Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

radiotv10by radiotv10
18/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Banki Nkuru y’u Rwanda izamuye inyungu ku nguzanyo zihabwa za Banki, bigamije guhangana n’itumbagira ry’ibiciro ku masoko, iyi Banki yagaragaje ko hari umusaruro byatanze, yongera kuyizamura, iyikura kuri 7%, iyishyira kuri 7,5% nyuma y’amezi atandatu.

Izamuka ry’ibiciro ku isoko ryabayeho mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, ryatumye BNR izamura urwunguko rwayo, irushyira kuri 7% kuva muri Gashyantare uyu mwaka wa 2023.

Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023 umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko mu Rwanda wageze ku rugero rwa 15.2% uvuye kuri 20.2% byariho mu gihembwe cyabanje.

Iyi mibare kandi igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa bikomoka ku buhinzi wageze kuri 40.4%, uvuye kuri 48.8%.

Ibiciro by’ibikomoka kuri petrole byo byageze kuri 5.1% bivuye kuri 13.6%, naho iby’ibindi bicuruzwa byageze ku rugero rwa 9.7% bivuye kuri 13.9%.

Nubwo imibare ubwayo igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko ugabanuka, Banki Nkuru y’Igihugu yakajije ingamba zo guca intege iri zamuka ry’ibiciro, aho urwunguko rwayo yarushyize kuri 7.5% ruvuye kuri 7%. Icyo gipimo cyari cyujuje amezi atandatu gishyizweho.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa, yagize ati “Icyemezo twafashe uyu munsi ni ukuvuga ngo ‘ibi twagerezo birashimishije turashaka kubishimangira’. Izi mpungenge twebe tubonamo turashaka gufata ingamba zituma nubwo zazamo zisanga twashyizeho umwugariro udufasha kugabana ingaruka yabyo ku biciro. Ni yo mpamvu twongeye kuzamura. […] iyo haje ikibazo cy’ikirere; n’iyo wazamura inshuro magana atanu ntacyo bahinduraho. Ariko ibindi bishingiye ku gisubizo dufite, turabona bigenda neza.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ibihembwe bibiri bw’ihinga bishize bitigeze bitanga umusarurro wari utegerejwe, byanatumye ibiciro bikomeza kuguma hejuru, bityo ko urwego rushinzwe ubuhinzi rugomba guhindura imikorere kugira ngo izi ngamba zirusheho gutanga umusaruro.

Ati “Ubundi uko twajyaga tubibona akenshi twagiraga amapfa mabi mu mwaka umwe nyuma tukamara nk’imyaka itatu ntakibazo. Harimo imihindagurikire y’ikirere ni byo, birashoboka ko ibyo twari tumenyereye birimo bihinduka. […] Igisubizo kiri mu rwego rwa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kugira ngo habeho ubuhinzi budashingiye ku kirere.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko biramutse bigenze neza uyu mwaka uzasiga umuvuguko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko uri ku rugero rwa 8%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + seven =

Previous Post

Umukinnyi ufite ibigwi yihariyeho mu Mavubi asubije ikibazo yibazwaho na benshi

Next Post

Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

Ibyabujijwe abaganga bose mu Rwanda hari ababyadukanye babyimika nk’umuco

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.