Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igisubizo AFC/M23 iha Tshisekedi wavuze ko hari ibyashoboka ari uko yishwe

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi wa DRC avuze ko kuvanga igisirikare cy’Igihugu cye n’abari mu mitwe nka M23, byashoboka ari uko yishwe, Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ibyo basaba bitagomba urupfu rwa Perezida, kuko bari mu biganiro kandi biri kugenda neza.

Perezida Tshisekedi wari i Brussels mu cyumweru gishize, yanagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, abazwa niba ko igisirikare cy’Igihugu cye FARDC kizavangwa n’abahoze mu mitwe y’inyeshyamba.

Kimwe mu byakunze gusabwa n’Ihuriro AFC/M23, ni uko abarwanyi baryo bajya mu gisirikare cy’Igihugu dore ko biri no mu masezerano ubutegetsi bwa Congo bwagiranye na M23 muri 2013 ariko atarigeze ashyirwa mu bikorwa.

Perezida Tshisekedi mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yari i Burayi yabaye nk’urahira ko adateze kwemera ko Igisirikare kivangwa n’abahoze mu nyeshyamba, aho yavuze ko ibyo bishoboka atakiri mu mwuka w’abazima, aho yagize ati “Keretse nibanyica.”

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa, yavuze ko ibijyanye no kuvanga ingabo n’abahoze ari inyeshyamba, bitigeze bitanga umusaruro mu gihe cyose byagiye bikorwa.

Yagize ati “Ni ibyo byazanye ibibazo dufite, njye ndavuga nti ‘ntibizongera’ ndashaka ko tuganira ibibazo by’Igihugu ariko ntibivuze ko bigomba kurangira habayeho za ‘brassages’ na mixages’ tukinjiza mu nzego za Leta abantu bagumutse, abantu b’ubwenegihugu bushidikanywaho.”

Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Balinda Oscar, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru BBC, yavuze ko nubwo mu biganiro bari kugirana n’ubutegetsi bwa Congo i Doha muri Qatar bataragera kuri iriya ngingo yo kuvanga igisirikare, ariko ko izagerwaho.

Dr Balinda avuga ko nubwo iyi ngingo itaraganirwaho, ariko hari icyizere ko izagerwaho kandi ikazabonerwa igisubizo gishimishije.

Yavuze ko ibyatangajwe na Tshisekedi batazi aho abikura kuko kugira ngo biriya bishoboke bidasaba urupfu rwe, kuko bizagenwa n’ibi biganiro bari kugirana.

Yagize ati “Hari ibyagezweho, hari n’ibindi bigikomeza. Sinumva rero ko bisaba urupfu rwe, twe turahari, turi mu biganiro kandi birimo biragenda neza, kandi tubifitemo icyizere.”

Dr Balinda avuga ko iyi ngingo yo kuba M23 yashyirwa mu gisirikare cy’Igihugu, iri mu zigomba kuganirwaho mu biganiro bitaha.

Ati “Ibyo ntibiragerwaho, [ubu] turiga ku bibazo tubiturutse mu mizi, [ibyo] bizaza bikurikira, bizaza ari Doha ya gatandatu.”

Naho ku byatangajwe na Tshisekedi ko abagize M23 ari abantu bafite ubwenegihugu bushidikanywaho, Dr Balinda yavuze ko ari Abanyekongo bafite ubwenegihugu bw’inkomoko budashidikanywaho na gato.

Tshisekedi mu ijambo yavugiye mu nama ya Global Gateway, yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rufasha AFC/M23, aho yanakoresheje imvugo y’urwiyerurutso avuga ko igihe cyose yifuje amahoro, aboneraho no gusaba Perezida Paul Kagame ngo bazaganire, anamusaba ko yamusabira M23 ikarekura ibice yafashe.

Ni mu gihe Ihuriro AFC/M23 ryo ryatsembye ko ridashobora kurekura ibice rigenzura, kuko ari gakondo yabo nk’Abanyekongo, kandi ko ntahandi bafite ho kujya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Next Post

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Related Posts

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.