Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in MU RWANDA
6
Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’igihe abamotari bavuga ko igiciro cy’ubwishingizi bwa moto cyarenze ubushobozi bwabo; Umuyozi ba sosiyete y’Ubwishingizi ya Radiant, Mark Rugenera, yavuze ko koko kikiri hejuru anagaragaza impamvu, asaba ko hagira igikorwa.

Mark Rugenera yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024, ubwo iyi sosiyete ya Radiant Insurance Company Ltd yatahaga inyubako izajya ikoreramo iherereye mu Karere ka Nyarugenge, mu gikorwa cyayobowe na Perezida Paul Kagame.

Ikibazo cy’ubwishingizi buhanitse bwa moto ku bakora akazi ko gutwara abagenzi [Abamotari] cyakunze kuvugwa, ndetse cyari cyagejejwe kuri Perezida Kagame ubwo yagiriraga uruzinduko mu Karere ka Ruhango muri Kanama 2022.

Icyo gihe umumotari witwa Bizimana Pierre yavugaga ko bishyura ubwishingizi bw’ibihumbi 165 Frw, bwiyongera ku yandi mafaranga menshi bacibwaga, agasaba Umukuru w’u Rwanda kubakemurira iki kibazo, ndetse na we asaba inzego zibishinzwe kubikemura, ndetse icyo gihe uwari Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana yizeza Perezida ko iki kibazo kizakemuka mu mezi abiri.

Gusa bamwe mu bamotari bavuga ko n’ubundi amafaranga y’ubwishingizi batanga akiri hejuru cyane, ku buryo hari abasa nk’abakorera iyi misanzu gusa.

Umwe yagize ati “Ni ukuvuga ngo n’ayo kurya mu rugo azaba atakiboneka muri iki gihe ubwishingizi bwazamutse. Turasaba ko Perezida yayivugaho kuko nta rundi rwego rutuvugira.”

Mu gutaha iyi nyubako ya Radiant, Mark Rugenera; yavuze ko iyi Sosiyete ari yo ikibasha kwishingira Abamotari bose bo mu Rwanda, ariko ko na yo biyiremerera.

Ati “Badufasha natwe kubona ubwishingizi butuma Radiant ari yo ikigerageza kwishingira abamotari hafi ya bose mu Rwanda. Mu gihe tugitegereje ko havugururwa amategeko ajyanye n’imyishyurire ziterwa n’ibinyabiziga, atuma hishyurwa amafaranga menshi y’umurengera bigatera izamuka ry’ibiciro.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko Leta ifite inshingano zo gufasha abaturage n’abashoramari, asaba ko ibibazo bigihari bishakirwa umuti n’inzego zibishinzwe.

Yagize ati “Ni inshingano y’inzego zitandukanye za Leta gufasha aho bishoboka, ari mu buryo bw’amategeko na politiki byateza imbere abantu. Ibyo wahoze uvuga Mark Rugenera by’ibibazo bikiriho bitandukanye; ibyo birumvikana ubwo byamenyekanye ababishinzwe ndibwira ko bagomba kubikurikiranira hafi, ibihinduka bigahinduka kugira ngo bitaremerera abantu mu mikorere yabo.”

Inzego zishinzwe gukemura iki kibazo ziherutse kuvuga ko itegeko ryamaze gutegurwa, ubu hakaba hategerejwe ko Guverinoma irijyana mu Nteko Ishinga Amategeko.

Perezida Kagame yasabye inzego zirebwa n’iki kibazo kwihutisha umuti wacyo
Mark Rugenera yongeye kugaruka ku kibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari kiri hejuru

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 6

  1. IRAKOZE says:
    1 year ago

    Ubwishingizi bwa moto buteye ubwoba ! Bukubye imodoka hafi inclure 3! Nyakubahwa P.K niwe wenyine wokugikemura abandi byarabagoy!

    Reply
  2. Munyemana Anthon says:
    1 year ago

    Bikwiye gusubirwamo hakabaho kugabanya ibiciri

    Reply
  3. Buregeya Silas says:
    1 year ago

    Njye ntekereza ko niba za accidents za Moto ziba nyinshi kuburyo biremerera za assurances bagakwiye gusubiramo za contracts ku buryo haba kugabana ubwishu hagati ya nyiri Moto na assureur.

    Reply
  4. Ngarambe Charleas says:
    1 year ago

    Nukuri pe abamotari ntakintubakibona nugukorera soransi

    Reply
  5. Ntirenganya Jean Baptista says:
    1 year ago

    Nibyo abamotari ntakintu bagikura mumwuga bakora kuko akeshi usanga bamwe na bamwe bafiye n’isuku nke ukibaza ikibitera ukakibura kuko aba atekereza asirance, ifunguro ritunga umuryango, ayokwishyura ubukode, minerivale zabanyeshuri nibyinshi…..

    Reply
  6. Xavier says:
    1 year ago

    Ntabwo byoroshye nukuri jyewe nkora. Uwo mwuga ariko no kubona imyambaro birangora rero umubyeyi wacu Imana yatwihereye nagire icyo akora kuko birarenze mrc bcp.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + ten =

Previous Post

Uwahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yavuze indi ntambwe yateye bigahurirana umunsi umwe

Next Post

Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

Related Posts

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kuva muri 2017 kugeza muri 2024 agaciro k’ibyoherezwa hanze kikubye inshuro icyenda, ndetse ikaba ifite...

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
13/08/2025
0

Dr Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu nzego z’ubuyobozi mu Rwanda zirimo kuba yarabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akanaba Ambasaderi muri...

IZIHERUKA

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda
MU RWANDA

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

13/08/2025
Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

13/08/2025
Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.