Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

radiotv10by radiotv10
18/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Banki Nkuru y’u Rwanda izamuye inyungu ku nguzanyo zihabwa za Banki, bigamije guhangana n’itumbagira ry’ibiciro ku masoko, iyi Banki yagaragaje ko hari umusaruro byatanze, yongera kuyizamura, iyikura kuri 7%, iyishyira kuri 7,5% nyuma y’amezi atandatu.

Izamuka ry’ibiciro ku isoko ryabayeho mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, ryatumye BNR izamura urwunguko rwayo, irushyira kuri 7% kuva muri Gashyantare uyu mwaka wa 2023.

Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023 umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko mu Rwanda wageze ku rugero rwa 15.2% uvuye kuri 20.2% byariho mu gihembwe cyabanje.

Iyi mibare kandi igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa bikomoka ku buhinzi wageze kuri 40.4%, uvuye kuri 48.8%.

Ibiciro by’ibikomoka kuri petrole byo byageze kuri 5.1% bivuye kuri 13.6%, naho iby’ibindi bicuruzwa byageze ku rugero rwa 9.7% bivuye kuri 13.9%.

Nubwo imibare ubwayo igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko ugabanuka, Banki Nkuru y’Igihugu yakajije ingamba zo guca intege iri zamuka ry’ibiciro, aho urwunguko rwayo yarushyize kuri 7.5% ruvuye kuri 7%. Icyo gipimo cyari cyujuje amezi atandatu gishyizweho.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa, yagize ati “Icyemezo twafashe uyu munsi ni ukuvuga ngo ‘ibi twagerezo birashimishije turashaka kubishimangira’. Izi mpungenge twebe tubonamo turashaka gufata ingamba zituma nubwo zazamo zisanga twashyizeho umwugariro udufasha kugabana ingaruka yabyo ku biciro. Ni yo mpamvu twongeye kuzamura. […] iyo haje ikibazo cy’ikirere; n’iyo wazamura inshuro magana atanu ntacyo bahinduraho. Ariko ibindi bishingiye ku gisubizo dufite, turabona bigenda neza.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ibihembwe bibiri bw’ihinga bishize bitigeze bitanga umusarurro wari utegerejwe, byanatumye ibiciro bikomeza kuguma hejuru, bityo ko urwego rushinzwe ubuhinzi rugomba guhindura imikorere kugira ngo izi ngamba zirusheho gutanga umusaruro.

Ati “Ubundi uko twajyaga tubibona akenshi twagiraga amapfa mabi mu mwaka umwe nyuma tukamara nk’imyaka itatu ntakibazo. Harimo imihindagurikire y’ikirere ni byo, birashoboka ko ibyo twari tumenyereye birimo bihinduka. […] Igisubizo kiri mu rwego rwa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kugira ngo habeho ubuhinzi budashingiye ku kirere.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko biramutse bigenze neza uyu mwaka uzasiga umuvuguko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko uri ku rugero rwa 8%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + eleven =

Previous Post

Umukinnyi ufite ibigwi yihariyeho mu Mavubi asubije ikibazo yibazwaho na benshi

Next Post

Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.