Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igikorwa remezo bari bategerezanyije amatsiko cyaje kibatungura bakurikije igishushanyo bari beretswe

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igikorwa remezo bari bategerezanyije amatsiko cyaje kibatungura bakurikije igishushanyo bari beretswe
Share on FacebookShare on Twitter

Abakorera muri Gare ya Ngoma mu Karere ka Ngoma, baravuga ko batunguwe no kubakirwa Gare ihabanye n’igishusho mbonera cyayo bari beretswe mbere, kuko bakicyerekwa babonaga kigiye guhindura isura y’uyu mujyi kuko cyari kigizwe n’inyubako zigeretse, none ntazo babona.

Aba baturage barimo abafite ibikorwa bakorera muri iyi Gare nk’ubucuruzi, bavuga ko bari bagaragarijwe igishushanyo mbonera cy’inyubako zigeretse, ku buryo bumvaga bagiye kubona ahantu hagezweho ho gucururiza.

Umwe muri bo yagize ati “Mu by’ukuri uko igishanyo mbonera twakibonye hari hariho inyubako ya etaji. Nyuma mu kubaka si ko byagenze uko igishushanyo mbonera cyagaragaraga si ko byubahirijwe.”

Undi witwa Nshimiyimana Cyprien yagize ati “Ntabwo ari ko igishushanyo mbonera cyubatswe. Ariko buriya kibaye cyubatswe kikavugururwa.”

Aba baturage bavuga ko iyi Gare ya Ngoma iyo iza kubakwa nk’uko bari babigaragarijwe mu gishushanyo mbonera, byari gufasha umujyi wa Ngoma gutera imbere no kurushaho kugaragara neza, ariko ngo ubu ntacyahindutse.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque avuga ko habanje kubakwa aho imodoka ziparika, ku buryo iby’inyubako bizaza nyuma.

Uyu muyobozi utagaragaza igihe ibiri mu mishinga bizakorerwa, yagize ati “Icyo akarere kakoze kayeretse igishushanyo cya Gare nuko gikwiye kuba kimeze tukiganiraho. Umushoramari (Jali Investment Group) rero iyo yubaka agenda agira ibyiciro, yabanje gukora Gare nziza, icyiciro cya kabiri turi mu biganiro na we kugira ngo azahashyire inzu y’ubucuruzi, yarabyemeye rero ariko icyatinze ni igihe twari twumvikanye na we aba agishakisha ubushobozi kandi turi mu biganiro na we rwose.”

Gare ya Ngoma ifite ubushobozi bwo kwakira imodoka ziri hagati ya 150 na 200 ku munsi, ariko abaturage n’abayikoresha bagasaba ko igice cy’ubucuruzi cyari kubakwa cyakubakwa vuba kugira ngo bibafashe mu mikorere.

Bari beretswe igishushanyo kirabanyura
Ariko ibyo bubakiwe birahabanye
Bavuga ko batabyumva

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Haravugwa inkuru nziza mu kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza

Next Post

Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.