Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

radiotv10by radiotv10
17/10/2025
in MU RWANDA
1
Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nyamyumva na Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abashumba bakomeje kuboneshereza imyaka ku bushake, kandi ko batahwemye kubimenyesha ubuyobozi ariko gushaka umuti w’iki kibazo bikaba byarananiranye.

Aba baturage bavuga ko abashumba baragirira aborozi b’abakire, bashumura inka mu mirima yabo, ndetse ntibanatinye no kuyahira.

Emmanuel Hafashimana wo mu Kagari ka Kirerema mu Murenge wa Kanzenze yagize ati “Imigozi y’ibijumba barahira, intsina z’imibyare bagatema, kandi buri gihe tugahora tubigaragariza abayobozi ntibagire icyo bakora.”

Akomeza agira ati “Impungenge zihari tugiye kuzicwa n’inzara tuba twahinze, nk’ubu hariya mfite aho nari nahinze ibijumba none imigozi yose barayahiye bayimazeho.”

Nyirakamana Esperance wo mu Kagari ka Kiraga, Umurenge wa Nyamyumba na we yagize ati “Twaravuze twararushye, nk’ubu nta gatoki nkirya kubera intsina zanjye barazimaze bazishyira inka zabo, uba ufite uribingo rwo kuzashingiriza imyaka ugasanga barwahiye rwose.”

Uyu muturage akomeza avuga ko iki kibazo gishobora kuzabyara ibindi bikomeye. Ati “Barakabije kandi bizateza intambara hagati y’abahinzi n’aborozi nubwo bamwe banga kubivuga ariko birahari cyane, nyamara abayobozi tubibabwira inshuro nyinshi ariko ntagihinduka.”

Bamwe mu bashumba bemeza ko hari bagenzi babo bakora ibi bashinjwa n’abahinzi, ngo bitewe n’uko hari abagira inka nta bwatsi bafite ngo usibye ko bidakorwa n’abashumba gusa ngo hari n’abatunze inka za Girinka na bo babikora.

Umwe ati “Kubikora bwo birakorwa kuko usanga hari igihe umuntu aba afite inka nta bwatsi afite, ikindi kandi hari abatunze inka za Girinka na bo baba barazihawe nta bwatsi, none urumva bakwahira hehe? Mbere aha hose Kirerema ureba hari ibigarama tuharagira none hatujwe abantu ubwo ubwatsi bwo kuziha bwava hehe? Kuragira bwo hari n’abana baba baragiye inama usanga ari na bo baba bonesheje iyo myaka.”

Ufitabeza Jean d’Amour, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba uvugwamo iki kibazo, avuga ko ari ubwa mbere acyumvishe mu matwi ye, gusa yemeza ko uru rugomo rutazihanganirwa.

Yagize ati “Iki kibazo ni ubwa mbere ncyumvishe ariko urugomo nk’urwo ntitwarwihanganira tugiye kubikurikirana rwose.”

Akarere ka Rubavu gakunze kubonekamo amakimbirane y’abahinzi n’aborozi mu gihe cy’izuba, aho ubwatsi buba buba bwabuze, bigatuma abashumba birara mu myaka y’abahinzi bakayigabiza inka, mu gihe abandi batema intsina bakanahira indi myaka, bagaha ayo matungo.

Abahinzi bavuga ko abashumba badatinya no gutema intsina zihetse ibitoki

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 months ago

    ubusanzwe inka imwe mu murima w’imyaka ni 10k. ikindi ni uko inzuri zigomba kuba zizitiye, zifite uruzitiro ruzitandukana n’ibutaka bw’ubuhinzi. atari ibyo aborozi bitegure gukora mu mufuka bishyure iby’abandi bangiza. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − two =

Previous Post

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Next Post

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.