Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

radiotv10by radiotv10
18/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Banki Nkuru y’u Rwanda izamuye inyungu ku nguzanyo zihabwa za Banki, bigamije guhangana n’itumbagira ry’ibiciro ku masoko, iyi Banki yagaragaje ko hari umusaruro byatanze, yongera kuyizamura, iyikura kuri 7%, iyishyira kuri 7,5% nyuma y’amezi atandatu.

Izamuka ry’ibiciro ku isoko ryabayeho mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, ryatumye BNR izamura urwunguko rwayo, irushyira kuri 7% kuva muri Gashyantare uyu mwaka wa 2023.

Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023 umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko mu Rwanda wageze ku rugero rwa 15.2% uvuye kuri 20.2% byariho mu gihembwe cyabanje.

Iyi mibare kandi igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa bikomoka ku buhinzi wageze kuri 40.4%, uvuye kuri 48.8%.

Ibiciro by’ibikomoka kuri petrole byo byageze kuri 5.1% bivuye kuri 13.6%, naho iby’ibindi bicuruzwa byageze ku rugero rwa 9.7% bivuye kuri 13.9%.

Nubwo imibare ubwayo igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko ugabanuka, Banki Nkuru y’Igihugu yakajije ingamba zo guca intege iri zamuka ry’ibiciro, aho urwunguko rwayo yarushyize kuri 7.5% ruvuye kuri 7%. Icyo gipimo cyari cyujuje amezi atandatu gishyizweho.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa, yagize ati “Icyemezo twafashe uyu munsi ni ukuvuga ngo ‘ibi twagerezo birashimishije turashaka kubishimangira’. Izi mpungenge twebe tubonamo turashaka gufata ingamba zituma nubwo zazamo zisanga twashyizeho umwugariro udufasha kugabana ingaruka yabyo ku biciro. Ni yo mpamvu twongeye kuzamura. […] iyo haje ikibazo cy’ikirere; n’iyo wazamura inshuro magana atanu ntacyo bahinduraho. Ariko ibindi bishingiye ku gisubizo dufite, turabona bigenda neza.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ibihembwe bibiri bw’ihinga bishize bitigeze bitanga umusarurro wari utegerejwe, byanatumye ibiciro bikomeza kuguma hejuru, bityo ko urwego rushinzwe ubuhinzi rugomba guhindura imikorere kugira ngo izi ngamba zirusheho gutanga umusaruro.

Ati “Ubundi uko twajyaga tubibona akenshi twagiraga amapfa mabi mu mwaka umwe nyuma tukamara nk’imyaka itatu ntakibazo. Harimo imihindagurikire y’ikirere ni byo, birashoboka ko ibyo twari tumenyereye birimo bihinduka. […] Igisubizo kiri mu rwego rwa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kugira ngo habeho ubuhinzi budashingiye ku kirere.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko biramutse bigenze neza uyu mwaka uzasiga umuvuguko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko uri ku rugero rwa 8%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Umukinnyi ufite ibigwi yihariyeho mu Mavubi asubije ikibazo yibazwaho na benshi

Next Post

Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

Related Posts

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

07/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.