Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo cya Minisitiri w’Ibidukikije ku bavuga ko Gaze ihenze

radiotv10by radiotv10
10/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo cya Minisitiri w’Ibidukikije ku bavuga ko Gaze ihenze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Ibidukikije avuga ko abaturage bavuga ko Gaze n’amakara bihenze, bakwiye kumenya ko ingaruka zo kutabikoresha, abantu bagakomeza gukoresha inkwi, ari zo ziremeye kurushaho. 

Nubwo Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko abaturage batarabona gaze bajya bakoresha imbabura zikoresha inkwi nke; hari abaturage bavuga ko zihenze ku buryo badashobora kubona ubushobozi bwo kuzigura.

Harabura amezi abarirwa ku ntoki ngo Guverinoma y’u Rwanda igaragaze aho igeze mu kugabanya ibicanwa ku rugero rwa 42%.

Iyi ni imibare bagomba kugeraho mu mwaka 2024. Uru ni urugendo rusaba kugabanya inkwi n’amakara bikoreshwa mu Rwanda. abadashobora kubona gaze ngo bagomba kuyoboka Imbabura zikoreshwa inkwi nke.

Minisitiri w’Ibudukikije, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya yagize ati “Mu gihe tutarabigeraho tuyoboke rondereza. Ducane makeya cyangwa ducane inkwi nkeya.”

Icyo gisubizo kuri rubanda rudafite ubushobozi bwa gaze; cyatumye dushaka abaturage bakoresha ubwo buryo. Twerekeje mu Karere ka Kamonyi, mu Kagari ka Mukinga.

Musabyimana Agnes twasanze atekeye ku mbabura ya rondereza, avuga ko asigaye akoresha igihe gito mu gutegura ifunguro.

Yagize ati “Aya mazi tuyashyizeho mu minota itarenze icumi arahiye. Ubu tugiye guteka ubugari, ariko iyo biza kuba ku mashyiga asanzwe twashoboraga kuyacanira iminota makumyabiri cyangwa mirongo itatu.”

N’ubwo uyu mubyeyi yemeza ko iyi mbabura ishobora kuba yoroshya akazi; avuga ko umuturage utayihawe na Leta adashobora kuyigura kuko igiciro cyayo gihanitse.

Ati “Bavugaga ko igura amafarannga y’u Rwanda asaga ibihumbi mirongo ine, ntabwo ayo mafaranga nayabona. Amafaranga agira byinshi agendamo, ni yo mpamvu hakiri abandi bagikoresha inkwi nyinshi n’amakara.”

Minisitiri w’Ibidukikije abitangaho igisubizo agira ati “Ntabwo navuga ko ibikoresho bihenze kubera ko gutema amashyamba biduhenda kurusha. Reba twatemye amashyamba ducanye inkwi z’ibiti bikiri bitoya, nta bikoresho twavanye muri ibyo biti, twanduje ikirere n’umwotsi, natwe twiyanduje kubera ko umwotsi ubangamira ubuzima bw’abantu. Nta giciro washyira ku buzima bw’umuntu. Ibikoresho uko byaba bihenze kose, ni ukugura inshuro imwe ariko ukaba ukize ibintu byinshi.”

Kugeza ubu ibigo bikoresha inkwi nyinshi ari byo bashyizemo imbagaraga, ariko ngo bizeye ko leta izakomeza kongera uburyo busimbura inkwi n’amakara.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − two =

Previous Post

Umuhanzi uhetse ‘Afrobeat’ mu Rwanda wavuzwe mu bibazo na Label bakoranaga arashyize abivuzeho

Next Post

Iserukiramuco ryigeze kumanura mu Rwanda icyamamare ku Isi riragarutse

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iserukiramuco ryigeze kumanura mu Rwanda icyamamare ku Isi riragarutse

Iserukiramuco ryigeze kumanura mu Rwanda icyamamare ku Isi riragarutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.