Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

radiotv10by radiotv10
17/04/2022
in MU RWANDA
0
Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, yatangaje ko yakiriye Inka z’inyambo yagabiwe na Perezida Paul Kagame mu kwezi gushize.

Hari hashize ukwezi Perezida Paul Kagame agabiye Muhoozi Inka z’Inyambo ubwo yari mu Rwanda mu kwezi gushize mu ruzinduko yahagiriye akanakirwa n’Umukuru w’u Rwanda mu rwuri rwe.

Tariki 15 Werurwe 2022, ni bwo Perezida Kagame ari kumwe na bamwe mu bana be, bakiriye Muhoozi mu rwuri, amugabira Inka z’inyambo.

  • Muhoozi yavuze umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Kagame
  • Perezida Kagame ari kumwe na Brian na Cyomoro bakiriye Muhoozi mu rwuri

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Mata 2022, Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko yakiriye izi Nka yagabiwe na Perezida Paul Kagame akunze kwita “My uncle”.

Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Muhoozi Kainerugaba yagize ati “Umunsi ubanziriza Ejobundi hashize nakiriye Inka zanjye nahawe na Nyakubahwa Paul Kagame. Ubu guhera uyu munsi ndi Inkotanye.”

Ubwo Muhoozi yashyikaga mu rugo asoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda, yahishuye ko Perezida Kagame yamugabiye Inka 10 z’Inyambo.

Icyo gihe yavuze ko mu muco uhuriweho muri aka karere by’umwihariko mu basanzwe ari aborozi “nka Banyankore, Banyarwanda, Karimojong, Dinka na Masai, nta kintu gihebuje kigaragaza ubucuti nko kuba umuntu yakugabira Inka. Afande Kagame yampaye Inyana icumi mu nka ze z’Inyambo.”

Icyo gihe kandi Muhoozi wari ugiriye uruzinduko rwa kabiri mu Rwanda muri uyu mwaka, yaboneyeho gushimira Perezida Paul Kagame ku mahirwe yamuhaye yo kugira uruhare mu kubura umubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi cyatumaga Ibihugu bitagenderana mu gihe ubu urujya n’uruza rwongeye kubyuka.

Ubwo Perezida Kagame yagabiraga Inka Muhoozi mu kwezi gushize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 12 =

Previous Post

Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije

Related Posts

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani basuye Urwuri rw’Umukuru w’Igihugu, anamugabira Inka z’inyambo,...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

IZIHERUKA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe
MU RWANDA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

21/11/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

20/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.