Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora amazi atararenga inkombe kuko zibona ari ho bigana.

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC bwo mu mwaka wa 2022, bwerekanye ko abahungu n’abakobwa bafite imyaka 17 kumanura bashobora kunywa amacupa atatu yikurikiranya mu masaha atatu.

Bugaragaza kandi ko abakobwa bafite imyaka 18 kuzamura bashobora kunywa amacupa ane, naho urubyiruko muri rusange rufite imyaka 18 kuzamura, bo banywa amacupa atanu mu gihe cy’amasaha atatu.

Bamwe mu rubyiruko rwo mu murwa mukuru w’Igihugu, muri Kigali, bavuga ko bafata agatama kenshi kubera icyaka.

Umwe muri bo yagize ati “Ubu tuvugana (saa yine za mu gitondo)” ngiye gufata agacupa. Urubyiruko turanywa rwose, nkanjye nanywa amacupa arenga 20 ya Mutsingi nkongeraho na Gin, urubyiruko dufite icyaka.”

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, Mporanyi Theobald avuga ko bahangayikishijwe n’ubusinzi mu rubyiruko, aho atanga urugero mu gace ka Kicukiro nk’indiri y’utubari aho uhasanga umubare munini w’urubyiruko rwasinze.

Yagize ati “Mu gace ka Kicukiro hari indiri y’utubari, iyo ugiyeyo uhasanga urubyiruko rwinshi ndetse 80% by’abahanywera ni urubyiruko.”

Avuga ko hakwiye gukorwa isesengura kuri iki kibazo. Ati “Ese hakorwa iki ngo bihagarare? Ese uru rubyiruko rwishora mu businzi bitewe niki? Ni icyaka? Ni ubukire? Ni ukwiheba se? Hakagombye gushakwa igisubizo.”

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine avuga ko bagiye bahura n’ibibazo by’ubusinzi mu rubyiruko mu mikwabu bakora, akemeza ko hakwiye kubaho ubufanye mu gukora ubukangurambaga mu rubyiruko kugira ngo barwigishe.

Ati “Nonese Kicukiro yo iri kuzamuka mu tubari cyane mu bana, hari igihe twigeze dukora umukwabo, umugabo umwe dusanga no mu modoka afitemo amakote atubwira ko ava ku kabari ajya mu kazi, Hari ibibazo dukwiye kujyanamo muri urwo rugamba tugafatanikanya kugira ngo tubikemure.”

Imibare itangazwa n’Ibitaro bw’Indwara n’ibibazo byo mu Mutwe, bya Caraes Ndera, igaragaza ko nko kuva muri Nyakanga 2022 kugeza muri Kamena 2023, abantu 663 bari bafite ibibazo byo mu mutwe bishingiye ku gukoresha inzoga, urumogi n’ibindi biyobyabwenge bari munsi y’imyaka 19, naho abari hagati y’imyaka 20 na 39 bari 1 579.

Ibi bitaro bigaragaza ko mu meza icyenda ya mbere yo mu mwaka ushize wa 2024, 80% by’abo bakiriye, ari urubyiruko kandi ko ibibazo byo mu mutwe bari bafite babitewe no kunywa inzoga n’ibindi biyobyabwenge.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − one =

Previous Post

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Next Post

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

IZIHERUKA

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye
AMAHANGA

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

by radiotv10
29/10/2025
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

29/10/2025
Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.