Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

radiotv10by radiotv10
12/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku mahirwe, kuko yavuye mu ishuri kubera ko abandi bana birirwa bamukwena, akaba ahora yigunze, ndetse abamurera na bo bikaba byarabayobeye kuko afite imyitwarire ibatera urujijo rwo kwemeza igitsina cye niba ari umuhungu cyangwa ari umukobwa.

Uyu mwana uhora yigunze kubera guhora akomerwa n’abandi bana bagenzi be, nyirakuru umurera, avuga ko yabuze ubushobozi bwo kumuvuza kugira ngo asigarane igitsina kimwe, ku buryo ubu byombi bikora.

Ati “Iyo ndebye mbona byombi wagira ngo birakora, yihagarika nk’abakobwa ariko n’igitsina cye cy’igihungu nigeze kubona cyahagurutse. Iyo urebye ubona imyitwarire ye igana ku bukobwa ariko iyo ahagaze nanone ubona ari nk’umuhungu ku buryo nashatse kumwambika ingutiya ariko mbona ntibijyanye akaba ari bwo mwambika amapantalo.”

Uyu mwana wakabaye yiga nibura mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza kugeza ubu ntiyiga kubera ko abandi bana bamuseka bavuga ko afite ibitsina bibiri.

Nyina wabo agira ati “Mama yamujyanye ku ishuri diregiteri aramwanga nyine.”

Nyirakuru na we yagize ati “None ubwo wa mugani ku ishuri agiye kwihagarika abandi bana bakamubona ntibajya bamushagara?”

Uretse no kutiga, uyu mwana ahora yigungiye mu rugo kugeza n’aho birinda kumwohereza kuvoma amazi mu rwego rwo kwirinda ko abana bamukorera urugomo bashaka kureba imiterere ye.

Nyirakuru ati “Nigeze kumwohereza kuvoma nanjye ngenda mukurikiye nsanga abana bari kubwirana ngo afite igitsina cy’abahungu n’icy’abakobwa bambonye bahita baceceka, kuva ubwo sinjya mutuma amazi.”

Uyu muryango usaba ubufasha bwo gupimisha uyu mwana kugira ngo hamenyekane igitsina gikora bityo ikimwe kibe cyabagwa kubera koko bo batabyishoboza bitewe n’ubushobozi bucye.

Umuyobozi w’Umuryango Nyarwanda uharanira Iterambere ry’Ubuzima n’Uburenganzira (HDI) Dr. Kagaba Aphrodis wamagana ababa bashaka kureba imyanya y’ibanga y’uyu mwana avuga ko ari ihohoterwa akorerwa ndeste akavuga ko uyu muryango ayobowe ugiye gushaka uburyo bwo kumufasha kugera kwa muganga.

Ati “Ariko ibyo kumuseka kubera uko yavutse byo rwose ntabwo ari byo ni ukubyamagana. Icyo twakora ni ugushaka uburyo twamufasha akagera kwa muganga. Ndabaza niba ibitaro by’i Rusizi byamwakira nidusanga batabishoboye twareba ahandi tumujyana.”

Bivugwa ko uyu mwaka akiri uruhinja yajyanywe kuvurizwa mu ivuriro ryarimo abazungu bagasaba umubyeyi we kumutunga ngo bamwijyanire iwabo abe ari ho bamuvurira ariko umubyeyi we ababera ibamba.

Uyu mwana ahora yigunze kubera ibyo akunda kubwirwa na bagenzi be
Yagakwiye kuba yiga ariko yavuye mu ishuri

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

Next Post

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.