Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

radiotv10by radiotv10
20/01/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 rikuyemo abarwanyi baryo ku bushake, kinabashinja ibinyoma ko ari bo bari inyuma y’ibikorwa by’ubusahuzi byabaye muri uyu mujyi.

Ni nyuma yuko ku Cyumweru tariki 18 Mutarama 2026 Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko ryakuye abarwanyi baryo bose muri uyu Mujyi wa Uvira.

Inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo ukorana n’igisirikare cya Leta ya DRC, bahise bigabiza uyu Mujyi zitangira gusahura bimwe mu bikorwa bya bamwe mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda, no kubyangiza.

Gusa igisirikare cya Leta ya Congo, mu itangazo cyashyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 19 Mutarama 2026, cyabaye nk’ikikura mu isoni, kivuga ko abarwanyi ba AFC/M23 ari bo basahuye ibyo bikorwa.

Muri iri tangazo, FARDC iviuga ko “yigaruriye umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026” nyuma yuko abarwanyi ba AFC/M23 bavuye muri uyu Mujyi.

Muri iri tangazo FARDC yongeye gushinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ko zikorana n’iri Huriro, yavuze ko ngo inamagana ibikorwa by’ubusahuzi ngo byakozwe n’abarwanyi ba AFC/M23 mbere yuko birukanwa.

Igisirikare cya DRC, kiti “Abasahuzi b’abasivili bagera kuri makumyabiri batawe muri yombi kandi bazashyikirizwa inkiko.”

Muri iri tangazo, ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwasoje buvuga ko “Bukomeje kohereza ingabo mu mujyi wa Uvira no mu bice biwukikije kugira ngo zihuze ibirindiro byazo kandi zirinde abaturage n’imitungo yabo.”

Ubwo inyeshyamba za Wazalendo zinjira muri uriya mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 ikuyemo abarwanyi bayo, bagaragaye bivuga imyato ko bamaze kuwigarurira.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, mu itangazo yashyize hanze ubwo muri Uvira hadukaga biriya bikorwa by’ubusahuzi, yavuze ko iri Huriro ryari ryabigaragaje mu mpungenge ryari ryatanze ubwo ryavugaga kuzarekura uyu mujyi, anavuga ko ibyo ryasabye birimo gushyiramo ingabo zidafite uruhande zibogamiyeho, bitubahirijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − four =

Previous Post

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Next Post

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw'umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.