Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma

radiotv10by radiotv10
03/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila Kabange yibukije umunyapolitiki Martin Fayulu wamusabye kuva i Goma, ko aka gace ari kamwe mu bigize Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akomokamo yanabereye Perezida, bityo ko afite uburenganzira busesuye bwo kukajyamo.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kamena 2025, uyu munyapolitiki Martin Fayuluru utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo Kinshasa wanakunze kwiyamamariza kuyobora iki Gihugu ariko agatsindwa, ageneye ubutumwa Abanyekongo.

Mu butumwa yageneye abaturage b’iki Gihugu nk’ukuriye Ihuriro ry’imitwe ya Politiki ‘LAMUKA’, Martin Fayulu yagiye agaragaza ibyo asaba bamwe mu banyapolitiki barimo, Perezida Felix Tshisekedi, Corneille Nangaa na Joseph Kabila umaze icyumweru avuye mu buhungiro agasubira mu Gihugu yabereye Perezida ariko agahita ajya mu Mujyi wa Goma uri mu bice byabohojwe n’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Congo.

Ageze kuri Kabila, uyu munyapolitiki Martin Fayulu yavuze ko “Nta gisobanuro na kimwe cyumvikana cyo gukorana n’abari kutwangiriza Igihugu, inzira yonyine ishobora gukosora amakosa yacu y’ahahise, ni ibiganiro, ntabwo ari ubugambanyi. Ndabasaba kuva i Goma, uyu mujyi wahowe Imana ariko uyu munsi uri mu maboko y’imitwe y’abanzi.”

Mu butumwa busubiza ibi byatangajwe na Martin Fayulu, Umunyapolitiki Joseph Kabila Kabange, yamwibukije ko ari Umunyekongo ufite uburenganzira bwo kuba aho ashaka hose muri iki Gihugu.

Yagize ati “Goma ni muri Congo. Ndi hano, ndi kumwe n’abaturage, mu gihe wowe uvugira kure. Njye nahisemo inzira yo kongera kubaka Igihugu. Niba koko wifuza kuganira, ngwingo. Niteguye kuganira, ariko ndi hano i Goma.”

Joseph Kabila Kabange wari umaze amezi 18 ari mu buhungiro akaba aherutse kugaruka muri DRC, aho ari i Goma akomeje kwakira abo mu matsinda atandukanye, mu bikorwa byo gukusanya ibitekerezo binyuranye, avuga ko azaheraho kugira ngo abone uko atanga umusanzu we mu gusubiza ku murongo Igihugu avuga ko kigeze aharindumuka kubera ubutegetsi budashoboye bwa Felix Tshisekedi wamusimbuye.

Kabila yasubiye Fayuluru ko i Goma ari muri Congo kandi yemerewe kujya aho ashaka muri iki Gihugu
Martin Fayulu yahawe igisubizo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Ibisobanuro byatanzwe n’umukobwa ukurikiranyweho kwica umwana we amutaye mu musarani

Next Post

Umunyapolitiki uzwi i Burundi yinjiye mu mpaka z’inenge zivugwa ku matora ategerejwe

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki uzwi i Burundi yinjiye mu mpaka z’inenge zivugwa ku matora ategerejwe

Umunyapolitiki uzwi i Burundi yinjiye mu mpaka z'inenge zivugwa ku matora ategerejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.