Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Kenya cyungutse General-Full n’umugore wa mbere ukigizemo umwanya ukomeye

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Kenya cyungutse General-Full n’umugore wa mbere ukigizemo umwanya ukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto yazamuye mu mapeti Lt Gen Charles Muriu Kahariri, amuha irya General, ahita anamugira Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya, asimbura Gen Francis Ogolla uherutse kugwa mu mpanuka ya kajugujugu, anagira Maj-Gen Fatuma Gaiti Ahmed, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu kirere, ubaye umugore wa mbere ugize umwanya ukomeye mu Gisirikare cya Kenya.

Perezida wa Kenya kandi yahise anazamura mu mapeti Maj-Gen John Mugaravai Omenda, ahabwa ipeti rya Lieutenant General, ahita anagirwa Umugaba Mukuru Wungirije.

Nanone kandi Perezida William Ruto yagize Maj-Gen Fatuma Gaiti Ahmed, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu kirere, aba umusirikare w’igitsinagore ugize umwanya wo hejuru mu gisirikare cya Kenya.

Nanone Maj-Gen Thomas Ng’ang’a, usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya zirwanira mu mazi, yagizwe

Umuyobozi Mukuru Wungirije (Vice Chancellor), ndetse n’ushinzwe imiyoborere n’imari muri Kaminuza y’Igisirikare cya Kenya (National Defence University-Kenya).

Maj Gen Ng’ang’a, ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Mazi, azasimburwa na Maj-Gen Paul Owuor Otieno.

Nanone hari abandi basirikare bazamuwe mu mapeti n’abahamwe imyanya mu buyobozi bw’Igisirikare cya Kenya, barimo Brigadier Gen Peter Nyamu Githinji, wahawe ipeti rya Maj-Gen ahita anagirwa umuyobozi wihariye ushinzwe abakozi mu Ishuri rikuru ry’Igisirikare.

Nanone Brigadier Gen Jattani Kampare Gula, na Brig Gen George Okumu, bahawe ipeti rya Major General, banahabwa imyanya mu buyobozi bw’Igisirikare cya Kenya.

Charles Muriu Kahariri yahawe ipeti rya General ahita anagirwa Umugaba Mukuru wa KDF
Maj-Gen Fatuma Gaiti Ahmed, yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu kirere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 15 =

Previous Post

M23 nyuma yo gufata agace gakungahaye kuri ‘Coltan’ hagaragajwe intwaro yambuye FARDC

Next Post

Kigali: Igisobanuro gihanitse cy’impano inogeye ijisho abakozi bageneye umukoresha ku munsi w’Umurimo

Related Posts

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Igisobanuro gihanitse cy’impano inogeye ijisho abakozi bageneye umukoresha ku munsi w’Umurimo

Kigali: Igisobanuro gihanitse cy’impano inogeye ijisho abakozi bageneye umukoresha ku munsi w’Umurimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.