Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

radiotv10by radiotv10
09/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunzi b’ikinyobwa kimwe gisembuye mu Rwanda, bagiye guhurira mu gitaramo kizanaririmbamo abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie ndetse n’Umuhanzi w’Umunyakenya Bien-Aimé Baraza, ndetse n’undi muhanzi mpuzamahanga ukiri ibanga.

Ni igitaramo cyiswe Friends of Amstel kizabera muri Zaria Court mu Mujyi wa Kigali, tariki 18 Ukwakira 2025, aho kizanaririmbamo abahanzi nka Kivumbi King, Mike Kayihura bazasusurutsa abitabiriye iki gitaramo hatangajwe ko na Bien-Aimé Baraza uturuka muri Kenya azifatanya na bo muri iki gitaramo.

Hari kandi itangazo ko hazaba agashya k’umuhanzi mpuzamahanga w’ibanga uzakomeza gususurutsa abitabiriye icyo gitaramo kugeza ku mpera zacyo.

Abavangamiziki barimo Dj Marnaud na Dj Toxxyk bazakomerezaho bahuza interludes z’umuziki.

Hazaboneka kandi uburyo bwo kugura amatike ku muntu ku giti cye, ariko n’amatsinda (2, 4, 6) kugira ngo inshuti zose zibashe kwitabira hamwe.

Itike ku nshuti ebyiri ni ibihumbi 30 Frw, itike ku nshuti enye ni ibihumbi 50 Frw naho itike ku nshuti esheshatu ni ibihumbi 60 Frw. Itike ku muntu ku giti cye ni ibihumbi 20 Frw.

Friends of Amstel 2025 ntikizaba ari igitaramo gisanzwe gusa ahubwo ni uburambe, ni umwanya wo gusabana, guhuza, no gusigasira umuco w’inshuti, mu murwa wa Kigali.

Sandy UWASE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 18 =

Previous Post

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Related Posts

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

by radiotv10
07/10/2025
0

Niyonizera Judithe wahoze ari umugore wa Safi Madiba, yagaragaje ko we n’umugabo we King Dust bakoranye ubukwe muri Gicurasi uyu...

Umubyinnyi ugezweho mu Rwanda Titi Brown yarokotse impanuka ikomeye

Umubyinnyi ugezweho mu Rwanda Titi Brown yarokotse impanuka ikomeye

by radiotv10
07/10/2025
0

Umubyinnyi Titi Brown uri mu bagezweho mu Rwanda, yakoze impanuka ikomeye ya moto yari imutwaye igongwa na Howo, ariko Imana...

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

by radiotv10
07/10/2025
0

Abakinnyi ba filimi, Jennifer Lopez na Ben Affleck bamaze umwaka bahanye gatanya, bagaragaye buri umwe yishimiye undi, banifotozanya, bituma bamwe...

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

by radiotv10
04/10/2025
1

Umunyarwenya Osmarito OG uri mu bazwi ku mbuga nkoranyambaga mu mashusho atuma benshi bamwengura, ari mu byishimo nyuma yo kugura...

Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

by radiotv10
04/10/2025
0

Mu kwezi kumwe hagiye kuba ibitaramo bitanu byo guhimbaza Imana, birimo ikizamara iminsi ibiri cyatumiwemo abakozi b’Imana b’amazina azwi mu...

IZIHERUKA

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga
IBYAMAMARE

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

by radiotv10
09/10/2025
0

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

09/10/2025
Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

09/10/2025
Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa

Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa

09/10/2025
Ibyamenyekanye ku muturage wagaragaye asa nk’urwana n’Umupolisi mu Rwanda

Ibyamenyekanye ku muturage wagaragaye asa nk’urwana n’Umupolisi mu Rwanda

09/10/2025
Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

09/10/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.