Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko Igihugu cye kizakora ibishoboka kugira ngo gicyure abasirikare bacyo bari mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni nyuma yuko iki Gihugu gitakarije abasirikare 14 muri DRC aho bagiye mu butumwa bw’Umuryango w’ubukungu w’Afurika y’amajyepfo, SADC-SAMIDRC, gufasha FARDC mu mirwano iyihanganishije n’umutwe wa M23.

Impfu z’aba basirikare zateye impaka nyinshi, aho abanyapolitiki benshi bo muri Afurika y’Epfo, kuva ku batavuga rumwe n’ubutegetsi kugeza ku bo mu Nteko Ishinga Amategeko, basaba ko ingabo z’Igihugu cyabo ziva muri DRC zigataha kuko ubutumwa zagiyemo budasobanutse kandi zagiye bitanyuze mu mucyo.

Mu ijambo Cyril Ramaphosa yagejeje ku Baturage rigaragaza uko Igihugu cyabo gihagaze, yagarutse no kuri izi ngabo ziri muri DRC, aho yavuze ko bazakora “ibishoboka kugira ngo abahungu bacu batahe iwabo.”

Afurika y’Epfo kimwe n’Ibindi Bihugu nka Malawi byohereje ingabo mu butumwa muri DRC, byanenzwe kunyuranya n’ibyemezo byagiye bifatirwa mu biganiro by’i Luanda muri Angola, byabaga biyobowe na Perezida w’iki Gihugu, João Lourenço nk’Umuhuza wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, byagaragaje kenshi ko hakenewe ibiganiro mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri DRC.

Ramaphosa yatangaje ibi nyuma yuko mugenzi we wa Malawi, Lazarus Chakwera na we ategetse ko ingabo z’iki Gihugu ziri muri DRC, zitangira kwitegura gutaha.

Perezida Cyril Ramaphosa kandi yagaragaje ko Igihugu cye na cyo gishyigikiye inzira z’ibiganiro aho gukoresha imbaraga za Gisirikare nk’uko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kuzishyira imbere.

Yanaboneyeho gutangaza ko azitabira Inama izahuza Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC izabera i Dar es Salaam muri Tanzania kuri uyu wa Gatandatu.

Yavuze bimwe mu byo agomba kuzagaragaza muri iyi nama, aho yagize ati “Tuzongera twibutse ko twifuza ko imirwano ihagarara no gukomeza inzira z’ibiganiro bigamije gushaka umuti wa nyawo kandi urambye, kandi tuzakora ibishoboka kugira ngo abahungu bacu, ingabo zacu zigaruke iwabo.”

Ingabo za Afurika y’Epfo ziri mu zafashije cyane igisirikare cya Congo-FARDC mu rugamba giherutse gutsindwamo na M23 mu Mujyi wa Goma, ndetse zikaba na zo zaragaragaye zemeye kumanika amaboko.

Aho ziri i Goma muri DRC, bivugwa ko zigoswe n’umutwe wa M23, ku buryo zitinyagambura ndetse ko n’ibyo zikora zibanza kubiherwa uburenganzira n’uyu mutwe w’Abanyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 17 =

Previous Post

Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano

Next Post

Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.