Monday, July 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igisubizo cyihuse Perezida wa Rayon Sports yahaye uwayiyoboye wavuze ibyazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igisubizo cyihuse Perezida wa Rayon Sports yahaye uwayiyoboye wavuze ibyazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, yamaganye igitekerezo cya Munyakazi Sadate na we wigeze kuyobora iyi kipe ukomeje gutangaza ko ashaka kuyegukana ikaba iye bwite, ayitanzeho milyari 5 Frw.

Twagirayezu Thadée yagarutse kuri bimaze iminsi bitangazwa na Munyakazi Sadate ndetse agaruka no kuri Milliyari 5 Frw avuga ko yiteguye gushora mu ikipe ya Rayon Sports.

Twagirayezu avuga ko iyi kipe itagurishwa ahubwo izagurwamo imigabane ndetse ko izo Milliyari 5 Frw zibonetse n’ubundi bakomeza bagashaka izindi kuko muri iyi si nta mwanya wo kuruhuka uhari.

Yagize ati “Ntabwo Rayon Sports igurishwa, izagurwamo imigabane. Niba ashaka kuruhura abafana, iyi Si turimo ntabwo umuntu agira igihe cyo kuruhuka. Izo milliyari 5 tuzibonye, ntabwo twaba turuhutse twakomeza tugashaka izindi 5 cyangwa 10.”

Munyakazi Sadate kandi yari yatangaje ko hari amafaranga ashobora guha iyi kipe kugira ngo ibashe kwitwara neza izanabashe kwegukana igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka.

Perezida wa Rayon Sports kandi avuga ko Munyakazi Sadate ukomeje kugaragaza ko akunda iyi kipe, atajya ayitangamo imisansu, kandi ko iyo aza kuba yifuriza iyi kipe gutsinda, yagakwiye kubikora atarinze gutegereza ko igera mu bihe bibi.

Yavuze ko hari itsinda risanzwe ritanga imisanzu yo gufasha Rayon Sports, ku buryo kuri buri mukino hari amafaranga batanga yo gufasha iyi kipe.

Ati “Iryo tsinda nubwo Sadate aririmo nta musanzu atanga. Niba ushaka ko ikipe itsinda wakagombye kubigiramo uruhare, iyo utegereje ko itsindwa ukagira icyo uvuga, ntabwo mba mbisobanukirwa kandi gutsindwa n’ibisanzwe.”

Mu byari byatangajwe na Munyakazi Sadate kandi harimo ko afite imishinga yahutse kuri iyi kipe mu gihe yaba ayegukanye, irimo no kuzagura indege yajya iyifasha gukora ingendo zo kujya gukina hanze mu gihe izaba yagiye mu mikino nyafurika.

Twagirayezu Thadée avuga ko Rayon itari kugurishwa
Sadate we avuga ko ashaka kuyitangaho miliyari 5 Frw

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Ukora ubushumba wiyemerera icyaha akurikiranyweho cyo gusambanya umwana muto yavuze icyabimuteye

Next Post

French National Assembly: “Dialogue of the Deaf” during the hearing on the conflict in eastern DRC

Related Posts

Rayon Sports nyuma yo kuregwa n’uwari kapiteni wayo hari undi mukinnyi wayitangiye ikirego

Rayon Sports nyuma yo kuregwa n’uwari kapiteni wayo hari undi mukinnyi wayitangiye ikirego

by radiotv10
18/07/2025
0

Nyuma yuko Muhire Kevin areze ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports kubera kutamwishyura umushahara w’amezi abiri, umukinnyi w’Umunya-Senegal, Omar Gning na...

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

by radiotv10
16/07/2025
0

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda y'abagore mu mukino wa Tennis, yatsinze Senegal ihita iyobora itsinda inabona itike yo gukina imikino yo...

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

by radiotv10
16/07/2025
0

Umutoza Seninga Innocent wigeze guhagarikwa n’ikipe ya Etincelles FC, akanerecyeza muri Zambia ariko akabura ikipe, yongeye kugirirwa icyizere n’iyi kipe...

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

by radiotv10
15/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports, bwasinyishije Umurundi Haruna Ferouz nk’Umutoza Wungirije, wanyuze mu makipe anyuranye mu Gihugu cy’iwabo i Burundi...

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

by radiotv10
21/07/2025
0

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

21/07/2025
Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

21/07/2025
From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

21/07/2025
Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

21/07/2025
Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

21/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
French National Assembly: “Dialogue of the Deaf” during the hearing on the conflict in eastern DRC

French National Assembly: "Dialogue of the Deaf" during the hearing on the conflict in eastern DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.