Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu itangaje yatumye Padiri w’i Ruhengeri ava mu gipadiri yari amazemo imyaka 15

radiotv10by radiotv10
21/12/2022
in MU RWANDA
7
Impamvu itangaje yatumye Padiri w’i Ruhengeri ava mu gipadiri yari amazemo imyaka 15
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Niwemushumba Phocas wakoreraga umurimo muri Diyoseze ya Ruhengeri, yanditse asezera muri uyu muhamagaro ngo kuko adashobora gukomeza kwihanganira uburyarya no kwirata abona muri Kiliziya.

Uyu mupadiri wari umaze imyaka cumi n’itanu (15) mu muhamagaro w’Ubupadiri, yanditse ibaruwa isobanura ubwegure bwe, ayigenera Umushumba w’iyi Diyoseze ya Ruhengero, Vincent Harorimana. Ni ibaruwa yanditswe mu ntangiro z’uku kwezi tariki 06 Ukuboza 2022.

Niwemushumba Phocas wari umaze iminsi ari ku Mugabane w’u Burayi, aho yari yarajyanywe n’amasomo ari na ho yandikiye iyi baruwa isezera mu gipadiri, yamenyesheje umushumba we ko hari ibyo atagishoye kwihanganira.

Muri ibi avuga ko atagishoboye kwihanganira byanatumye afata iki cyemezo cyo gusezera umuhamagaro w’Ubusaseridoti, yavuze ko ari uburyarya no kwirata abona muri Kiliziya Gatulika.

Agira ati “Igihe maze mu Burayi cyampaye umwanya wo gufungura amaso, kureba, gutekereza, gusesengura no gusenga Imana amanywa n’ijoro, no kumva ubuzima mu kuri kwabwo. Ndabamenyesha ko ntakiri mu murongo wo gushyigikira, mu budahemuka n’ubwitange uburyarya n’ubwirasi mwateje imbere mu migenzereze yanyu.”

Mu mvugo yumvikanamo kuzimiza kuri muri bibiliya, Niwemushumba Phocas akomeza avuga ko nihatabaho impindua mu migenzereze ya Kiliziya Gatulika, batazabona ijuru.

Ati “Kandi ndababwira ko gukiranuka kwanyu nikutaruta ukw’abanditsi n’ukw’Abafarisayo, mutazinjira mu bwami bwo mu Ijuru.”

Muri Mutarama uyu mwaka wa 2022, undi musaseridoti wakoreraga umurimo wo kwiha Imana muri Diyoseze ya Gikongoro, na we yari yasezeye nyuma y’amezi atanu gusa ahawe ubupadiri.

Uyu mupadiri witwa Emmanuel Ingabire wakoreraga muri Paruwasi ya Kitabi muri iyi Diyoseze ya Gikongoro, yari yavuze ko adasezeye uyu muhamagaro kuko awanze ahubwo ko yananijwe na Musenyeri.

Muri Nyakanga umwaka ushize wa 2021, undi mupadiri witwa Fidèle de Charles Ntiyamira na we yari yandikiye Nyiricyubahiro Musenyeri Servilien Nzakamwita, Umushumba wa Diyosezi ya Byumba, asezera ku muhamagaro w’Ubupadiri.

Muri urwo rwandiko yari yageneye uyu mushumba wamuyoboraga, Fidèle de Charles yavugaga ko yiyemeje gusezera kuko yifuza gushinga umuryango, akanavuga ko azakomeza gukorera Imana mu bundi buryo atari ubwo gusoma misa kuri aritari ntagatifu no mu mwambaro w’Ubupadiri.

RADIOTV10

Comments 7

  1. Nshimiyimana Desire says:
    3 years ago

    Impamvu padiri yatanze simpamya ko ariyo cyakora yari kuvuga ko ananiwe guhora yishushanya imbere y’Imana n’abakristu. Biratangaje kuvuga ko yahumuwe n’uburayi ari uko igihe yahawe cyo kwiga kirangiye kuko yagombaga kugaruka muri uku kwezi. Navuge ko yabonye ikindi cyo gukora areke gusebanya. Gufata icyemezo ko unaniwe gukomeza icyo wahamagariwe ni ubutwari ariko gushaka guqiba inzira kubera ko wayisitariyemo ni ubugwari bukabije.

    Reply
  2. Franco says:
    3 years ago

    Ariko kuruhare rumwe ndamwumva ko yaba harimo ubwibone nubwirasi bigafatana nizindi mpamvuze ikindi numuhanga ubwose yarikuvamo naka digree gasobanutse afite kanamubera impamba?avemo nka Wellars wirukanywe nabi kandi hari benshi muba padiri bakoze amkosa arutaye nyamara akabariwe uba igitambo?

    Reply
  3. Basile says:
    3 years ago

    Jyewe navuga ko inzira ya muntu ari uruziga ndetse ari nkinzoka yiruma umurizo nacyane ko hari abantu bataramenya gutandukanya inyota n’umuhamagaro ntacyo icyo yahisemo ubwo nicyo cy’icyo kimukwiye ariko utazi iyava ntamenya n’iyo ajya ! Kubwange Kiliziya ni Ishema ryange umwe arasezera 10 bakinjira namwifuriza kuzaba Umulaiki Mwiza bon voyage Monsieur l’abbé

    Reply
  4. Assinathus says:
    3 years ago

    Imana yo mu ijuru niyo izi ukuri kuturusha. Ntacyo umwana w’umuntu yakabaye arenzaho

    Reply
  5. sindikubwabo tharcisse says:
    3 years ago

    Ntibikwiriye gusebya umuryango mu gari nkakiriziya gaturika kuko ibyo baba baramufashije biba bihagije ahubwo amaze kurengwa ndetse nirari ryumubiri riramuganje ,azahirwe

    Reply
  6. Loberto says:
    3 years ago

    Hahahahahah!!!!!!! Uyu ashaka gusebanya wasanga yashakaga kwigumira I Burayi bakamusaba kuhava atabishaka none akaba azanye impamvu zidashinga. Nihehe se atazasanga abirasi nindyarya kuri iyisi. Ahubwo wasanga aribwo agiye kubica bigacika. Nareke gusaza yenderanya. Gusa Imana imuyobore ntarengere ngo ajye mubuyobe

    Reply
  7. Nshimiyimana Emmanuel says:
    3 years ago

    Haricyo yadikinze abanyamakuru bagerayo neza mudushakire amakuru nyirizina yatumye asera , wasanga aramakosa yakoze yabinye byamusabya guhagarara yigisha ibihabanye numigenzereze ye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 8 =

Previous Post

Huye: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yasobanuye uko yabigenje

Next Post

Umuganga ukekwaho ‘gukorakora’ igitsina cy’umukobwa ubwo yamusuzumaga hamenyekanye icyakurikiyeho

Related Posts

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

IZIHERUKA

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi
IMYIDAGADURO

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

by radiotv10
18/11/2025
0

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

18/11/2025
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

17/11/2025
BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuganga ukekwaho ‘gukorakora’ igitsina cy’umukobwa ubwo yamusuzumaga hamenyekanye icyakurikiyeho

Umuganga ukekwaho ‘gukorakora’ igitsina cy’umukobwa ubwo yamusuzumaga hamenyekanye icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.