Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho

radiotv10by radiotv10
26/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’imfungwa n’abagororwa bari mu magororero yo mu Rwanda, ikomeje kuzamuka kuko mu mwaka umwe gusa yiyongereyeho ibihumbi bine, nubwo hashyizweho ingamba zinyuranye zigamije kugabanya ubucucike mu magororero.

Imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS), igaragaza ko imfungwa n’abagororwa bari mu magororero 13 yo mu Rwanda, bagera ku 89 034, mu gihe umwaka ushize wa 2022, bari ibihumbi 85.

Iri zamuka kandi riragaragara mu gihe mu myaka ibiri ishinze, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ingamba zinyuranye zigamije kugabanya ubucucike mu magororero.

Izo ngamba zirimo guha imbabazi bamwe mu bahamijwe ibyaha byoroheje, aho muri 2022, hafunguwe abagera mu 2 617, barimo abafunguwe ku bw’imabazi za Perezida wa Repubulika, mu gihe muri uyu mwaka hamaze gufungwa 381.

Nanone kandi muri gahunda yazanywe y’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’imfungwa izwi nka ‘plea bargaining’, muri uyu mwaka hafunguwe imfungwa 621.

Iyi gahunda ya ‘plea bargaining’ yatangijwe umwaka ushize, kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa, hamaze gufungwa abagera mu 1 500 kuva mu kwezi k’Ukwakira kugeza muri Gicurasi uyu mwaka wa 2023.

Nanone kandi Ubucamanza bw’u Rwanda, buri gukoresha imbaraga zose zishoboka kugira ngo hatangire no gushyirwa mu bikorwa ibihano bitari ugufungirwa mu magororero, nk’imirimo nsimburagifungo, iteganywa n’itegeko.

Umuvugizi wa RCS, Daniel Kabanguka avuga ko nubwo imibare y’imfungwa n’abagororwa bari mu magororero, yazamutse, bitavuze ko ziriya ngamba zashyizweho zidatanga umusaruro.

Yavuze ko nubwo izi ngamba zose zikorwa, ariko abinjira mu magororero bakomeje kuba benshi ugereranyije n’abafungurwa.

Yavuze ko kandi nk’abantu 12 501 bari mu magororero, bataburana, bakaba bategereje ibyemezo by’inkiko, ku buryo hashobora kuba harimo n’abazarekurwa.

Yavuze kandi ko nanone nubwo iyi mibare yiyongereye, bitavuze ko ubucucike bwazamutse, kuko kuvugurura amagorero yagurwa, na byo bitanga umusaruro wo kugabanya ubucucike, ku buryo ubu buri ku 140% buvuye ku 170% bwariho mu myaka ishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Uwahishuye amahano yavuzwe kuri Gitifu yakoreye umugabo ku bugabo bwe yavuze icyakurikiyeho

Next Post

Mozambique: Abajenerali bo hejuru mu ngabo bahaye ikaze Gen A.Kagame wa RDF (AMAFOTO)

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: Abajenerali bo hejuru mu ngabo bahaye ikaze Gen A.Kagame wa RDF (AMAFOTO)

Mozambique: Abajenerali bo hejuru mu ngabo bahaye ikaze Gen A.Kagame wa RDF (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.