Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma

radiotv10by radiotv10
03/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila Kabange yibukije umunyapolitiki Martin Fayulu wamusabye kuva i Goma, ko aka gace ari kamwe mu bigize Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akomokamo yanabereye Perezida, bityo ko afite uburenganzira busesuye bwo kukajyamo.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kamena 2025, uyu munyapolitiki Martin Fayuluru utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo Kinshasa wanakunze kwiyamamariza kuyobora iki Gihugu ariko agatsindwa, ageneye ubutumwa Abanyekongo.

Mu butumwa yageneye abaturage b’iki Gihugu nk’ukuriye Ihuriro ry’imitwe ya Politiki ‘LAMUKA’, Martin Fayulu yagiye agaragaza ibyo asaba bamwe mu banyapolitiki barimo, Perezida Felix Tshisekedi, Corneille Nangaa na Joseph Kabila umaze icyumweru avuye mu buhungiro agasubira mu Gihugu yabereye Perezida ariko agahita ajya mu Mujyi wa Goma uri mu bice byabohojwe n’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Congo.

Ageze kuri Kabila, uyu munyapolitiki Martin Fayulu yavuze ko “Nta gisobanuro na kimwe cyumvikana cyo gukorana n’abari kutwangiriza Igihugu, inzira yonyine ishobora gukosora amakosa yacu y’ahahise, ni ibiganiro, ntabwo ari ubugambanyi. Ndabasaba kuva i Goma, uyu mujyi wahowe Imana ariko uyu munsi uri mu maboko y’imitwe y’abanzi.”

Mu butumwa busubiza ibi byatangajwe na Martin Fayulu, Umunyapolitiki Joseph Kabila Kabange, yamwibukije ko ari Umunyekongo ufite uburenganzira bwo kuba aho ashaka hose muri iki Gihugu.

Yagize ati “Goma ni muri Congo. Ndi hano, ndi kumwe n’abaturage, mu gihe wowe uvugira kure. Njye nahisemo inzira yo kongera kubaka Igihugu. Niba koko wifuza kuganira, ngwingo. Niteguye kuganira, ariko ndi hano i Goma.”

Joseph Kabila Kabange wari umaze amezi 18 ari mu buhungiro akaba aherutse kugaruka muri DRC, aho ari i Goma akomeje kwakira abo mu matsinda atandukanye, mu bikorwa byo gukusanya ibitekerezo binyuranye, avuga ko azaheraho kugira ngo abone uko atanga umusanzu we mu gusubiza ku murongo Igihugu avuga ko kigeze aharindumuka kubera ubutegetsi budashoboye bwa Felix Tshisekedi wamusimbuye.

Kabila yasubiye Fayuluru ko i Goma ari muri Congo kandi yemerewe kujya aho ashaka muri iki Gihugu
Martin Fayulu yahawe igisubizo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 5 =

Previous Post

Ibisobanuro byatanzwe n’umukobwa ukurikiranyweho kwica umwana we amutaye mu musarani

Next Post

Umunyapolitiki uzwi i Burundi yinjiye mu mpaka z’inenge zivugwa ku matora ategerejwe

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki uzwi i Burundi yinjiye mu mpaka z’inenge zivugwa ku matora ategerejwe

Umunyapolitiki uzwi i Burundi yinjiye mu mpaka z'inenge zivugwa ku matora ategerejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.