Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

radiotv10by radiotv10
27/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga
Share on FacebookShare on Twitter

Harelimana Joseph uzwi nka Apôtre Yongwe, yavuze ko abamushinja kuba yarabasengeye ntibabone ibitangaza bifuzaga nko gukira indwara, na bo ubwabo babizi ko atari Imana ku buryo ibyo yabasengeraga byari kuba ihame, ahubwo ko icyo akora ari ugusenga, ubundi Imana igasubiza.

Apôtre Yongwe ukurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, nk’uko byemejwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo tariki 26 Ukwakira 2023.

Ni icyemezo kitamunyuze dore ko yaburanye ahakana icyaha akurikiranyweho, aho avuga ko amafaranga akekwako kwaka abantu, nta n’umwe yashyizeho itegeko ngo ayamuhe, ahubwo ko yabaga ari amaturo, yajuririye iki cyemezo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ugushyingo 2023, yageze ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, ari mu modoka isanzwe itwara imfungwa n’abagororwa, ari kumwe n’abandi bafungwa banyuranye.

Mu rubanza ku ifungwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwasabaga ko Apôtre Yongwe afungwa by’agateganyo iminsi 30 kugira ngo bukomeze iperereza, kuko ibyari bimaze kugerwaho muri iryo perereza byagaragazaga ko yakoze icyaha akurikiranyweho.

Bwashingiraga ku kuba uregwa yariyemereye ko yagiye yakira amafaranga anyuranye yahabwaga n’abakristu bo mu itorero rye, ndetse n’abandi yizezaga gusengera kugira ngo ibyifuzo byabo bisubizwe.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko hari abo yizezaga ibitangazo binyuranye birimo kubona Visa zijya mu mahanga, ndetse no gukira indwara zababayeho karande, ariko ibyo yabizeje ntibibe.

Ni mu gihe Apôtre Yongwe we atahakanaga ko yakiriye ayo mafaranga, ariko ko yabaga ari amaturo, kuko ari umukozi w’Imana “ntakindi cyamutunga atari ituro”.

Uregwa kandi yavugaga ko abamuhaga ayo mafaranga nta n’umwe yashyizeho itegeko, ahubwo ko bibwirizaga bakamuha ari mu bushobozi bwabo kandi bakayamuha babikuye ku mutima.

 

Na bo barabizi ko ntari Imana

Agaragaza impamvu zirengagijwe n’Urukiko rwafashe icyemezo cyo kumufunga by’agateganyo, Apôtre Yongwe yagarutse ku bamushinja kuba batarabonye ibitangaza yabizezaga nko gukira indwara, avuga ko we icyo yakoraga kwari ugusenga, ariko ko atari we wagombaga gukora ibyo bitangaza.

Yagize ati “Ibyanjye ni ugusenga Imana ikabasubiza, nk’uko nanjye maze iminsi mfunzwe nsenga ngo Imana insubize. Na mbere y’uko mbasengera bari bazi ko ntari Imana cyangwa Yesu wapfuye akazuka.”

Yongwe kandi yavuze ko amafaranga avugwa ko yahabwaga n’abo bantu yasengeraga, yabaga ari nk’insimburamubyizi kuko, na we yabaga yabifatiye umwanya kandi ko n’intumwa y’Imana Pawulo na yo yahabwaga amaturo, ku buryo we ntacyamubuza kuyafata.

Yavuze kandi ko abo yasengeraga bakamuha ayo mafaranga babaga babyemeranyijweho, ku buryo bidakwiye gufatwa nk’icyaha.

Ubushinjacyaha bwongeye kuvuga ko uregwa yakoresheje uburiganya yizeza abantu ibitangaza, akabasaba amafaranga, kandi ko bidakwiye kuranga umukozi w’Imana.

Bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kugumishaho icyemezo cy’urw’Ibanze, uregwa agakomeza gufungwa.

Urukiko rumaze kumva ibisobanuro by’impande zombi, rwahise rupfundikira iburanisha, rwemeza ko ruzasoma umwanzuro warwo tariki 04 Ukuboza 2023.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Makabuza Jacques says:
    2 years ago

    Oya rwose birababaje kugira ngo umuntu wiyita umukozi w,Imana akoreshe ubuhemu bwo kwambura abantu ibyakagombye kubatunga ahubwo akabibambura abyishyirira mumifuka ngo arabizeza ibitangaza!!! uretse ko nabo ntabwo bumva wenda byatuma bava murubwo bujiji, ubundi bibiriya baba batwaye ntabwo basomamo ko umwenda wari ucyingirije ahera watabutsemo kabiri, bivuze ngo gahunda yahakorerwaga yari irangiye ahubwo buriwese ahawe uburenganzira bwo kuba icyo ashaka ku Imana agomba kucyisabira ntawundi abinyujijeho?baca umugani ngo iby,injiji biribwa n,abanyabwenge.aravuga ukuri rwose ntabwo ariwe Mana,gusa inama natanga nibasome ijambo ry, Imana rizabayobora naho nibakomeza kwizera ibitangaza byo icyo bizabazanira nuko utwo bafite tuzabashiraho, Kandi nuwo wiyita intumwa y,Imana yihane kandi Uwiteka azamubabarira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + six =

Previous Post

Rwanda Day iragarutse: Abanyarwanda baba hanze bagiye kongera kuganira imbonankubone n’Abayobozi b’Igihugu cyabo

Next Post

Ubujurire bwa CG (Rtd) Gasana wifuzaga gufungurwa bwateshejwe agaciro

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CG (Rtd) Gasana agiye kugaruka imbere y’Urukiko nyuma yo gufatirwa icyemezo cyo gufungwa

Ubujurire bwa CG (Rtd) Gasana wifuzaga gufungurwa bwateshejwe agaciro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.