Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare igaragaza ko ifaranga ry’u Rwanda rikomeje guta agaciro kuko iki gihugu gikoresha amafaranga mesnhi, gitumiza ibicuruzwa byinshi mu mahanga kandi kigakoresha idorali rya Amerika. Ibitangazwa na BNR byumvikanamo ko iri faranga ry’amahanga rizakomeza kugira ijambo.

Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023, ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku rugero rwa 4.6% bagereranyije n’urugero ryariho mu mpera z’umwaka wa 2022.

Iyi Banki itangaza ko ibi byatewe n’uko ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga byarushijeho guhenda; kubera ko babigura mu madorali ya amerika, na yo yarushijeho guhenda ku isoko ry’ivunjisha.

Ibi bituma amafaranga u Rwanda rwabitanzeho yiyongeraho ku rugero rwa 27.6%, ariko ayo rukura mu byo bohereje mu mahanga yiyongereye ku rugero rwa 17.4%. Ibi bituma icyuho mu bucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga kizamuka ku rugero rwa 35.2%.

Mu rwego rwo kwigobotora idorali rya Amerika n’ingaruka rigira ku mibereho y’abaturage, Ibihugu 30 birimo 6 byo muri Afurika byiyemeje kuyoboka umuryango w’ubukungu witwa BRICS wakozwe n’Ibihugu bya Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo.

Ndetse ibyo bihugu; birimo na Zimbabwe; ngo byiteguye gukoresha ifaranga ry’uwo muryango mu bucuruzi mpuzamahanga.

 

Aho u Rwanda ruhagaze

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, avuga ko nabo izi nkuru zo kuba hari Ibihugu bishaka kwigobotora idolari bazibona mu binyamakuru.

Ati “Ariko kugira ngo Igihugu gifate umwanzuro wo guhindura ifaranga gikoresha muri ubwo bucuruzi bisaba ko kibanza no kureba abafatanyabikorwa basanzwe bakorana. Twebwe iyo turebye abafatanyabikorwa batatu b’ibanze b’u Rwanda mu bucuruzi; barimo umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Abo bose baracyakoresha idorali.”

Agaruka kuri iriya nzira iri gufatw ana biriya Bihugu, Saraya yakomeej agira ati “Ku ruhande rw’u Rwanda haracyari kare kuvuga ko dushobora gukoresha irindi faranga. Isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika na ryo rifite umugambi wo gufasha Ibiguhu gukora ubucuruzi mu mafaranga y’Ibihugu byabo. Ariko haracyari urugendo rurerure. Bityo rero navuga ko hakiri kare kuvuga ko u Rwanda cyangwa Afurika bashobora kwigobotora idorali.”

Umusesenguzi Alexis Nizeyimana avuga ko kiriya cyifuzo cy’uriya muryango wa BRICS, kitahita gishyirwa mu bikorwa.

Ati “Ntabwo barakora ku buryo bagira ifaranga ryabo. Iyo banki ya bo, umutungo ifite baracyawubara mu madorali, urumva rero bagize ifaranga ryabo, yaba ari andi mahitamo.”

Akomeza agaragaza ingamba zafatwa mu kwigobotora umutwaro w’idolari rigenda ritesha agaciro ifaranga ry’Igihugu, akavuga ko hari ibishobora gukorwa.

Ati “Erega kwigobotora idorali si ukuvuga ngo ntiturikoreshe, ahubwo ni ukuvuga ngo igihe ritanyungukira, mfite andi mahitamo. Ushobora gukenera guhaha ibyo muri Amerika, ariko niba ukeneye ibyo mu Bushinwa, kuki umuntu avunjisha amafaranga ye mu madorali kandi u Bushinwa na bwo bufite ifaranga? Ukagura idorali riguhenze, ugurisha ibicuruzwa na we arashaka inyungu; bikarangira utanze inyungu z’umurengera.”

Nubwo idorali rya Amerika rikomeje gukandagira ifaranga ry’u Rwanda mu bucuruzi mpuzamahanga, bigatuma imibereho y’Abaturarwanda irushaho guhenda; Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ifite ubwizigamire bw’amadorali ashobora gutumiza ibicuruzwa mu gihe cy’amezi ane.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + sixteen =

Previous Post

Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi

Next Post

DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu

DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.