Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yavuze ko ahora yibaza niba Perezida Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda, Perezida w’Inteko amusubiza na we amubaza ati “Urifuza ko afatanya nawe cyangwa n’umugore wawe?”

Ni mu Nteko Rusange y’umutwe w’Abadepite yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 18, aho Hon.Semujju Nganda usanzwe azwiho kubaza ibibazo bisekeje mu Nteko, yabajije iki kibazo.

Hon.Semujju Nganda wabaye nk’ugaruka ku bikomeje kuranga umuhungu wa Museveni uhora agaragaza ibisa nk’imyanzuro aba yafashe, yagize ati “Ese iki Gihugu cyacu kiyobowe na Perezida Museveni, n’umuvanimwe we cyangwa n’abana be?”

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Anita Among na we yahise amubaza ati “None se Semujju urashaka ko Perezida ayobora iki Gihugu afatanyije nande? Nawe cyangwa afatanyije n’umugore wawe cyangwa n’abana bawe?”

Hon Semujju yavuze ko atabyumva

Mu mashusho ya NTV Uganda twifashishije twandika inkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, Anita Among yakomeje avuga ko Perezida Museveni adafatanyije n’Umuhungu we Muhoozi, ati “Turabizi ko MK [Muhoozi Kainerugaba] ari Jenerali mu gisirikare.”

Hon Semujju akomeza avuga ko buri mwaka Inteko Ishinga Amategeko ikora isesengura ku Baminisitiri, akibaza impamvu abo atari bo bagomba kugaragara mu gufatanya na Museveni.

Mu kuvuga ko Inteko ikora isesengura ku Baminisitiri buri mwaka, Perezida w’Inteko Anita amuca mu ijambo ati “Twanakoze isesengura kuri Madamu Janet [Madamu wa Museveni].”

Hon Semujju ahita agira ati “Sinzi icyo ndi burenzeho kuko ukomeje kunca mu ijambo.” Abagize Inteko bahise basekera rimwe ndetse na Madamu Anita Among araseka.

Muri Nzeri 2022 ubwo habaga umuhango wo gutabariza Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II, Hon Semujju na bwo yari yabajije ikibazo cyasekeje benshi, ubwo yabazaga aho Perezida Museveni aherereye kuko yari amaze igihe atamuca iryera.

Icyo gihe bwo yari yagize ati “Mperutse kubona abandi Baperezida ba Afurika muri bisi bitabiriye itabarizwa ry’Umwamikazi, ariko Perezida wacu ntiyari ahari.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Uko byagendekeye uwafatiwe mu cyaha agashaka gupfumbatiza Umupolisi iza 5.000Frw

Next Post

Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe

Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.