Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkomoko yo kubyibuha no kunanuka hashingiwe ku mirire

radiotv10by radiotv10
20/09/2021
in MU RWANDA
0
Inkomoko yo kubyibuha no kunanuka hashingiwe ku mirire
Share on FacebookShare on Twitter

Ni ubwo abatari bacye batekereza ko umuntu wariye neza arangwa n’umubyibuho, Abahanga mu by’imirire bavuga ko kurya neza bitapimishwa ijisho gusa kuko umuntu ashobora kubyibuha biturutse no ku kurya nabi.

Igenzura riheruka  ryakozwe ku rwego rw’ubuzima bw’abaturage mu Rwanda mu 2015 (DHS)rigaragaza ko abantu 7.7% mu Rwanda hose bari bafite umubyibuho ukabije aho Umujyi wa Kigali wari imbere na 9.9%,  ugakurikirwa n’Intara y’Amajyaruguru ifite 9.7%. Ibyo bigafatwa nka bimwe mu biterwa n’imirire mibi, cyane cyane kubura ibikungahaye ku byubaka, ibirinda indwara n’ibitera imbaraga umubiri.

Mu kiganiro gito Radiotv10 yagiranye na Uzamukunda Berthilde, Rukundo Eric na Mukantwari Solange bo biyumvisha ko umuntu wariye neza ari uwabyibushye ni mu gihe uwariye nabi kuri bo aba ananutse nta mucyo afite ku mubiri.

”Erega umuntu wariye neza arangwa no kubyibuha uba ubona ameze neza nyine ari igisore, kuburyo uba ubona atari wamuntu unanutse udafite urutege, naho wamuntu ufite imiriire mibi nuwawundi uba usanga ananutse asa nabi ,nyine muri macye aba yiranga”

Abahanga mu by’imirire bo bavuga ko iyo myumvire atari yo kuko rimwe na rimwe umuntu ashobora kubyibuha cyangwa se akaba afite umucyo nyamara ari mu mirire mibi, uyu ni Mucumbitsi Alexis Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirire, Isuku n’Isukura muri NECDP arabisobanura yifashishije imibare n’ibipimo fatizo kumuntu ufite imirire myiza.

“Kurya neza ntabwo bipimishwa ijisho , cyangwa ngo bigaragazwe n’umubyibuho ,abenshi hari ubwo babyitiranya ugasanga umuntu afite n’ubundi burwayi cyangwa se arya ibinyamafufu byinshi n’ibisukari yabyibuha ukagira ngo ni imirire myiza, ubundi ubunini bw’umuntu buba bugomba kugendana n’uburebure bwe hifashishijwe ibipimo byibya Body mass index , ibi bipimo bifatirwa klwa muganga cyangwa ku bajyanama b’ubuzima,”

Icyegeranyo ku kurwanya inzara n’imirire mibi muri Afurika cya 2016 (The Hunger and Nutrition Commitment Index Africa- HANCI-Africa), cyashingiraga ku ngingo 22 zigaragaza uruhare rwa Leta zisaga 45 mu kurwanya inzara n’imirire mibi binyuze muri politiki zitandukanye bishyiraho mu guhangana nacyo, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa karindwi mu bihugu bihagaze neza.

Yanditswe na Olivier TUYISENGE/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 8 =

Previous Post

Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

Next Post

Davis Kasirye wakiniye Rayon Sports yasinye muri KCCA FC

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Davis Kasirye wakiniye Rayon Sports yasinye muri KCCA FC

Davis Kasirye wakiniye Rayon Sports yasinye muri KCCA FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.