Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igitangaza: Yashimuswe afite amezi 22 akura atabizi none yabonye umuryango we nyuma y’imyaka 51

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Igitangaza: Yashimuswe afite amezi 22 akura atabizi none yabonye umuryango we nyuma y’imyaka 51
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Leta Zunze Ubumwe za America hari inkuru itangaje y’umugore w’imyaka 51 wabonanye n’ababyeyi be bari baramubuze mu binyacumi by’imyaka bitanu bishize kuko yari yarashimuswe n’umukozi wo mu rugo wamureraga, wamutwaye afite amezi 22.

Iyi nkuru y’umuryango wo muri Fort Worth muri Leta ya Texas, yakoze benshi ku mutima nyuma yuko uyu muryango ubonye umukobwa wabo habanje kwifashishwa ibizimani bya gihanga bya DNA na byo byakozwe binyujije ku mwana we [umwuzukuru w’uyu muryango] mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Uyu muryango utarahwemye gutanga amatangazo, wavugaga ko umukobwa wabo Melissa Highsmith yashimuswe n’umukozi wo mu rugo wamureraga mu 1971.

Highsmith yakuze yitwa Melanie akurira muri Fort Worth ariko atazi ko yari yarashimuswe ndetse ntiyari anazi ko umuryango we uri kumushakisha kugeza ubwo yabimenyeraga kuri Facebook.

Umubyeyi we yamwandikiye kuri uru rubuga nkoranyambaga, we abanza kugira ngo ni abatekamutwe.

Aganira na KTVT, yagize ati “Papa yanyandikiye kuri messenger arambwira ngo ‘maze imyaka 51 nshakisha umukobwa wanjye’.”

Uyu muryango wabonye umukobwa wabo hakoreshejwe DNA ikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rizwi nka 23andMe.

Yagize ati “Umuntu wandeze, nakundaga kumubaza nti ‘hari icyo wifuza kumbwira?’ ariko akambwira ko icyo azi ari uko nitwa Melissa.”
Ubutumwa bw’uyu muryango bwanyuze kuri Facebook, bugira buti “Nubwo bwa mbere twabonye amafoto ye, tukamenya itariki y’amavuko ye yegeranye n’iya Melissa wacu, twamenye tudashidikanya ko uyu ari umukobwa wacu.”

Alta Apantenco, umubyeyi w’uyu wari warabuze, yagize ati “Sinabyiyumvishaga, sinakekaga ko nzongera kumubona ukundi.”

Uyu mukobwa yabonetse mu mpera z’icyumweru gishize, binemezwa na Polisi y’i Fort Worth ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Amarira y’ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + fifteen =

Previous Post

Job announcement: SALES MANAGER – RWANDA

Next Post

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

Reports from the Democratic Republic of Congo indicate that Major General Sylvain Ekenge, the Spokesperson of the Armed Forces of...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.