Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkomoko yo kubyibuha no kunanuka hashingiwe ku mirire

radiotv10by radiotv10
20/09/2021
in MU RWANDA
0
Inkomoko yo kubyibuha no kunanuka hashingiwe ku mirire
Share on FacebookShare on Twitter

Ni ubwo abatari bacye batekereza ko umuntu wariye neza arangwa n’umubyibuho, Abahanga mu by’imirire bavuga ko kurya neza bitapimishwa ijisho gusa kuko umuntu ashobora kubyibuha biturutse no ku kurya nabi.

Igenzura riheruka  ryakozwe ku rwego rw’ubuzima bw’abaturage mu Rwanda mu 2015 (DHS)rigaragaza ko abantu 7.7% mu Rwanda hose bari bafite umubyibuho ukabije aho Umujyi wa Kigali wari imbere na 9.9%,  ugakurikirwa n’Intara y’Amajyaruguru ifite 9.7%. Ibyo bigafatwa nka bimwe mu biterwa n’imirire mibi, cyane cyane kubura ibikungahaye ku byubaka, ibirinda indwara n’ibitera imbaraga umubiri.

Mu kiganiro gito Radiotv10 yagiranye na Uzamukunda Berthilde, Rukundo Eric na Mukantwari Solange bo biyumvisha ko umuntu wariye neza ari uwabyibushye ni mu gihe uwariye nabi kuri bo aba ananutse nta mucyo afite ku mubiri.

”Erega umuntu wariye neza arangwa no kubyibuha uba ubona ameze neza nyine ari igisore, kuburyo uba ubona atari wamuntu unanutse udafite urutege, naho wamuntu ufite imiriire mibi nuwawundi uba usanga ananutse asa nabi ,nyine muri macye aba yiranga”

Abahanga mu by’imirire bo bavuga ko iyo myumvire atari yo kuko rimwe na rimwe umuntu ashobora kubyibuha cyangwa se akaba afite umucyo nyamara ari mu mirire mibi, uyu ni Mucumbitsi Alexis Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirire, Isuku n’Isukura muri NECDP arabisobanura yifashishije imibare n’ibipimo fatizo kumuntu ufite imirire myiza.

“Kurya neza ntabwo bipimishwa ijisho , cyangwa ngo bigaragazwe n’umubyibuho ,abenshi hari ubwo babyitiranya ugasanga umuntu afite n’ubundi burwayi cyangwa se arya ibinyamafufu byinshi n’ibisukari yabyibuha ukagira ngo ni imirire myiza, ubundi ubunini bw’umuntu buba bugomba kugendana n’uburebure bwe hifashishijwe ibipimo byibya Body mass index , ibi bipimo bifatirwa klwa muganga cyangwa ku bajyanama b’ubuzima,”

Icyegeranyo ku kurwanya inzara n’imirire mibi muri Afurika cya 2016 (The Hunger and Nutrition Commitment Index Africa- HANCI-Africa), cyashingiraga ku ngingo 22 zigaragaza uruhare rwa Leta zisaga 45 mu kurwanya inzara n’imirire mibi binyuze muri politiki zitandukanye bishyiraho mu guhangana nacyo, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa karindwi mu bihugu bihagaze neza.

Yanditswe na Olivier TUYISENGE/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − nine =

Previous Post

Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

Next Post

Davis Kasirye wakiniye Rayon Sports yasinye muri KCCA FC

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Davis Kasirye wakiniye Rayon Sports yasinye muri KCCA FC

Davis Kasirye wakiniye Rayon Sports yasinye muri KCCA FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.