Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkurikizi z’iby’Abakono zatangiye: Umuyobozi wo hejuru yashyize amavi hasi, Uwo mu z’ibanze aregura

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Inkurikizi z’iby’Abakono zatangiye: Umuyobozi wo hejuru yashyize amavi hasi, Uwo mu z’ibanze aregura
Share on FacebookShare on Twitter

Visi Perezida wa Sena, Hon. Nyirasafari Esperance, yavuze ko kuba yaritabiriye ibyiswe “Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono” ari amahano yakoze, asaba imbabazi Chairman wa RPF-Inkotanyi akaba na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, mu gihe uwari Umuyobozi Wungirije wa Musanze, we yeguye.

Mu rwandiko rurerure yanyujije kuri Twitter ye, Visi Perezida wa Sena ushinzwe kugenzura amategeko n’ibikorwa bya Guverinoma, Nyirasafari Esperance; yagaragaje kwicuza ku bwo kwitabira ibi birori bidatanga urugero rwiza mu kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.

Muri uru rwandiko, atangira asaba imbabazi“Nyakubahwa Chairman w’Umuryango FPR-INKOTANYI mukaba na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, mbikuye ku mutima, mfashe uyu mwanya ngo nsabe imbabazi ku makosa akomeye nakoze ubwo nitabiraga umuhango w’icyiswe “Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono” wabaye kuwa 9/7/2023 mu Murenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze.”

Ni ubutumwa yanditse nyuma y’amasaha macye habaye inama nyunguranabitekerezo y’Umuryango RPF-Inkotanyi, yateraniye ku Ngoro y’Umuryango i Rusororo, yananengewemo ibi birori.

Hon. Nyirasafari wari wanasabiye imbabazi muri iyi nama, muri ubu butumwa bwe, yakomeje avuga ko akurikije inama zikunze gutangwa na Chairman wa RPF ndetse n’ibyaganiriweho muri iriya nama, hari inkomanga afite ku mutima.

Ati “Nakoze amahano yo kwitabira ibirori byateguwe mu buryo bugaragaramo kwironda; nk’umwe mu bahuye n’ingaruka zituruka ku macakubiri yaranze Igihugu cyacu, nzi uburemere bwazo, ntabwo nari nkwiriye kurangara kugeza ku rwego rwo kwitabira igikorwa nka kiriya.”

Arongera ati “Nakoze amakosa akomeye kuba ntacyo nakoze ngo mburizemo kiriya gikorwa kibangamiye ubumwe bw’Abanyarwanda; – Nitandukanyije n’imyumvire n’imigirire nk’iyerekeye “Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono”. “

Mu butumwa bwe asabamo Abanyarwanda kwirinda ivangura no kwironda, Hon Nyirasafari yibukije ko bigira ingaruka zikomeye, agasoza yongera gusaba imbabazi.

Ati “Nkomeje gusaba imbabazi Nyakubahwa Chairman w’Umuryango FPR-INKOTANYI akaba na Perezida wa Repubulika, ndasaba imbabazi abanyamuryango ba FPR-INKOTANYI n’Abanyarwanda muri rusange kandi mbijeje gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.”

Visi Perezida wa Sena yasabye Imbabazi yivuye inyuma

Ni mu gihe kandi uwari Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Rucyahana Mpuhwe Andrew, na we witabiriye biriya birori, we yeguye nk’uko byagaragaye mu ibaruwa y’Inama Njyanama y’aka Karere yemeye ubwegure bwe.

Biriya birori byiswe “Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono” biri mu byagarutsweho cyane mu nama nyunguranabitekerezo ya RPF-Inkotanyi, hagaragazwa ingaruka zikomeye zaturuka kuri kuriya kwironda.

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe yavuze ko igikorwa nk’iki kiba gikwiye kwamaganwa kikiba, kuko abantu bakirangaranye gishobora gutuma hari abandi bacyuriraho nabo bakinjira mu byo kwironda.

Yagize ati “Ubwo baba ari Abakono, ejo ni Abashambo, ejobundi ni Abasinga […] Igihugu kikongera kikajyamo ibice.”

Yakomeje avuga ko mu gihe byakomeza gukura gutya, byanagera no mu nzego zifatiye runini ubuzima bw’Igihugu, nko mu gisirikare, ku buryo biramutse bigezemo, kaba kabaye.

Yagize ati “Ubwo iyo byaje mu gisirikare, buri muntu areba abe, undi akareba abe, undi akareba abe, ejo n’ejobundi nshaka kubakoresha ngo ni bene wacu kuko naba narabamenye narabagaragaje, nshaka kwikiza runaka, nabakoresha igihugu nkagisenya. Ni uko bimeze, ni ibintu bibi cyane.”

Uwari Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze we yeguye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Ibiteganyijwe mu ruzinduko rw’Umushinjacyaha w’Urukiko ruzaburanisha Kayishema uregwa uruhare rukomeye muri Jenoside

Next Post

Abanyarwanda bahumurijwe ku biherutse kuba byari byateye impungege ku gutumbagiza ibiciro by’ibiribwa

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda bahumurijwe ku biherutse kuba byari byateye impungege ku gutumbagiza ibiciro by’ibiribwa

Abanyarwanda bahumurijwe ku biherutse kuba byari byateye impungege ku gutumbagiza ibiciro by’ibiribwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.