Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare igaragaza ko ifaranga ry’u Rwanda rikomeje guta agaciro kuko iki gihugu gikoresha amafaranga mesnhi, gitumiza ibicuruzwa byinshi mu mahanga kandi kigakoresha idorali rya Amerika. Ibitangazwa na BNR byumvikanamo ko iri faranga ry’amahanga rizakomeza kugira ijambo.

Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023, ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku rugero rwa 4.6% bagereranyije n’urugero ryariho mu mpera z’umwaka wa 2022.

Iyi Banki itangaza ko ibi byatewe n’uko ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga byarushijeho guhenda; kubera ko babigura mu madorali ya amerika, na yo yarushijeho guhenda ku isoko ry’ivunjisha.

Ibi bituma amafaranga u Rwanda rwabitanzeho yiyongeraho ku rugero rwa 27.6%, ariko ayo rukura mu byo bohereje mu mahanga yiyongereye ku rugero rwa 17.4%. Ibi bituma icyuho mu bucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga kizamuka ku rugero rwa 35.2%.

Mu rwego rwo kwigobotora idorali rya Amerika n’ingaruka rigira ku mibereho y’abaturage, Ibihugu 30 birimo 6 byo muri Afurika byiyemeje kuyoboka umuryango w’ubukungu witwa BRICS wakozwe n’Ibihugu bya Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo.

Ndetse ibyo bihugu; birimo na Zimbabwe; ngo byiteguye gukoresha ifaranga ry’uwo muryango mu bucuruzi mpuzamahanga.

 

Aho u Rwanda ruhagaze

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, avuga ko nabo izi nkuru zo kuba hari Ibihugu bishaka kwigobotora idolari bazibona mu binyamakuru.

Ati “Ariko kugira ngo Igihugu gifate umwanzuro wo guhindura ifaranga gikoresha muri ubwo bucuruzi bisaba ko kibanza no kureba abafatanyabikorwa basanzwe bakorana. Twebwe iyo turebye abafatanyabikorwa batatu b’ibanze b’u Rwanda mu bucuruzi; barimo umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Abo bose baracyakoresha idorali.”

Agaruka kuri iriya nzira iri gufatw ana biriya Bihugu, Saraya yakomeej agira ati “Ku ruhande rw’u Rwanda haracyari kare kuvuga ko dushobora gukoresha irindi faranga. Isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika na ryo rifite umugambi wo gufasha Ibiguhu gukora ubucuruzi mu mafaranga y’Ibihugu byabo. Ariko haracyari urugendo rurerure. Bityo rero navuga ko hakiri kare kuvuga ko u Rwanda cyangwa Afurika bashobora kwigobotora idorali.”

Umusesenguzi Alexis Nizeyimana avuga ko kiriya cyifuzo cy’uriya muryango wa BRICS, kitahita gishyirwa mu bikorwa.

Ati “Ntabwo barakora ku buryo bagira ifaranga ryabo. Iyo banki ya bo, umutungo ifite baracyawubara mu madorali, urumva rero bagize ifaranga ryabo, yaba ari andi mahitamo.”

Akomeza agaragaza ingamba zafatwa mu kwigobotora umutwaro w’idolari rigenda ritesha agaciro ifaranga ry’Igihugu, akavuga ko hari ibishobora gukorwa.

Ati “Erega kwigobotora idorali si ukuvuga ngo ntiturikoreshe, ahubwo ni ukuvuga ngo igihe ritanyungukira, mfite andi mahitamo. Ushobora gukenera guhaha ibyo muri Amerika, ariko niba ukeneye ibyo mu Bushinwa, kuki umuntu avunjisha amafaranga ye mu madorali kandi u Bushinwa na bwo bufite ifaranga? Ukagura idorali riguhenze, ugurisha ibicuruzwa na we arashaka inyungu; bikarangira utanze inyungu z’umurengera.”

Nubwo idorali rya Amerika rikomeje gukandagira ifaranga ry’u Rwanda mu bucuruzi mpuzamahanga, bigatuma imibereho y’Abaturarwanda irushaho guhenda; Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ifite ubwizigamire bw’amadorali ashobora gutumiza ibicuruzwa mu gihe cy’amezi ane.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nineteen =

Previous Post

Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi

Next Post

DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu

DRCongo: Mu buryo budasanzwe hafashwe icyemezo ku mitegekere ya gisirikare ivugwaho kuzambya ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.