Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko Igihugu cye kizakora ibishoboka kugira ngo gicyure abasirikare bacyo bari mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni nyuma yuko iki Gihugu gitakarije abasirikare 14 muri DRC aho bagiye mu butumwa bw’Umuryango w’ubukungu w’Afurika y’amajyepfo, SADC-SAMIDRC, gufasha FARDC mu mirwano iyihanganishije n’umutwe wa M23.

Impfu z’aba basirikare zateye impaka nyinshi, aho abanyapolitiki benshi bo muri Afurika y’Epfo, kuva ku batavuga rumwe n’ubutegetsi kugeza ku bo mu Nteko Ishinga Amategeko, basaba ko ingabo z’Igihugu cyabo ziva muri DRC zigataha kuko ubutumwa zagiyemo budasobanutse kandi zagiye bitanyuze mu mucyo.

Mu ijambo Cyril Ramaphosa yagejeje ku Baturage rigaragaza uko Igihugu cyabo gihagaze, yagarutse no kuri izi ngabo ziri muri DRC, aho yavuze ko bazakora “ibishoboka kugira ngo abahungu bacu batahe iwabo.”

Afurika y’Epfo kimwe n’Ibindi Bihugu nka Malawi byohereje ingabo mu butumwa muri DRC, byanenzwe kunyuranya n’ibyemezo byagiye bifatirwa mu biganiro by’i Luanda muri Angola, byabaga biyobowe na Perezida w’iki Gihugu, João Lourenço nk’Umuhuza wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, byagaragaje kenshi ko hakenewe ibiganiro mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri DRC.

Ramaphosa yatangaje ibi nyuma yuko mugenzi we wa Malawi, Lazarus Chakwera na we ategetse ko ingabo z’iki Gihugu ziri muri DRC, zitangira kwitegura gutaha.

Perezida Cyril Ramaphosa kandi yagaragaje ko Igihugu cye na cyo gishyigikiye inzira z’ibiganiro aho gukoresha imbaraga za Gisirikare nk’uko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kuzishyira imbere.

Yanaboneyeho gutangaza ko azitabira Inama izahuza Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC izabera i Dar es Salaam muri Tanzania kuri uyu wa Gatandatu.

Yavuze bimwe mu byo agomba kuzagaragaza muri iyi nama, aho yagize ati “Tuzongera twibutse ko twifuza ko imirwano ihagarara no gukomeza inzira z’ibiganiro bigamije gushaka umuti wa nyawo kandi urambye, kandi tuzakora ibishoboka kugira ngo abahungu bacu, ingabo zacu zigaruke iwabo.”

Ingabo za Afurika y’Epfo ziri mu zafashije cyane igisirikare cya Congo-FARDC mu rugamba giherutse gutsindwamo na M23 mu Mujyi wa Goma, ndetse zikaba na zo zaragaragaye zemeye kumanika amaboko.

Aho ziri i Goma muri DRC, bivugwa ko zigoswe n’umutwe wa M23, ku buryo zitinyagambura ndetse ko n’ibyo zikora zibanza kubiherwa uburenganzira n’uyu mutwe w’Abanyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano

Next Post

Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.