Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare igaragaza ko ifaranga ry’u Rwanda rikomeje guta agaciro kuko iki gihugu gikoresha amafaranga mesnhi, gitumiza ibicuruzwa byinshi mu mahanga kandi kigakoresha idorali rya Amerika. Ibitangazwa na BNR byumvikanamo ko iri faranga ry’amahanga rizakomeza kugira ijambo.

Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023, ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku rugero rwa 4.6% bagereranyije n’urugero ryariho mu mpera z’umwaka wa 2022.

Iyi Banki itangaza ko ibi byatewe n’uko ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga byarushijeho guhenda; kubera ko babigura mu madorali ya amerika, na yo yarushijeho guhenda ku isoko ry’ivunjisha.

Ibi bituma amafaranga u Rwanda rwabitanzeho yiyongeraho ku rugero rwa 27.6%, ariko ayo rukura mu byo bohereje mu mahanga yiyongereye ku rugero rwa 17.4%. Ibi bituma icyuho mu bucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga kizamuka ku rugero rwa 35.2%.

Mu rwego rwo kwigobotora idorali rya Amerika n’ingaruka rigira ku mibereho y’abaturage, Ibihugu 30 birimo 6 byo muri Afurika byiyemeje kuyoboka umuryango w’ubukungu witwa BRICS wakozwe n’Ibihugu bya Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo.

Ndetse ibyo bihugu; birimo na Zimbabwe; ngo byiteguye gukoresha ifaranga ry’uwo muryango mu bucuruzi mpuzamahanga.

 

Aho u Rwanda ruhagaze

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, avuga ko nabo izi nkuru zo kuba hari Ibihugu bishaka kwigobotora idolari bazibona mu binyamakuru.

Ati “Ariko kugira ngo Igihugu gifate umwanzuro wo guhindura ifaranga gikoresha muri ubwo bucuruzi bisaba ko kibanza no kureba abafatanyabikorwa basanzwe bakorana. Twebwe iyo turebye abafatanyabikorwa batatu b’ibanze b’u Rwanda mu bucuruzi; barimo umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Abo bose baracyakoresha idorali.”

Agaruka kuri iriya nzira iri gufatw ana biriya Bihugu, Saraya yakomeej agira ati “Ku ruhande rw’u Rwanda haracyari kare kuvuga ko dushobora gukoresha irindi faranga. Isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika na ryo rifite umugambi wo gufasha Ibiguhu gukora ubucuruzi mu mafaranga y’Ibihugu byabo. Ariko haracyari urugendo rurerure. Bityo rero navuga ko hakiri kare kuvuga ko u Rwanda cyangwa Afurika bashobora kwigobotora idorali.”

Umusesenguzi Alexis Nizeyimana avuga ko kiriya cyifuzo cy’uriya muryango wa BRICS, kitahita gishyirwa mu bikorwa.

Ati “Ntabwo barakora ku buryo bagira ifaranga ryabo. Iyo banki ya bo, umutungo ifite baracyawubara mu madorali, urumva rero bagize ifaranga ryabo, yaba ari andi mahitamo.”

Akomeza agaragaza ingamba zafatwa mu kwigobotora umutwaro w’idolari rigenda ritesha agaciro ifaranga ry’Igihugu, akavuga ko hari ibishobora gukorwa.

Ati “Erega kwigobotora idorali si ukuvuga ngo ntiturikoreshe, ahubwo ni ukuvuga ngo igihe ritanyungukira, mfite andi mahitamo. Ushobora gukenera guhaha ibyo muri Amerika, ariko niba ukeneye ibyo mu Bushinwa, kuki umuntu avunjisha amafaranga ye mu madorali kandi u Bushinwa na bwo bufite ifaranga? Ukagura idorali riguhenze, ugurisha ibicuruzwa na we arashaka inyungu; bikarangira utanze inyungu z’umurengera.”

Nubwo idorali rya Amerika rikomeje gukandagira ifaranga ry’u Rwanda mu bucuruzi mpuzamahanga, bigatuma imibereho y’Abaturarwanda irushaho guhenda; Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ifite ubwizigamire bw’amadorali ashobora gutumiza ibicuruzwa mu gihe cy’amezi ane.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + eight =

Previous Post

Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi

Next Post

DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu

DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.