Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho

radiotv10by radiotv10
26/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’imfungwa n’abagororwa bari mu magororero yo mu Rwanda, ikomeje kuzamuka kuko mu mwaka umwe gusa yiyongereyeho ibihumbi bine, nubwo hashyizweho ingamba zinyuranye zigamije kugabanya ubucucike mu magororero.

Imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS), igaragaza ko imfungwa n’abagororwa bari mu magororero 13 yo mu Rwanda, bagera ku 89 034, mu gihe umwaka ushize wa 2022, bari ibihumbi 85.

Iri zamuka kandi riragaragara mu gihe mu myaka ibiri ishinze, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ingamba zinyuranye zigamije kugabanya ubucucike mu magororero.

Izo ngamba zirimo guha imbabazi bamwe mu bahamijwe ibyaha byoroheje, aho muri 2022, hafunguwe abagera mu 2 617, barimo abafunguwe ku bw’imabazi za Perezida wa Repubulika, mu gihe muri uyu mwaka hamaze gufungwa 381.

Nanone kandi muri gahunda yazanywe y’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’imfungwa izwi nka ‘plea bargaining’, muri uyu mwaka hafunguwe imfungwa 621.

Iyi gahunda ya ‘plea bargaining’ yatangijwe umwaka ushize, kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa, hamaze gufungwa abagera mu 1 500 kuva mu kwezi k’Ukwakira kugeza muri Gicurasi uyu mwaka wa 2023.

Nanone kandi Ubucamanza bw’u Rwanda, buri gukoresha imbaraga zose zishoboka kugira ngo hatangire no gushyirwa mu bikorwa ibihano bitari ugufungirwa mu magororero, nk’imirimo nsimburagifungo, iteganywa n’itegeko.

Umuvugizi wa RCS, Daniel Kabanguka avuga ko nubwo imibare y’imfungwa n’abagororwa bari mu magororero, yazamutse, bitavuze ko ziriya ngamba zashyizweho zidatanga umusaruro.

Yavuze ko nubwo izi ngamba zose zikorwa, ariko abinjira mu magororero bakomeje kuba benshi ugereranyije n’abafungurwa.

Yavuze ko kandi nk’abantu 12 501 bari mu magororero, bataburana, bakaba bategereje ibyemezo by’inkiko, ku buryo hashobora kuba harimo n’abazarekurwa.

Yavuze kandi ko nanone nubwo iyi mibare yiyongereye, bitavuze ko ubucucike bwazamutse, kuko kuvugurura amagorero yagurwa, na byo bitanga umusaruro wo kugabanya ubucucike, ku buryo ubu buri ku 140% buvuye ku 170% bwariho mu myaka ishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 11 =

Previous Post

Uwahishuye amahano yavuzwe kuri Gitifu yakoreye umugabo ku bugabo bwe yavuze icyakurikiyeho

Next Post

Mozambique: Abajenerali bo hejuru mu ngabo bahaye ikaze Gen A.Kagame wa RDF (AMAFOTO)

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: Abajenerali bo hejuru mu ngabo bahaye ikaze Gen A.Kagame wa RDF (AMAFOTO)

Mozambique: Abajenerali bo hejuru mu ngabo bahaye ikaze Gen A.Kagame wa RDF (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.