Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

radiotv10by radiotv10
12/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku mahirwe, kuko yavuye mu ishuri kubera ko abandi bana birirwa bamukwena, akaba ahora yigunze, ndetse abamurera na bo bikaba byarabayobeye kuko afite imyitwarire ibatera urujijo rwo kwemeza igitsina cye niba ari umuhungu cyangwa ari umukobwa.

Uyu mwana uhora yigunze kubera guhora akomerwa n’abandi bana bagenzi be, nyirakuru umurera, avuga ko yabuze ubushobozi bwo kumuvuza kugira ngo asigarane igitsina kimwe, ku buryo ubu byombi bikora.

Ati “Iyo ndebye mbona byombi wagira ngo birakora, yihagarika nk’abakobwa ariko n’igitsina cye cy’igihungu nigeze kubona cyahagurutse. Iyo urebye ubona imyitwarire ye igana ku bukobwa ariko iyo ahagaze nanone ubona ari nk’umuhungu ku buryo nashatse kumwambika ingutiya ariko mbona ntibijyanye akaba ari bwo mwambika amapantalo.”

Uyu mwana wakabaye yiga nibura mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza kugeza ubu ntiyiga kubera ko abandi bana bamuseka bavuga ko afite ibitsina bibiri.

Nyina wabo agira ati “Mama yamujyanye ku ishuri diregiteri aramwanga nyine.”

Nyirakuru na we yagize ati “None ubwo wa mugani ku ishuri agiye kwihagarika abandi bana bakamubona ntibajya bamushagara?”

Uretse no kutiga, uyu mwana ahora yigungiye mu rugo kugeza n’aho birinda kumwohereza kuvoma amazi mu rwego rwo kwirinda ko abana bamukorera urugomo bashaka kureba imiterere ye.

Nyirakuru ati “Nigeze kumwohereza kuvoma nanjye ngenda mukurikiye nsanga abana bari kubwirana ngo afite igitsina cy’abahungu n’icy’abakobwa bambonye bahita baceceka, kuva ubwo sinjya mutuma amazi.”

Uyu muryango usaba ubufasha bwo gupimisha uyu mwana kugira ngo hamenyekane igitsina gikora bityo ikimwe kibe cyabagwa kubera koko bo batabyishoboza bitewe n’ubushobozi bucye.

Umuyobozi w’Umuryango Nyarwanda uharanira Iterambere ry’Ubuzima n’Uburenganzira (HDI) Dr. Kagaba Aphrodis wamagana ababa bashaka kureba imyanya y’ibanga y’uyu mwana avuga ko ari ihohoterwa akorerwa ndeste akavuga ko uyu muryango ayobowe ugiye gushaka uburyo bwo kumufasha kugera kwa muganga.

Ati “Ariko ibyo kumuseka kubera uko yavutse byo rwose ntabwo ari byo ni ukubyamagana. Icyo twakora ni ugushaka uburyo twamufasha akagera kwa muganga. Ndabaza niba ibitaro by’i Rusizi byamwakira nidusanga batabishoboye twareba ahandi tumujyana.”

Bivugwa ko uyu mwaka akiri uruhinja yajyanywe kuvurizwa mu ivuriro ryarimo abazungu bagasaba umubyeyi we kumutunga ngo bamwijyanire iwabo abe ari ho bamuvurira ariko umubyeyi we ababera ibamba.

Uyu mwana ahora yigunze kubera ibyo akunda kubwirwa na bagenzi be
Yagakwiye kuba yiga ariko yavuye mu ishuri

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − seven =

Previous Post

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

Next Post

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.