Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Igitego cya Aboubakar Djibrine cyafashije Mukura VS gutsinda Rayon Sports

radiotv10by radiotv10
09/10/2021
in SIPORO
0
Igitego cya Aboubakar Djibrine cyafashije Mukura VS gutsinda Rayon Sports
Share on FacebookShare on Twitter

Igitego cya Djibrine Aboubakar cyo ku munota wa 53 w’umukino cyafashije Mukura Victory Sport gutsinda Rayon Sports igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wakinwe ku gicamunsi cy’uyu wa gatanu tariki ya 8 Ukwakira 2021 kuri sitade mpuzamahanga ya Huye.

Wari umukino wa gicuti Rayon Sports yakinaga nyuma yo kuba iheruka gutsindamo AS Kigali igitego 1-0 mu gihe Mukura VS yaherukaga gutsinda Rutsiro FC ibitego 4-2.

Muri uyu mukino, ikipe ya Rayon Sports itozwa na Masud Juma yari yazanye uburyo bushya bwo gukina kuko bashakaga kwitoza gukina 4:1:2:3, uburyo bushya iyi kipe yakoresheje mu minota 90 y’umukino.

Yari Mukura VS isa naho itangiye kumenyerana kuko Ruremesha Emmanuel ashingira cyane ku bakinnyi bakina bajya imbere akanakomeza mu mutima w’ubwugarizi burimo abakinnyi bafite ubunararibonye, Kayumba Soter na Ngirimana Alex.

Mukura VS yagize umukino usatira cyane ku buryo byari bigoye ko Rayon Sports iyiganza hagati kuko uburyo bushya Masud Juma yakoreshaga bwatumye abakinnyi ba Mukura VS barimo Vincent Adams, Djibrine Aboubakar na Murenzi Patrick babona umwanya wo kwisanzura kuko Mugisha Francois Master na Byumvuhore Tresor batabashije kwisanga muri ubu buryo bwa 4:1:2:3.

Ni umukino utarahiriye Sanogo Soulemane rutahizamu mushya wa Rayon Sports kuko yaje gusimburwa, Essombe Willy Onana usanzwe akina mu mpande yakinaga ava hagati, kimwe mu byatumye atabona ubwisanzure imbere y’izamu.

Nyuma y’uko igice cya mbere kirangiye, Masud Juma yahise ahindura abona ko Byumvuhore Tresor Atari kubasha guhagarika abakina hagati ba Mukura VS ahita amusimbuza bituma Ndizeye Samuel ava mu mutima w’ubwugarizi hajyamo Mitima Isaac bityo Sekamana Maxime ajyanwa inyuma ahagana ibumoso asimbuye Muvandimwe JMV mu gihe Niyonkuru Sadjati yasimbuye Mugisha Francois Master.

Nyuma nibwo kandi abakinnyi barimo, Agblevor Peter, Rudasingwa Prince, Mbonigena Eric na Mukunzi Vivens bagiye mu kibuga ari nako abarimo Youcef Rharb na Ayoub Ah’ Lahsanne bavuye mu kibuga bagatanga umwanya.

Nyuma yo gukora izi mpinduka, Ruremesha Emmanuel yakomeje kurusha Rayon Sports ikijyanye no gusatira kuko Bashunga Abouba wari mu izamu yagiye akuramo imipira itandukanye bigaragara ko nawe ari kuzamura urwego bitandukanye n’uko amaze iminsi yitwara. Ibi yabikoze nyuma y’uko Hakizimana Adolphe basangiye umwanya yari yagize umusaruro mwiza mu mukino batsinzemo AS Kigali.

Mu mpinduka Mukura VS bakoze zarimo kuvamo kwa Muhoza Tresor, Nyarugabo Moses, Murenzi Patrick, Mantore Jean Pipi, Mukogotya Robert hajyamo abakinnyi barimo Mutijima Janvier, Habamahoro Vincent, Oko Benjamin Kechukwa, Abdul Karim Samba.

Rayon Sports yakomeje kurwana no kubona igitego cyo kwishyura ariko abakinnyi barimo Rudasingwa Prince na Sekamana Maxime ntibahirwa n’imipira bagiye babona imbere y’izamu kimwe n’uburyo bwahushijwe na Peter Agblevor. Umukino urangira Mukura Vs itsinze Rayon Sports igitego 1-0.

Mukura Victory Sport irateganya gukina undi mukino wa gicuti na Police FC kuri uyu wa kane kuri sitade mpuzamahanga ya Huye.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku mpande zombi:

Mukura VS: Nickolas Sebwatto (GK), Kubwimana Cedric “Jay Polly”, Muhoza Tresor, Kayumba Soter, Ngirimana Alex (C.), Murenzi Patrick, Matore Jean Pipi, Aboubakr Vincent, Mukogotya Robbert, Aboubakar Djibrine, Nyarugabo Moses.

Rayon Sports: Bashunga Abouba (GK), Nizigiyimana Aboul Karim Mackenzie, Ndizeye Samuel, Muvandimwe JMV, Byumvuhore Tresor, Mugisha Francois Master, Ayoub Ah’Lahsanne, Sanogo Souleymane, Youccef Rharb, Onana Willy Essombe.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Umukinnyi w’umunyarwanda , Ally Niyonzima yabonye ikipe nshya

Next Post

Mashami Vincent avuga ko hari uwamwiyitiriye kuri Twitter uri gusubizanya n’ababajwe n’umusaruro w’Amavubi Stars

Related Posts

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

IZIHERUKA

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba
IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mashami Vincent avuga ko hari uwamwiyitiriye kuri Twitter uri gusubizanya n’ababajwe n’umusaruro w’Amavubi Stars

Mashami Vincent avuga ko hari uwamwiyitiriye kuri Twitter uri gusubizanya n’ababajwe n’umusaruro w’Amavubi Stars

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.