Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igitangaza: Yashimuswe afite amezi 22 akura atabizi none yabonye umuryango we nyuma y’imyaka 51

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Igitangaza: Yashimuswe afite amezi 22 akura atabizi none yabonye umuryango we nyuma y’imyaka 51
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Leta Zunze Ubumwe za America hari inkuru itangaje y’umugore w’imyaka 51 wabonanye n’ababyeyi be bari baramubuze mu binyacumi by’imyaka bitanu bishize kuko yari yarashimuswe n’umukozi wo mu rugo wamureraga, wamutwaye afite amezi 22.

Iyi nkuru y’umuryango wo muri Fort Worth muri Leta ya Texas, yakoze benshi ku mutima nyuma yuko uyu muryango ubonye umukobwa wabo habanje kwifashishwa ibizimani bya gihanga bya DNA na byo byakozwe binyujije ku mwana we [umwuzukuru w’uyu muryango] mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Uyu muryango utarahwemye gutanga amatangazo, wavugaga ko umukobwa wabo Melissa Highsmith yashimuswe n’umukozi wo mu rugo wamureraga mu 1971.

Highsmith yakuze yitwa Melanie akurira muri Fort Worth ariko atazi ko yari yarashimuswe ndetse ntiyari anazi ko umuryango we uri kumushakisha kugeza ubwo yabimenyeraga kuri Facebook.

Umubyeyi we yamwandikiye kuri uru rubuga nkoranyambaga, we abanza kugira ngo ni abatekamutwe.

Aganira na KTVT, yagize ati “Papa yanyandikiye kuri messenger arambwira ngo ‘maze imyaka 51 nshakisha umukobwa wanjye’.”

Uyu muryango wabonye umukobwa wabo hakoreshejwe DNA ikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rizwi nka 23andMe.

Yagize ati “Umuntu wandeze, nakundaga kumubaza nti ‘hari icyo wifuza kumbwira?’ ariko akambwira ko icyo azi ari uko nitwa Melissa.”
Ubutumwa bw’uyu muryango bwanyuze kuri Facebook, bugira buti “Nubwo bwa mbere twabonye amafoto ye, tukamenya itariki y’amavuko ye yegeranye n’iya Melissa wacu, twamenye tudashidikanya ko uyu ari umukobwa wacu.”

Alta Apantenco, umubyeyi w’uyu wari warabuze, yagize ati “Sinabyiyumvishaga, sinakekaga ko nzongera kumubona ukundi.”

Uyu mukobwa yabonetse mu mpera z’icyumweru gishize, binemezwa na Polisi y’i Fort Worth ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Amarira y’ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 6 =

Previous Post

Job announcement: SALES MANAGER – RWANDA

Next Post

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.