoro.

APR FC yasezereye Gasogi United
Police FC yasezereye AS Kigali igera muri 1/2

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 6 =

Previous Post

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

Next Post

Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito
AMAHANGA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.