Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko Igihugu cye kizakora ibishoboka kugira ngo gicyure abasirikare bacyo bari mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni nyuma yuko iki Gihugu gitakarije abasirikare 14 muri DRC aho bagiye mu butumwa bw’Umuryango w’ubukungu w’Afurika y’amajyepfo, SADC-SAMIDRC, gufasha FARDC mu mirwano iyihanganishije n’umutwe wa M23.

Impfu z’aba basirikare zateye impaka nyinshi, aho abanyapolitiki benshi bo muri Afurika y’Epfo, kuva ku batavuga rumwe n’ubutegetsi kugeza ku bo mu Nteko Ishinga Amategeko, basaba ko ingabo z’Igihugu cyabo ziva muri DRC zigataha kuko ubutumwa zagiyemo budasobanutse kandi zagiye bitanyuze mu mucyo.

Mu ijambo Cyril Ramaphosa yagejeje ku Baturage rigaragaza uko Igihugu cyabo gihagaze, yagarutse no kuri izi ngabo ziri muri DRC, aho yavuze ko bazakora “ibishoboka kugira ngo abahungu bacu batahe iwabo.”

Afurika y’Epfo kimwe n’Ibindi Bihugu nka Malawi byohereje ingabo mu butumwa muri DRC, byanenzwe kunyuranya n’ibyemezo byagiye bifatirwa mu biganiro by’i Luanda muri Angola, byabaga biyobowe na Perezida w’iki Gihugu, João Lourenço nk’Umuhuza wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, byagaragaje kenshi ko hakenewe ibiganiro mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri DRC.

Ramaphosa yatangaje ibi nyuma yuko mugenzi we wa Malawi, Lazarus Chakwera na we ategetse ko ingabo z’iki Gihugu ziri muri DRC, zitangira kwitegura gutaha.

Perezida Cyril Ramaphosa kandi yagaragaje ko Igihugu cye na cyo gishyigikiye inzira z’ibiganiro aho gukoresha imbaraga za Gisirikare nk’uko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kuzishyira imbere.

Yanaboneyeho gutangaza ko azitabira Inama izahuza Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC izabera i Dar es Salaam muri Tanzania kuri uyu wa Gatandatu.

Yavuze bimwe mu byo agomba kuzagaragaza muri iyi nama, aho yagize ati “Tuzongera twibutse ko twifuza ko imirwano ihagarara no gukomeza inzira z’ibiganiro bigamije gushaka umuti wa nyawo kandi urambye, kandi tuzakora ibishoboka kugira ngo abahungu bacu, ingabo zacu zigaruke iwabo.”

Ingabo za Afurika y’Epfo ziri mu zafashije cyane igisirikare cya Congo-FARDC mu rugamba giherutse gutsindwamo na M23 mu Mujyi wa Goma, ndetse zikaba na zo zaragaragaye zemeye kumanika amaboko.

Aho ziri i Goma muri DRC, bivugwa ko zigoswe n’umutwe wa M23, ku buryo zitinyagambura ndetse ko n’ibyo zikora zibanza kubiherwa uburenganzira n’uyu mutwe w’Abanyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − nine =

Previous Post

Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano

Next Post

Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.