Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Igitego cya Aboubakar Djibrine cyafashije Mukura VS gutsinda Rayon Sports

radiotv10by radiotv10
09/10/2021
in SIPORO
0
Igitego cya Aboubakar Djibrine cyafashije Mukura VS gutsinda Rayon Sports
Share on FacebookShare on Twitter

Igitego cya Djibrine Aboubakar cyo ku munota wa 53 w’umukino cyafashije Mukura Victory Sport gutsinda Rayon Sports igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wakinwe ku gicamunsi cy’uyu wa gatanu tariki ya 8 Ukwakira 2021 kuri sitade mpuzamahanga ya Huye.

Wari umukino wa gicuti Rayon Sports yakinaga nyuma yo kuba iheruka gutsindamo AS Kigali igitego 1-0 mu gihe Mukura VS yaherukaga gutsinda Rutsiro FC ibitego 4-2.

Muri uyu mukino, ikipe ya Rayon Sports itozwa na Masud Juma yari yazanye uburyo bushya bwo gukina kuko bashakaga kwitoza gukina 4:1:2:3, uburyo bushya iyi kipe yakoresheje mu minota 90 y’umukino.

Yari Mukura VS isa naho itangiye kumenyerana kuko Ruremesha Emmanuel ashingira cyane ku bakinnyi bakina bajya imbere akanakomeza mu mutima w’ubwugarizi burimo abakinnyi bafite ubunararibonye, Kayumba Soter na Ngirimana Alex.

Mukura VS yagize umukino usatira cyane ku buryo byari bigoye ko Rayon Sports iyiganza hagati kuko uburyo bushya Masud Juma yakoreshaga bwatumye abakinnyi ba Mukura VS barimo Vincent Adams, Djibrine Aboubakar na Murenzi Patrick babona umwanya wo kwisanzura kuko Mugisha Francois Master na Byumvuhore Tresor batabashije kwisanga muri ubu buryo bwa 4:1:2:3.

Ni umukino utarahiriye Sanogo Soulemane rutahizamu mushya wa Rayon Sports kuko yaje gusimburwa, Essombe Willy Onana usanzwe akina mu mpande yakinaga ava hagati, kimwe mu byatumye atabona ubwisanzure imbere y’izamu.

Nyuma y’uko igice cya mbere kirangiye, Masud Juma yahise ahindura abona ko Byumvuhore Tresor Atari kubasha guhagarika abakina hagati ba Mukura VS ahita amusimbuza bituma Ndizeye Samuel ava mu mutima w’ubwugarizi hajyamo Mitima Isaac bityo Sekamana Maxime ajyanwa inyuma ahagana ibumoso asimbuye Muvandimwe JMV mu gihe Niyonkuru Sadjati yasimbuye Mugisha Francois Master.

Nyuma nibwo kandi abakinnyi barimo, Agblevor Peter, Rudasingwa Prince, Mbonigena Eric na Mukunzi Vivens bagiye mu kibuga ari nako abarimo Youcef Rharb na Ayoub Ah’ Lahsanne bavuye mu kibuga bagatanga umwanya.

Nyuma yo gukora izi mpinduka, Ruremesha Emmanuel yakomeje kurusha Rayon Sports ikijyanye no gusatira kuko Bashunga Abouba wari mu izamu yagiye akuramo imipira itandukanye bigaragara ko nawe ari kuzamura urwego bitandukanye n’uko amaze iminsi yitwara. Ibi yabikoze nyuma y’uko Hakizimana Adolphe basangiye umwanya yari yagize umusaruro mwiza mu mukino batsinzemo AS Kigali.

Mu mpinduka Mukura VS bakoze zarimo kuvamo kwa Muhoza Tresor, Nyarugabo Moses, Murenzi Patrick, Mantore Jean Pipi, Mukogotya Robert hajyamo abakinnyi barimo Mutijima Janvier, Habamahoro Vincent, Oko Benjamin Kechukwa, Abdul Karim Samba.

Rayon Sports yakomeje kurwana no kubona igitego cyo kwishyura ariko abakinnyi barimo Rudasingwa Prince na Sekamana Maxime ntibahirwa n’imipira bagiye babona imbere y’izamu kimwe n’uburyo bwahushijwe na Peter Agblevor. Umukino urangira Mukura Vs itsinze Rayon Sports igitego 1-0.

Mukura Victory Sport irateganya gukina undi mukino wa gicuti na Police FC kuri uyu wa kane kuri sitade mpuzamahanga ya Huye.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku mpande zombi:

Mukura VS: Nickolas Sebwatto (GK), Kubwimana Cedric “Jay Polly”, Muhoza Tresor, Kayumba Soter, Ngirimana Alex (C.), Murenzi Patrick, Matore Jean Pipi, Aboubakr Vincent, Mukogotya Robbert, Aboubakar Djibrine, Nyarugabo Moses.

Rayon Sports: Bashunga Abouba (GK), Nizigiyimana Aboul Karim Mackenzie, Ndizeye Samuel, Muvandimwe JMV, Byumvuhore Tresor, Mugisha Francois Master, Ayoub Ah’Lahsanne, Sanogo Souleymane, Youccef Rharb, Onana Willy Essombe.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 16 =

Previous Post

Umukinnyi w’umunyarwanda , Ally Niyonzima yabonye ikipe nshya

Next Post

Mashami Vincent avuga ko hari uwamwiyitiriye kuri Twitter uri gusubizanya n’ababajwe n’umusaruro w’Amavubi Stars

Related Posts

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mashami Vincent avuga ko hari uwamwiyitiriye kuri Twitter uri gusubizanya n’ababajwe n’umusaruro w’Amavubi Stars

Mashami Vincent avuga ko hari uwamwiyitiriye kuri Twitter uri gusubizanya n’ababajwe n’umusaruro w’Amavubi Stars

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.