Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igitangaza: Yashimuswe afite amezi 22 akura atabizi none yabonye umuryango we nyuma y’imyaka 51

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Igitangaza: Yashimuswe afite amezi 22 akura atabizi none yabonye umuryango we nyuma y’imyaka 51
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Leta Zunze Ubumwe za America hari inkuru itangaje y’umugore w’imyaka 51 wabonanye n’ababyeyi be bari baramubuze mu binyacumi by’imyaka bitanu bishize kuko yari yarashimuswe n’umukozi wo mu rugo wamureraga, wamutwaye afite amezi 22.

Iyi nkuru y’umuryango wo muri Fort Worth muri Leta ya Texas, yakoze benshi ku mutima nyuma yuko uyu muryango ubonye umukobwa wabo habanje kwifashishwa ibizimani bya gihanga bya DNA na byo byakozwe binyujije ku mwana we [umwuzukuru w’uyu muryango] mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Uyu muryango utarahwemye gutanga amatangazo, wavugaga ko umukobwa wabo Melissa Highsmith yashimuswe n’umukozi wo mu rugo wamureraga mu 1971.

Highsmith yakuze yitwa Melanie akurira muri Fort Worth ariko atazi ko yari yarashimuswe ndetse ntiyari anazi ko umuryango we uri kumushakisha kugeza ubwo yabimenyeraga kuri Facebook.

Umubyeyi we yamwandikiye kuri uru rubuga nkoranyambaga, we abanza kugira ngo ni abatekamutwe.

Aganira na KTVT, yagize ati “Papa yanyandikiye kuri messenger arambwira ngo ‘maze imyaka 51 nshakisha umukobwa wanjye’.”

Uyu muryango wabonye umukobwa wabo hakoreshejwe DNA ikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rizwi nka 23andMe.

Yagize ati “Umuntu wandeze, nakundaga kumubaza nti ‘hari icyo wifuza kumbwira?’ ariko akambwira ko icyo azi ari uko nitwa Melissa.”
Ubutumwa bw’uyu muryango bwanyuze kuri Facebook, bugira buti “Nubwo bwa mbere twabonye amafoto ye, tukamenya itariki y’amavuko ye yegeranye n’iya Melissa wacu, twamenye tudashidikanya ko uyu ari umukobwa wacu.”

Alta Apantenco, umubyeyi w’uyu wari warabuze, yagize ati “Sinabyiyumvishaga, sinakekaga ko nzongera kumubona ukundi.”

Uyu mukobwa yabonetse mu mpera z’icyumweru gishize, binemezwa na Polisi y’i Fort Worth ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Amarira y’ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 8 =

Previous Post

Job announcement: SALES MANAGER – RWANDA

Next Post

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.