Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igisubizo cyihuse Perezida wa Rayon Sports yahaye uwayiyoboye wavuze ibyazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igisubizo cyihuse Perezida wa Rayon Sports yahaye uwayiyoboye wavuze ibyazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, yamaganye igitekerezo cya Munyakazi Sadate na we wigeze kuyobora iyi kipe ukomeje gutangaza ko ashaka kuyegukana ikaba iye bwite, ayitanzeho milyari 5 Frw.

Twagirayezu Thadée yagarutse kuri bimaze iminsi bitangazwa na Munyakazi Sadate ndetse agaruka no kuri Milliyari 5 Frw avuga ko yiteguye gushora mu ikipe ya Rayon Sports.

Twagirayezu avuga ko iyi kipe itagurishwa ahubwo izagurwamo imigabane ndetse ko izo Milliyari 5 Frw zibonetse n’ubundi bakomeza bagashaka izindi kuko muri iyi si nta mwanya wo kuruhuka uhari.

Yagize ati “Ntabwo Rayon Sports igurishwa, izagurwamo imigabane. Niba ashaka kuruhura abafana, iyi Si turimo ntabwo umuntu agira igihe cyo kuruhuka. Izo milliyari 5 tuzibonye, ntabwo twaba turuhutse twakomeza tugashaka izindi 5 cyangwa 10.”

Munyakazi Sadate kandi yari yatangaje ko hari amafaranga ashobora guha iyi kipe kugira ngo ibashe kwitwara neza izanabashe kwegukana igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka.

Perezida wa Rayon Sports kandi avuga ko Munyakazi Sadate ukomeje kugaragaza ko akunda iyi kipe, atajya ayitangamo imisansu, kandi ko iyo aza kuba yifuriza iyi kipe gutsinda, yagakwiye kubikora atarinze gutegereza ko igera mu bihe bibi.

Yavuze ko hari itsinda risanzwe ritanga imisanzu yo gufasha Rayon Sports, ku buryo kuri buri mukino hari amafaranga batanga yo gufasha iyi kipe.

Ati “Iryo tsinda nubwo Sadate aririmo nta musanzu atanga. Niba ushaka ko ikipe itsinda wakagombye kubigiramo uruhare, iyo utegereje ko itsindwa ukagira icyo uvuga, ntabwo mba mbisobanukirwa kandi gutsindwa n’ibisanzwe.”

Mu byari byatangajwe na Munyakazi Sadate kandi harimo ko afite imishinga yahutse kuri iyi kipe mu gihe yaba ayegukanye, irimo no kuzagura indege yajya iyifasha gukora ingendo zo kujya gukina hanze mu gihe izaba yagiye mu mikino nyafurika.

Twagirayezu Thadée avuga ko Rayon itari kugurishwa
Sadate we avuga ko ashaka kuyitangaho miliyari 5 Frw

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 8 =

Previous Post

Ukora ubushumba wiyemerera icyaha akurikiranyweho cyo gusambanya umwana muto yavuze icyabimuteye

Next Post

French National Assembly: “Dialogue of the Deaf” during the hearing on the conflict in eastern DRC

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
French National Assembly: “Dialogue of the Deaf” during the hearing on the conflict in eastern DRC

French National Assembly: "Dialogue of the Deaf" during the hearing on the conflict in eastern DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.