Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo cya Minisitiri w’Ibidukikije ku bavuga ko Gaze ihenze

radiotv10by radiotv10
10/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo cya Minisitiri w’Ibidukikije ku bavuga ko Gaze ihenze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Ibidukikije avuga ko abaturage bavuga ko Gaze n’amakara bihenze, bakwiye kumenya ko ingaruka zo kutabikoresha, abantu bagakomeza gukoresha inkwi, ari zo ziremeye kurushaho. 

Nubwo Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko abaturage batarabona gaze bajya bakoresha imbabura zikoresha inkwi nke; hari abaturage bavuga ko zihenze ku buryo badashobora kubona ubushobozi bwo kuzigura.

Harabura amezi abarirwa ku ntoki ngo Guverinoma y’u Rwanda igaragaze aho igeze mu kugabanya ibicanwa ku rugero rwa 42%.

Iyi ni imibare bagomba kugeraho mu mwaka 2024. Uru ni urugendo rusaba kugabanya inkwi n’amakara bikoreshwa mu Rwanda. abadashobora kubona gaze ngo bagomba kuyoboka Imbabura zikoreshwa inkwi nke.

Minisitiri w’Ibudukikije, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya yagize ati “Mu gihe tutarabigeraho tuyoboke rondereza. Ducane makeya cyangwa ducane inkwi nkeya.”

Icyo gisubizo kuri rubanda rudafite ubushobozi bwa gaze; cyatumye dushaka abaturage bakoresha ubwo buryo. Twerekeje mu Karere ka Kamonyi, mu Kagari ka Mukinga.

Musabyimana Agnes twasanze atekeye ku mbabura ya rondereza, avuga ko asigaye akoresha igihe gito mu gutegura ifunguro.

Yagize ati “Aya mazi tuyashyizeho mu minota itarenze icumi arahiye. Ubu tugiye guteka ubugari, ariko iyo biza kuba ku mashyiga asanzwe twashoboraga kuyacanira iminota makumyabiri cyangwa mirongo itatu.”

N’ubwo uyu mubyeyi yemeza ko iyi mbabura ishobora kuba yoroshya akazi; avuga ko umuturage utayihawe na Leta adashobora kuyigura kuko igiciro cyayo gihanitse.

Ati “Bavugaga ko igura amafarannga y’u Rwanda asaga ibihumbi mirongo ine, ntabwo ayo mafaranga nayabona. Amafaranga agira byinshi agendamo, ni yo mpamvu hakiri abandi bagikoresha inkwi nyinshi n’amakara.”

Minisitiri w’Ibidukikije abitangaho igisubizo agira ati “Ntabwo navuga ko ibikoresho bihenze kubera ko gutema amashyamba biduhenda kurusha. Reba twatemye amashyamba ducanye inkwi z’ibiti bikiri bitoya, nta bikoresho twavanye muri ibyo biti, twanduje ikirere n’umwotsi, natwe twiyanduje kubera ko umwotsi ubangamira ubuzima bw’abantu. Nta giciro washyira ku buzima bw’umuntu. Ibikoresho uko byaba bihenze kose, ni ukugura inshuro imwe ariko ukaba ukize ibintu byinshi.”

Kugeza ubu ibigo bikoresha inkwi nyinshi ari byo bashyizemo imbagaraga, ariko ngo bizeye ko leta izakomeza kongera uburyo busimbura inkwi n’amakara.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Umuhanzi uhetse ‘Afrobeat’ mu Rwanda wavuzwe mu bibazo na Label bakoranaga arashyize abivuzeho

Next Post

Iserukiramuco ryigeze kumanura mu Rwanda icyamamare ku Isi riragarutse

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

IZIHERUKA

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali
IMYIDAGADURO

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iserukiramuco ryigeze kumanura mu Rwanda icyamamare ku Isi riragarutse

Iserukiramuco ryigeze kumanura mu Rwanda icyamamare ku Isi riragarutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.