Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkomoko yo kubyibuha no kunanuka hashingiwe ku mirire

radiotv10by radiotv10
20/09/2021
in MU RWANDA
0
Inkomoko yo kubyibuha no kunanuka hashingiwe ku mirire
Share on FacebookShare on Twitter

Ni ubwo abatari bacye batekereza ko umuntu wariye neza arangwa n’umubyibuho, Abahanga mu by’imirire bavuga ko kurya neza bitapimishwa ijisho gusa kuko umuntu ashobora kubyibuha biturutse no ku kurya nabi.

Igenzura riheruka  ryakozwe ku rwego rw’ubuzima bw’abaturage mu Rwanda mu 2015 (DHS)rigaragaza ko abantu 7.7% mu Rwanda hose bari bafite umubyibuho ukabije aho Umujyi wa Kigali wari imbere na 9.9%,  ugakurikirwa n’Intara y’Amajyaruguru ifite 9.7%. Ibyo bigafatwa nka bimwe mu biterwa n’imirire mibi, cyane cyane kubura ibikungahaye ku byubaka, ibirinda indwara n’ibitera imbaraga umubiri.

Mu kiganiro gito Radiotv10 yagiranye na Uzamukunda Berthilde, Rukundo Eric na Mukantwari Solange bo biyumvisha ko umuntu wariye neza ari uwabyibushye ni mu gihe uwariye nabi kuri bo aba ananutse nta mucyo afite ku mubiri.

”Erega umuntu wariye neza arangwa no kubyibuha uba ubona ameze neza nyine ari igisore, kuburyo uba ubona atari wamuntu unanutse udafite urutege, naho wamuntu ufite imiriire mibi nuwawundi uba usanga ananutse asa nabi ,nyine muri macye aba yiranga”

Abahanga mu by’imirire bo bavuga ko iyo myumvire atari yo kuko rimwe na rimwe umuntu ashobora kubyibuha cyangwa se akaba afite umucyo nyamara ari mu mirire mibi, uyu ni Mucumbitsi Alexis Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirire, Isuku n’Isukura muri NECDP arabisobanura yifashishije imibare n’ibipimo fatizo kumuntu ufite imirire myiza.

“Kurya neza ntabwo bipimishwa ijisho , cyangwa ngo bigaragazwe n’umubyibuho ,abenshi hari ubwo babyitiranya ugasanga umuntu afite n’ubundi burwayi cyangwa se arya ibinyamafufu byinshi n’ibisukari yabyibuha ukagira ngo ni imirire myiza, ubundi ubunini bw’umuntu buba bugomba kugendana n’uburebure bwe hifashishijwe ibipimo byibya Body mass index , ibi bipimo bifatirwa klwa muganga cyangwa ku bajyanama b’ubuzima,”

Icyegeranyo ku kurwanya inzara n’imirire mibi muri Afurika cya 2016 (The Hunger and Nutrition Commitment Index Africa- HANCI-Africa), cyashingiraga ku ngingo 22 zigaragaza uruhare rwa Leta zisaga 45 mu kurwanya inzara n’imirire mibi binyuze muri politiki zitandukanye bishyiraho mu guhangana nacyo, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa karindwi mu bihugu bihagaze neza.

Yanditswe na Olivier TUYISENGE/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 12 =

Previous Post

Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

Next Post

Davis Kasirye wakiniye Rayon Sports yasinye muri KCCA FC

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Davis Kasirye wakiniye Rayon Sports yasinye muri KCCA FC

Davis Kasirye wakiniye Rayon Sports yasinye muri KCCA FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.