Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingorofani yahindutse indege: Abakusanya ibishingwe batomboye Miliyari 1Frw

radiotv10by radiotv10
02/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ingorofani yahindutse indege: Abakusanya ibishingwe batomboye Miliyari 1Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore 11 basanzwe bakora akazi ko gukusanya ibishingwe bo muri Leta imwe yo mu majyepfo y’u Buhindi, bari mu byishimo by’igisagirane nyuma yo gutombora Miliyoni 1,2$ (arenga Miliyari 1,2 Frw).

Aba bagore bo muri Leta ya Kerala basanzwe batoragura imyanda y’ibikoresho bitabora mu mujyi wa Parappanangadi mu Karere ka Malappuram, mu kwezi gushize bashyize hamwe amafaranga bayagura itike ya tombora mu bizwi nka Lottery.

Bari basanzwe bakorera amafaranga y’Ama-Rupee 250, angana n’amafaranga 3 y’Amanyarwanda ku munsi.

Bavuga ko aya mafaranga ari macye cyane ugereranyije n’ibyo bakenera mu buzima bwa buri munsi, dore ko hari n’igihe bayabura kuko abatanga imisanzu hari n’igihe batayitanga, ari na yo mpamvu biyemeje kugura itike muri iyi tombora izwi nka Lottery, aho bari baguze itike y’ama-Rupee 250.

Mu cyumweru gishize ni bwo basesekaweho n’inkuru nziza ko batomboye kariya kayabo, basabagirwa n’ibyishimo bidasanzwe.

Abagore babiri muri aba, batanze ama-rupee 25 bateranyije kuko umwe atari ayafite, akagurizwa na mugenzi we, mu gihe abandi icyenda bo batanze ama-rupee 25 kuri buri umwe.

Kuttimalu umwe muri bo, yagize ati “Twari twumvikanye ko nituramuka tugize icyo dutsindira, tuzagabana tukanganya, ntabwo twari twitezeye ko tuzatombora amafaranga menshi angana uku.”

Radha wagiye kugura iyi tike yabahesheje gutombora aka kayabo, yavuze ko bamenye ko batomboye aya mafaranga ubwo umwe muri bo yasabaga umugabo we ngo ajye kureba icyavuye muri iyi tombola. Ati “Ubu byari inshuro ya kane twari tuguze itike. None tugize amahirwe adasanzwe”

Aba bagore bavuga batazareka aka kazi nubwo gaciriritse ko gukusanya ibishingwe, kuko ari ko bakesha amafaranga yavuyemo aka kayabo batomboye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

‘Coup d’Etat’ itavugwaho rumwe muri Afurika ikomeje guhagurutsa abakomeye

Next Post

Kenya: Ibyabye ku Munyarwanda wari warashakanye n’umugore w’umugabo wagarutse nyuma y’imyaka 17 yarabuze

Related Posts

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Ibyabye ku Munyarwanda wari warashakanye n’umugore w’umugabo wagarutse nyuma y’imyaka 17 yarabuze

Kenya: Ibyabye ku Munyarwanda wari warashakanye n’umugore w’umugabo wagarutse nyuma y’imyaka 17 yarabuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.