Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igisubizo AFC/M23 iha Tshisekedi wavuze ko hari ibyashoboka ari uko yishwe

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi wa DRC avuze ko kuvanga igisirikare cy’Igihugu cye n’abari mu mitwe nka M23, byashoboka ari uko yishwe, Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ibyo basaba bitagomba urupfu rwa Perezida, kuko bari mu biganiro kandi biri kugenda neza.

Perezida Tshisekedi wari i Brussels mu cyumweru gishize, yanagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, abazwa niba ko igisirikare cy’Igihugu cye FARDC kizavangwa n’abahoze mu mitwe y’inyeshyamba.

Kimwe mu byakunze gusabwa n’Ihuriro AFC/M23, ni uko abarwanyi baryo bajya mu gisirikare cy’Igihugu dore ko biri no mu masezerano ubutegetsi bwa Congo bwagiranye na M23 muri 2013 ariko atarigeze ashyirwa mu bikorwa.

Perezida Tshisekedi mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yari i Burayi yabaye nk’urahira ko adateze kwemera ko Igisirikare kivangwa n’abahoze mu nyeshyamba, aho yavuze ko ibyo bishoboka atakiri mu mwuka w’abazima, aho yagize ati “Keretse nibanyica.”

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa, yavuze ko ibijyanye no kuvanga ingabo n’abahoze ari inyeshyamba, bitigeze bitanga umusaruro mu gihe cyose byagiye bikorwa.

Yagize ati “Ni ibyo byazanye ibibazo dufite, njye ndavuga nti ‘ntibizongera’ ndashaka ko tuganira ibibazo by’Igihugu ariko ntibivuze ko bigomba kurangira habayeho za ‘brassages’ na mixages’ tukinjiza mu nzego za Leta abantu bagumutse, abantu b’ubwenegihugu bushidikanywaho.”

Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Balinda Oscar, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru BBC, yavuze ko nubwo mu biganiro bari kugirana n’ubutegetsi bwa Congo i Doha muri Qatar bataragera kuri iriya ngingo yo kuvanga igisirikare, ariko ko izagerwaho.

Dr Balinda avuga ko nubwo iyi ngingo itaraganirwaho, ariko hari icyizere ko izagerwaho kandi ikazabonerwa igisubizo gishimishije.

Yavuze ko ibyatangajwe na Tshisekedi batazi aho abikura kuko kugira ngo biriya bishoboke bidasaba urupfu rwe, kuko bizagenwa n’ibi biganiro bari kugirana.

Yagize ati “Hari ibyagezweho, hari n’ibindi bigikomeza. Sinumva rero ko bisaba urupfu rwe, twe turahari, turi mu biganiro kandi birimo biragenda neza, kandi tubifitemo icyizere.”

Dr Balinda avuga ko iyi ngingo yo kuba M23 yashyirwa mu gisirikare cy’Igihugu, iri mu zigomba kuganirwaho mu biganiro bitaha.

Ati “Ibyo ntibiragerwaho, [ubu] turiga ku bibazo tubiturutse mu mizi, [ibyo] bizaza bikurikira, bizaza ari Doha ya gatandatu.”

Naho ku byatangajwe na Tshisekedi ko abagize M23 ari abantu bafite ubwenegihugu bushidikanywaho, Dr Balinda yavuze ko ari Abanyekongo bafite ubwenegihugu bw’inkomoko budashidikanywaho na gato.

Tshisekedi mu ijambo yavugiye mu nama ya Global Gateway, yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rufasha AFC/M23, aho yanakoresheje imvugo y’urwiyerurutso avuga ko igihe cyose yifuje amahoro, aboneraho no gusaba Perezida Paul Kagame ngo bazaganire, anamusaba ko yamusabira M23 ikarekura ibice yafashe.

Ni mu gihe Ihuriro AFC/M23 ryo ryatsembye ko ridashobora kurekura ibice rigenzura, kuko ari gakondo yabo nk’Abanyekongo, kandi ko ntahandi bafite ho kujya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 7 =

Previous Post

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Next Post

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.