Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho

radiotv10by radiotv10
26/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’imfungwa n’abagororwa bari mu magororero yo mu Rwanda, ikomeje kuzamuka kuko mu mwaka umwe gusa yiyongereyeho ibihumbi bine, nubwo hashyizweho ingamba zinyuranye zigamije kugabanya ubucucike mu magororero.

Imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS), igaragaza ko imfungwa n’abagororwa bari mu magororero 13 yo mu Rwanda, bagera ku 89 034, mu gihe umwaka ushize wa 2022, bari ibihumbi 85.

Iri zamuka kandi riragaragara mu gihe mu myaka ibiri ishinze, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ingamba zinyuranye zigamije kugabanya ubucucike mu magororero.

Izo ngamba zirimo guha imbabazi bamwe mu bahamijwe ibyaha byoroheje, aho muri 2022, hafunguwe abagera mu 2 617, barimo abafunguwe ku bw’imabazi za Perezida wa Repubulika, mu gihe muri uyu mwaka hamaze gufungwa 381.

Nanone kandi muri gahunda yazanywe y’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’imfungwa izwi nka ‘plea bargaining’, muri uyu mwaka hafunguwe imfungwa 621.

Iyi gahunda ya ‘plea bargaining’ yatangijwe umwaka ushize, kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa, hamaze gufungwa abagera mu 1 500 kuva mu kwezi k’Ukwakira kugeza muri Gicurasi uyu mwaka wa 2023.

Nanone kandi Ubucamanza bw’u Rwanda, buri gukoresha imbaraga zose zishoboka kugira ngo hatangire no gushyirwa mu bikorwa ibihano bitari ugufungirwa mu magororero, nk’imirimo nsimburagifungo, iteganywa n’itegeko.

Umuvugizi wa RCS, Daniel Kabanguka avuga ko nubwo imibare y’imfungwa n’abagororwa bari mu magororero, yazamutse, bitavuze ko ziriya ngamba zashyizweho zidatanga umusaruro.

Yavuze ko nubwo izi ngamba zose zikorwa, ariko abinjira mu magororero bakomeje kuba benshi ugereranyije n’abafungurwa.

Yavuze ko kandi nk’abantu 12 501 bari mu magororero, bataburana, bakaba bategereje ibyemezo by’inkiko, ku buryo hashobora kuba harimo n’abazarekurwa.

Yavuze kandi ko nanone nubwo iyi mibare yiyongereye, bitavuze ko ubucucike bwazamutse, kuko kuvugurura amagorero yagurwa, na byo bitanga umusaruro wo kugabanya ubucucike, ku buryo ubu buri ku 140% buvuye ku 170% bwariho mu myaka ishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Uwahishuye amahano yavuzwe kuri Gitifu yakoreye umugabo ku bugabo bwe yavuze icyakurikiyeho

Next Post

Mozambique: Abajenerali bo hejuru mu ngabo bahaye ikaze Gen A.Kagame wa RDF (AMAFOTO)

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: Abajenerali bo hejuru mu ngabo bahaye ikaze Gen A.Kagame wa RDF (AMAFOTO)

Mozambique: Abajenerali bo hejuru mu ngabo bahaye ikaze Gen A.Kagame wa RDF (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.