• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yavuze ko ahora yibaza niba Perezida Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda, Perezida w’Inteko amusubiza na we amubaza ati “Urifuza ko afatanya nawe cyangwa n’umugore wawe?”

Ni mu Nteko Rusange y’umutwe w’Abadepite yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 18, aho Hon.Semujju Nganda usanzwe azwiho kubaza ibibazo bisekeje mu Nteko, yabajije iki kibazo.

Hon.Semujju Nganda wabaye nk’ugaruka ku bikomeje kuranga umuhungu wa Museveni uhora agaragaza ibisa nk’imyanzuro aba yafashe, yagize ati “Ese iki Gihugu cyacu kiyobowe na Perezida Museveni, n’umuvanimwe we cyangwa n’abana be?”

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Anita Among na we yahise amubaza ati “None se Semujju urashaka ko Perezida ayobora iki Gihugu afatanyije nande? Nawe cyangwa afatanyije n’umugore wawe cyangwa n’abana bawe?”

Hon Semujju yavuze ko atabyumva

Mu mashusho ya NTV Uganda twifashishije twandika inkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, Anita Among yakomeje avuga ko Perezida Museveni adafatanyije n’Umuhungu we Muhoozi, ati “Turabizi ko MK [Muhoozi Kainerugaba] ari Jenerali mu gisirikare.”

Hon Semujju akomeza avuga ko buri mwaka Inteko Ishinga Amategeko ikora isesengura ku Baminisitiri, akibaza impamvu abo atari bo bagomba kugaragara mu gufatanya na Museveni.

Mu kuvuga ko Inteko ikora isesengura ku Baminisitiri buri mwaka, Perezida w’Inteko Anita amuca mu ijambo ati “Twanakoze isesengura kuri Madamu Janet [Madamu wa Museveni].”

Hon Semujju ahita agira ati “Sinzi icyo ndi burenzeho kuko ukomeje kunca mu ijambo.” Abagize Inteko bahise basekera rimwe ndetse na Madamu Anita Among araseka.

Muri Nzeri 2022 ubwo habaga umuhango wo gutabariza Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II, Hon Semujju na bwo yari yabajije ikibazo cyasekeje benshi, ubwo yabazaga aho Perezida Museveni aherereye kuko yari amaze igihe atamuca iryera.

Icyo gihe bwo yari yagize ati “Mperutse kubona abandi Baperezida ba Afurika muri bisi bitabiriye itabarizwa ry’Umwamikazi, ariko Perezida wacu ntiyari ahari.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 19 =

Previous Post

Uko byagendekeye uwafatiwe mu cyaha agashaka gupfumbatiza Umupolisi iza 5.000Frw

Next Post

Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe

Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.