Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca
Share on FacebookShare on Twitter

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende kubera uburyo amugaragaza ananutse cyane, aho bamwe bavuze ko yakoresheje imiti igabanya ibilo.

Michelle w’imyaka 61 y’amavuko, akomeje kugaragara mu isura nshya mu mafoto ari kujya hanze nyuma yo gushyira hanze igitabo kivuga ku bijyanye no kurimba kizwi nka The Look.

Gafotozi witwa Annie Leibovitz uherutse gufata amafoto Michelle Obama, aherutse gushyira hanze bimwe mu bihe byaranze igikorwa cyo kumufotora, akoresheje imbuga nkoranyambaga ze.

Amafoto yashyizwe hanze n’uyu gafotozi agaragaza Michelle Obama, yarananutse mu buryo budasanzwe, ibintu byazamuye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyamba.

Umwe yanritse kuri X ati “Haba hari uzi uko Michelle Obama yatakaje ibilo bingana gutya ku myaka 61, imyaka igoye cyane ko umugore yagabanya ibilo?”

Undi na we yanditse ati “Ozempic [imiti igabanya ibilo]- ni iyo iri gukoreshwa na buri wese wifuza kugira imiterere myiza. Ntabwo ntukanye, ahubwo ndabivuga mu zina rya kristu.”

Undi na we yaje yunga mu ry’uyu agira ati “Yego rwose, afite imiterere ya Ozempic look.”

Undi na we yanditse agira ati “Yaba ari njye uri kureba nabi, cyangwa Michelle Obama yaba ari gufata semaglutide kugira ngo agabanye ibilo?”

Undi na we ati “None se ni inde ufite inshingano zo guha Michelle Obama Ozempic kugira ngo agabanye ibilo? Ni inde ari kugerageza kwigana.”

Michelle Obama atanga ibitekerezo ku byagiye bitangazwa n’aba bantu, yagize ati “Annie Leibovitz yari abize neza ko iyi foto izateza impaka. Yari abizei ko yasobanura ikindi kintu.”

Michelle yakomeje agira ati “Igitabo cye Women ni cyo cyakoze ibi, cyagura imitekererezo y’uburyo tubona abagore n’imibereho yabo tubikesheje imboni za camera ye. Ni iby’agaciro gufotorwa na Annie mu yandi mafoto, afotora mu buryo bunyuranye abagore bagaragaza uyu munsi. Nizeye ko muzabobonya nk’urugero rwiza nk’uko nanjye mbibona.”

Muri 2022, Michelle Obama yatangaje ko yahuye n’urugamba rukomeye rw’ibihe yarimo byo kwinjira mu bihe byo gucura, aho yavuze ko byatumye azana umubyibuho ukabije, bituma yitondera imirire ye ndetse anongera imbara mu myitozo ngororamubiri.

Michelle Obama mbere agifite imiterere yari amenyereweho

Nyuma yaratakaje ibilo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca
AMAHANGA

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

25/11/2025
Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

25/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.