Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’agahinda kadasanzwe y’impanuka y’ubwato bwarimo batanu barimo uruhinja rwavutse

radiotv10by radiotv10
14/09/2023
in MU RWANDA
1
Inkuru y’agahinda kadasanzwe y’impanuka y’ubwato bwarimo batanu barimo uruhinja rwavutse

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu Kiyaga cya Kivu mu gace ko mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, bari kumwe n’umubyeyi wari uvuye kubyara, mu gihe uruhinja yari avuye kubyara rwaburiwe irengero.

Ubu bwato bwarohamye bwari butwaye abantu batanu, barimo umugore n’umugabo we, babukoresheje ubwo bari bavuye ku Bitaro kubyara, abana babiri barimo n’uruhinja rw’iminsi irindwi (7) ndetse n’umubyeyi w’uyu mugabo.

Aba bantu babiri bahise bamenyekana ko bitabye Imana, ni umugore w’imyaka 51 usanzwe ari umubyeyi w’umugabo, n’umwuzukuru we wari ufite imyaka ibiri n’igice, mu gihe umugore wari uvuye kubyara, yarokokanye n’umugabo we, babashije koga mu mazi, bakavamo.

Muri iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nzeri, uruhinja rw’iminsi irindwi rwari ruvanywe kwa muganga, rwo rwaburiwe irengero.

Amakuru ava muri aka gace, avuga ko uyu muryango w’abantu batanu, bari bavuye ku Bitaro bya Kibuye, bagahitamo kunyura inzira y’amazi, ari bwo bakoreshaga ubwato bw’ibiti, bujaza guhura n’umuyaga mwinshi ubwo bwendaga kugera ku nkombe.

Amakuru y’iyi mpanuka kandi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mataba, Ngendo Fabien, wavuze ko nubwo ubu bwato bwarimo abantu batanu, hamaze kuboneka imibiri ibiri, mu gihe uruhinja rw’iminsi irindwi rwaburiye irengero.

Yagize ati “Ntabwo turarubona, turi kumwe n’inzego z’umutekano ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi bari kudufasha gushakisha.”

Abatuye muri aka gace bari mu gahinda gakomeye (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kwizera fidele says:
    2 years ago

    Uwo mubyeyi turamwihanganishije gusa urwo ruhinja rushakwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Urukundo rw’abahanzi b’ibirangirire ruri kuvugisha benshi kubera ibyo bakoreye mu ruhame

Next Post

Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Related Posts

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko
MU RWANDA

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.