Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in MU RWANDA
6
Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’igihe abamotari bavuga ko igiciro cy’ubwishingizi bwa moto cyarenze ubushobozi bwabo; Umuyozi ba sosiyete y’Ubwishingizi ya Radiant, Mark Rugenera, yavuze ko koko kikiri hejuru anagaragaza impamvu, asaba ko hagira igikorwa.

Mark Rugenera yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024, ubwo iyi sosiyete ya Radiant Insurance Company Ltd yatahaga inyubako izajya ikoreramo iherereye mu Karere ka Nyarugenge, mu gikorwa cyayobowe na Perezida Paul Kagame.

Ikibazo cy’ubwishingizi buhanitse bwa moto ku bakora akazi ko gutwara abagenzi [Abamotari] cyakunze kuvugwa, ndetse cyari cyagejejwe kuri Perezida Kagame ubwo yagiriraga uruzinduko mu Karere ka Ruhango muri Kanama 2022.

Icyo gihe umumotari witwa Bizimana Pierre yavugaga ko bishyura ubwishingizi bw’ibihumbi 165 Frw, bwiyongera ku yandi mafaranga menshi bacibwaga, agasaba Umukuru w’u Rwanda kubakemurira iki kibazo, ndetse na we asaba inzego zibishinzwe kubikemura, ndetse icyo gihe uwari Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana yizeza Perezida ko iki kibazo kizakemuka mu mezi abiri.

Gusa bamwe mu bamotari bavuga ko n’ubundi amafaranga y’ubwishingizi batanga akiri hejuru cyane, ku buryo hari abasa nk’abakorera iyi misanzu gusa.

Umwe yagize ati “Ni ukuvuga ngo n’ayo kurya mu rugo azaba atakiboneka muri iki gihe ubwishingizi bwazamutse. Turasaba ko Perezida yayivugaho kuko nta rundi rwego rutuvugira.”

Mu gutaha iyi nyubako ya Radiant, Mark Rugenera; yavuze ko iyi Sosiyete ari yo ikibasha kwishingira Abamotari bose bo mu Rwanda, ariko ko na yo biyiremerera.

Ati “Badufasha natwe kubona ubwishingizi butuma Radiant ari yo ikigerageza kwishingira abamotari hafi ya bose mu Rwanda. Mu gihe tugitegereje ko havugururwa amategeko ajyanye n’imyishyurire ziterwa n’ibinyabiziga, atuma hishyurwa amafaranga menshi y’umurengera bigatera izamuka ry’ibiciro.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko Leta ifite inshingano zo gufasha abaturage n’abashoramari, asaba ko ibibazo bigihari bishakirwa umuti n’inzego zibishinzwe.

Yagize ati “Ni inshingano y’inzego zitandukanye za Leta gufasha aho bishoboka, ari mu buryo bw’amategeko na politiki byateza imbere abantu. Ibyo wahoze uvuga Mark Rugenera by’ibibazo bikiriho bitandukanye; ibyo birumvikana ubwo byamenyekanye ababishinzwe ndibwira ko bagomba kubikurikiranira hafi, ibihinduka bigahinduka kugira ngo bitaremerera abantu mu mikorere yabo.”

Inzego zishinzwe gukemura iki kibazo ziherutse kuvuga ko itegeko ryamaze gutegurwa, ubu hakaba hategerejwe ko Guverinoma irijyana mu Nteko Ishinga Amategeko.

Perezida Kagame yasabye inzego zirebwa n’iki kibazo kwihutisha umuti wacyo
Mark Rugenera yongeye kugaruka ku kibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari kiri hejuru

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 6

  1. IRAKOZE says:
    1 year ago

    Ubwishingizi bwa moto buteye ubwoba ! Bukubye imodoka hafi inclure 3! Nyakubahwa P.K niwe wenyine wokugikemura abandi byarabagoy!

    Reply
  2. Munyemana Anthon says:
    1 year ago

    Bikwiye gusubirwamo hakabaho kugabanya ibiciri

    Reply
  3. Buregeya Silas says:
    1 year ago

    Njye ntekereza ko niba za accidents za Moto ziba nyinshi kuburyo biremerera za assurances bagakwiye gusubiramo za contracts ku buryo haba kugabana ubwishu hagati ya nyiri Moto na assureur.

    Reply
  4. Ngarambe Charleas says:
    1 year ago

    Nukuri pe abamotari ntakintubakibona nugukorera soransi

    Reply
  5. Ntirenganya Jean Baptista says:
    1 year ago

    Nibyo abamotari ntakintu bagikura mumwuga bakora kuko akeshi usanga bamwe na bamwe bafiye n’isuku nke ukibaza ikibitera ukakibura kuko aba atekereza asirance, ifunguro ritunga umuryango, ayokwishyura ubukode, minerivale zabanyeshuri nibyinshi…..

    Reply
  6. Xavier says:
    1 year ago

    Ntabwo byoroshye nukuri jyewe nkora. Uwo mwuga ariko no kubona imyambaro birangora rero umubyeyi wacu Imana yatwihereye nagire icyo akora kuko birarenze mrc bcp.

    Reply

Leave a Reply to IRAKOZE Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Uwahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yavuze indi ntambwe yateye bigahurirana umunsi umwe

Next Post

Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.