• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n’abifuza kuyigura

radiotv10by radiotv10
17/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n’abifuza kuyigura

Kuri uyu wa Kane yaraje neza abafana bayo

Share on FacebookShare on Twitter

Abaherwe babiri barimo Umunya-Qatar bifuza kugura Manchester United iri mu makipe akunzwe na benshi ku Isi, batangiye kuyisura ngo barebe ko hari uwayegukana.

Amakuru yuko Manchester United iri ku isoko yamenyekanye mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 ubwo umuryango uzwi nka ‘Family Glazer’ watangazaga ko iyi kipe yabo iri ku isoko.

Icyo gihe bahamagariye abifuza kugura iyi kipe, gutangira kwinjira mu kuyipiganirwa ndetse hanashyirwaho ingengabihe yaje kurangira hagaragaye abantu babiri bifuza kuba bakwegukana iyi kipe.

Muri bo harimo Umunya-Qatar Sheikh Jassim bin Hamad al Thani ndetse n’Umwongereza Sir Jim Ratcliffe usanzwe afite n’ikipe ya OGC Nice yo mu Bufaransa.

Aba bombi batangiye gusura iyi kipe bareba ibikorwa remezo byayo, ndetse kuri uyu wa Kane tariki 16 Werurwe 2023, abahagarariye Sheikh Jassim bakaba basuye iyi kipe.

Aba bagiranye ibiganiro na bamwe mu bayobozi ba Manchester United, mu gihe uruhande rwa Sir Jim Ratcliffe bo basura iyi kipe kuri uyu Gatanu tariki 17 Werurwe 2023.

Abo ku ruhande rwa Sheikh Jassim basuye iyi kipe; ni Perezida wa Nine Foundation Shahzad, umujyanama mukuru wa Sheikh Jassim witwa  Shahbaz, Fady Bakhos waturutse muri Bank ya America akaba ari umuyobozi mukuru na Yasir Shah na we uri mu bayobozi b’iyi banki.

Manchester United ntiyahiriwe na Shampiyona y’uyu mwaka, kuko itari ku mwanya mwiza, ariko imaze iminsi yitwara neza dore ko inaherutse kwegukana igikombe cya League Cup ndetse mu ijoro ryacyeye ikaba yakomeje urugendo muri 1/4 cya Europa League nyuma yo gutsinda igitego 1-0 Real Betis.

Manchester United imaze iminsi yitwara neza ndetse iherutse gutwara igikombe cya League Cup

Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − sixteen =

Previous Post

Abachou kuki mutansangije aya makuru?- Na Mushikiwabo byamunejeje

Next Post

Rusizi: Ibyabaye ku mugore n’umukobwa we bari bagiye gufata irembo biteye agahinda

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Rusizi: Ibyabaye ku mugore n’umukobwa we bari bagiye gufata irembo biteye agahinda

Rusizi: Ibyabaye ku mugore n’umukobwa we bari bagiye gufata irembo biteye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.