Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Inkuru y’akababaro mu mukino w’amagare mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/04/2024
in SIPORO
1
Inkuru y’akababaro mu mukino w’amagare mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Musanze ahazwi nko mu Byangabo, habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Coaster yagonze abakinnyi b’umukino w’amagare bari mu myitozo, yahise igwamo Manizabayo Etienne ukinira ikipe y’abato ya Benediction Club.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Kane tariki 04 Mata 2024, ubwo abakinnyi b’amakipe atandukanye bari mu myitozo mu Karere ka Musanze basanzwe bakorera imyitozo.

Ubwo bari bageze ahazwi nko mu Byangabo, abakinnyi bagera muri batandatu bagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster, ari na bwo Manizabayo Etienne w’imyaka 17 yahitaga yitaba Imana, abandi bagera muri batanu barakomereka.

Aya makuru kandi yanemejwe na Munyankindi Benoît uyobora iyi kipe ya Benediction Club yapfushijie umukinnyi; wavuze ko iyi modoka yagonze abakinnyi bari mu gikundi.

Munyankindi watangaje ko uyu mukinnyi we yahise yitaba Imana, yagize ati “Ubu mu bitaro harimo batanu. Ni coaster yabinjiranye irabagonga. Ntabwo bari abanjye gusa, aba Java-Inovotec, aba Karongi, aba Musanze. Ni benshi twari kumwe.”

Iyi mpanuka y’imodoka yagonze abakinnyi bari mu myitozo, ibaye mu gihe mu mukino w’amagare mu Rwanda, hari gukinwa irushanwa ry’abato rizwi nka Rwanda Youth Racing Cup 2024, riri kubera mu bice bitandukanye by’Igihugu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ben says:
    2 years ago

    Iyi nkuru nizere ko Atari serie kbx byaba bibabaje byaba ari agahinda ku bakunzi b umukino w amagare muri rusange

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Afurika y’Epfo: Umunyapolitiki weguye ku mwanya wo hejuru mu Gihugu yahise yishyikiriza Polisi

Next Post

Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

Related Posts

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe...

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.