Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo cya Minisitiri w’Ibidukikije ku bavuga ko Gaze ihenze

radiotv10by radiotv10
10/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo cya Minisitiri w’Ibidukikije ku bavuga ko Gaze ihenze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Ibidukikije avuga ko abaturage bavuga ko Gaze n’amakara bihenze, bakwiye kumenya ko ingaruka zo kutabikoresha, abantu bagakomeza gukoresha inkwi, ari zo ziremeye kurushaho. 

Nubwo Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko abaturage batarabona gaze bajya bakoresha imbabura zikoresha inkwi nke; hari abaturage bavuga ko zihenze ku buryo badashobora kubona ubushobozi bwo kuzigura.

Harabura amezi abarirwa ku ntoki ngo Guverinoma y’u Rwanda igaragaze aho igeze mu kugabanya ibicanwa ku rugero rwa 42%.

Iyi ni imibare bagomba kugeraho mu mwaka 2024. Uru ni urugendo rusaba kugabanya inkwi n’amakara bikoreshwa mu Rwanda. abadashobora kubona gaze ngo bagomba kuyoboka Imbabura zikoreshwa inkwi nke.

Minisitiri w’Ibudukikije, Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya yagize ati “Mu gihe tutarabigeraho tuyoboke rondereza. Ducane makeya cyangwa ducane inkwi nkeya.”

Icyo gisubizo kuri rubanda rudafite ubushobozi bwa gaze; cyatumye dushaka abaturage bakoresha ubwo buryo. Twerekeje mu Karere ka Kamonyi, mu Kagari ka Mukinga.

Musabyimana Agnes twasanze atekeye ku mbabura ya rondereza, avuga ko asigaye akoresha igihe gito mu gutegura ifunguro.

Yagize ati “Aya mazi tuyashyizeho mu minota itarenze icumi arahiye. Ubu tugiye guteka ubugari, ariko iyo biza kuba ku mashyiga asanzwe twashoboraga kuyacanira iminota makumyabiri cyangwa mirongo itatu.”

N’ubwo uyu mubyeyi yemeza ko iyi mbabura ishobora kuba yoroshya akazi; avuga ko umuturage utayihawe na Leta adashobora kuyigura kuko igiciro cyayo gihanitse.

Ati “Bavugaga ko igura amafarannga y’u Rwanda asaga ibihumbi mirongo ine, ntabwo ayo mafaranga nayabona. Amafaranga agira byinshi agendamo, ni yo mpamvu hakiri abandi bagikoresha inkwi nyinshi n’amakara.”

Minisitiri w’Ibidukikije abitangaho igisubizo agira ati “Ntabwo navuga ko ibikoresho bihenze kubera ko gutema amashyamba biduhenda kurusha. Reba twatemye amashyamba ducanye inkwi z’ibiti bikiri bitoya, nta bikoresho twavanye muri ibyo biti, twanduje ikirere n’umwotsi, natwe twiyanduje kubera ko umwotsi ubangamira ubuzima bw’abantu. Nta giciro washyira ku buzima bw’umuntu. Ibikoresho uko byaba bihenze kose, ni ukugura inshuro imwe ariko ukaba ukize ibintu byinshi.”

Kugeza ubu ibigo bikoresha inkwi nyinshi ari byo bashyizemo imbagaraga, ariko ngo bizeye ko leta izakomeza kongera uburyo busimbura inkwi n’amakara.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + fourteen =

Previous Post

Umuhanzi uhetse ‘Afrobeat’ mu Rwanda wavuzwe mu bibazo na Label bakoranaga arashyize abivuzeho

Next Post

Iserukiramuco ryigeze kumanura mu Rwanda icyamamare ku Isi riragarutse

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iserukiramuco ryigeze kumanura mu Rwanda icyamamare ku Isi riragarutse

Iserukiramuco ryigeze kumanura mu Rwanda icyamamare ku Isi riragarutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.