Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto yabajijwe niba Igihugu cye kiteguye gutangiza ibitero ku mutwe wa M23 mu gihe waba utubahirije ibyo wasabwe mu gihe ntarengwa wahawe, avuga ko icyo kiteguye gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho n’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Ibibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisa nk’ibikomeje kuba agatereranzamba kubera imbaraga nke za Guverinoma y’iki Gihugu mu gushyira mu bikorwa ibyo yasabwe.

Guverinoma ya DRC yasabwe kenshi kuganira n’umutwe wa M23, nkuko byabaga bikubiye mu myanzuro yafatiwe mu nama zitandukanye zirimo izabereye i Nairobi muri Kenya ndeste n’i Bujumbura mu Burundi.

Iheruka y’i Burundi, Perezida Felix Tshisekedi yayivuyemo yemereye bagenzi be bayobora Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ko azaganira n’uyu mutwe, ariko yatinze kugerayo, Guverinoma ye ihita ibyamaganira kure.

Mu cyumweru gishize, Abakuru b’Ibihugu bya EAC bongeye guhurira mu nama yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia aho bari bitabiriye Inteko y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Mu myanzuro yafatiwe muri iyi nama harimo ko imitwe yose yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Congo, igomba guhagarika imirwano kandi ikava mu bice byose irimo.

Iyi nama yanatanze igihe ntarengwa iyi mitwe igomba kuba yubahirije iki cyemezo bitarenze tariki 30 Werurwe 2023.

Perezida William Ruto uyoboye Kenya inayoboye ubutumwa bw’ingabo ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabajijwe niba Kenya yiteguye gushoza intambara kuri M23 mu gihe itaba yubahirije ibyo yasabwe.

Yasubije agira ati “Kenya yiteguye gukora ibyo twemeranyijweho nk’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

William Ruto avuga ko habaye inama hagati y’Abakuru b’Ibihugu kandi ko hari ibyo bemeranyijweho, ndetse n’ingengabihe y’uburyo bigomba gushyirirwa mu bikorwa.

Yakomeje avuga ku ngabo zigomba kujya mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko “Kenya ni yo yonyine yohereje ingabo muri DRC kandi byemeranyijweho ko Ibihugu bitanu bigomba koherezayo, ariko Kenya ni yo yonyine yohereje ingabo, turacyategereje kandi twemeranyijwe ko tuzageza mu mpera z’uku kwezi n’ibindi Bihugu byarazohereje.”

Yavuze ko Abakuru b’Ibihugu bemeranyijwe uburyo ibi byose bigomba gukorwa, haba ari uburyo bwo kohereza ingabo ndetse n’ibikorwa bizaba bizijyanye.

Ati “Ibi bikorwa bya gisirikare bigomba kuzaba hari no kuba inzira za politiki z’abari kurwana, M23 ndetse n’abandi. Rero dushobora kwiha amahirwe ko tuzagera ku ntego.”

Yakomeje agira ati “Iki kibazo ntabwo cyakemurwa n’imbaraga za gisirikare gusa, ahubwo bigomba gukoranwa n’inzira zirimo iz’ingabo n’iza politiki.”

Guverinoma ya DRC yo iherutse gusa nk’itangiza ibikorwa byo kwamagana ingabo za EAC, aho yahamagariye abaturage kujya kuzamagana, bazishinja kuba zitari kurasa kuri M23, mu gihe izi ngabo zo zivuga ko zifite icyazijyanye kandi ko atari uguhita zirasa kuri uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + eight =

Previous Post

TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

Next Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.