Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Indi nkuru ibabaje: Yanga wamenyekanye mu Gasobanuye yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
17/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Indi nkuru ibabaje: Yanga wamenyekanye mu Gasobanuye yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Nkusi Thomas wamenyekanye nka Yanga mu gusobanura film mu Kinyarwanda [ibzwi nk’Agasobanuye], yitabye Imana azize uburwayi.

Aya makuru yatangajwe n’umuvandimwe Bugingo Bonny uzwi nka Junior Giti na we usanzwe akora umwuga wo gusobanura film.

Mu butumwa Junior Giti yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yasabiye umuvandimwe Yanga kuruhukira mu mahoro.

Muri ubu butumwa buherekeje ifoto ya Yanga, yagize ati “Ruhukira mu mahoro muvandimwe wanjye. Kuri njye wambereye Papa, Iteka nizereraga kandi nkanyurwa n’ibihe byose wanyuzemo, wambereye intangarugero.”

Yanga wari warahagaritse akazi ko gusobanura Film mu Kinyarwanda, yaguye muri Afurika y’Epfo aho yari yari arwari ari no kwivuza.

View this post on Instagram

A post shared by Junior Kimizi Mirefu (@junior_giti)

Amakuru y’itabaruka rya Yanga, amenyekanye mu gihe hari hashize amasaha macye hatangajwe indi nkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Yvan Buravan watabarutse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kanama aguye mu Buhindi aho yari yaragiye kwivuriza.

Junior Giti, umuvandimwe wa Yanga, ari no mu bari bagaragaje agahinda gakomeye ku bw’urupfu rwa Buravan.

Mu bututumwa yari yanyujije kuri Instagram, yari yagize ati “Iki ni cyo gihe kinteye ubwoba kuva navuka. Mana ndagusabye umpe gukomera.”

Inkuru y’urupfu rwa Yanga na yo ikomeje gushengura abatari bacye bakomeje kubigaragaza mu butumwa bari kunyuza ku mbuga nkoranyambaga.

Umunyamakuru Murungi Sabin yagize ati “TOM [Yanga], Nari mbizi ko urembye ariko utari uwo gupfa. YANGA umunsi ku munsi yarebaga content yanjye yasoza akambwira ati ‘Abarushye jya ukomeza ubatega amatwi’….Uyu munsi ni mubi cyaneeeeee.”

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc na we yagize ati “Mbega umunsi mubi ku myidagaduro y’u RWANDA…Imana ikwakire mubayo “YANGA”… Wadukundishije izi Film baaasi! Uradusetsa, uradushimisha! Imana igutuze aheza! ruhukira mu mahoro YANGA…”

Yanga yamenyekanye cyane mu gusobanura film

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − one =

Previous Post

Bamporiki nyuma y’amezi 3 atandika kuri Twitter yashyizeho ubutumwa ku itabaruka rya Buravan

Next Post

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.