Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Indi nkuru ibabaje: Yanga wamenyekanye mu Gasobanuye yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
17/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Indi nkuru ibabaje: Yanga wamenyekanye mu Gasobanuye yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Nkusi Thomas wamenyekanye nka Yanga mu gusobanura film mu Kinyarwanda [ibzwi nk’Agasobanuye], yitabye Imana azize uburwayi.

Aya makuru yatangajwe n’umuvandimwe Bugingo Bonny uzwi nka Junior Giti na we usanzwe akora umwuga wo gusobanura film.

Mu butumwa Junior Giti yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yasabiye umuvandimwe Yanga kuruhukira mu mahoro.

Muri ubu butumwa buherekeje ifoto ya Yanga, yagize ati “Ruhukira mu mahoro muvandimwe wanjye. Kuri njye wambereye Papa, Iteka nizereraga kandi nkanyurwa n’ibihe byose wanyuzemo, wambereye intangarugero.”

Yanga wari warahagaritse akazi ko gusobanura Film mu Kinyarwanda, yaguye muri Afurika y’Epfo aho yari yari arwari ari no kwivuza.

View this post on Instagram

A post shared by Junior Kimizi Mirefu (@junior_giti)

Amakuru y’itabaruka rya Yanga, amenyekanye mu gihe hari hashize amasaha macye hatangajwe indi nkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Yvan Buravan watabarutse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kanama aguye mu Buhindi aho yari yaragiye kwivuriza.

Junior Giti, umuvandimwe wa Yanga, ari no mu bari bagaragaje agahinda gakomeye ku bw’urupfu rwa Buravan.

Mu bututumwa yari yanyujije kuri Instagram, yari yagize ati “Iki ni cyo gihe kinteye ubwoba kuva navuka. Mana ndagusabye umpe gukomera.”

Inkuru y’urupfu rwa Yanga na yo ikomeje gushengura abatari bacye bakomeje kubigaragaza mu butumwa bari kunyuza ku mbuga nkoranyambaga.

Umunyamakuru Murungi Sabin yagize ati “TOM [Yanga], Nari mbizi ko urembye ariko utari uwo gupfa. YANGA umunsi ku munsi yarebaga content yanjye yasoza akambwira ati ‘Abarushye jya ukomeza ubatega amatwi’….Uyu munsi ni mubi cyaneeeeee.”

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc na we yagize ati “Mbega umunsi mubi ku myidagaduro y’u RWANDA…Imana ikwakire mubayo “YANGA”… Wadukundishije izi Film baaasi! Uradusetsa, uradushimisha! Imana igutuze aheza! ruhukira mu mahoro YANGA…”

Yanga yamenyekanye cyane mu gusobanura film

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + sixteen =

Previous Post

Bamporiki nyuma y’amezi 3 atandika kuri Twitter yashyizeho ubutumwa ku itabaruka rya Buravan

Next Post

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.