Thursday, February 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Inkuru y’akababaro mu mukino w’amagare mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/04/2024
in SIPORO
1
Inkuru y’akababaro mu mukino w’amagare mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Musanze ahazwi nko mu Byangabo, habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Coaster yagonze abakinnyi b’umukino w’amagare bari mu myitozo, yahise igwamo Manizabayo Etienne ukinira ikipe y’abato ya Benediction Club.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Kane tariki 04 Mata 2024, ubwo abakinnyi b’amakipe atandukanye bari mu myitozo mu Karere ka Musanze basanzwe bakorera imyitozo.

Ubwo bari bageze ahazwi nko mu Byangabo, abakinnyi bagera muri batandatu bagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster, ari na bwo Manizabayo Etienne w’imyaka 17 yahitaga yitaba Imana, abandi bagera muri batanu barakomereka.

Aya makuru kandi yanemejwe na Munyankindi Benoît uyobora iyi kipe ya Benediction Club yapfushijie umukinnyi; wavuze ko iyi modoka yagonze abakinnyi bari mu gikundi.

Munyankindi watangaje ko uyu mukinnyi we yahise yitaba Imana, yagize ati “Ubu mu bitaro harimo batanu. Ni coaster yabinjiranye irabagonga. Ntabwo bari abanjye gusa, aba Java-Inovotec, aba Karongi, aba Musanze. Ni benshi twari kumwe.”

Iyi mpanuka y’imodoka yagonze abakinnyi bari mu myitozo, ibaye mu gihe mu mukino w’amagare mu Rwanda, hari gukinwa irushanwa ry’abato rizwi nka Rwanda Youth Racing Cup 2024, riri kubera mu bice bitandukanye by’Igihugu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ben says:
    2 years ago

    Iyi nkuru nizere ko Atari serie kbx byaba bibabaje byaba ari agahinda ku bakunzi b umukino w amagare muri rusange

    Reply

Leave a Reply to Ben Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Afurika y’Epfo: Umunyapolitiki weguye ku mwanya wo hejuru mu Gihugu yahise yishyikiriza Polisi

Next Post

Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

Related Posts

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bwamaze gusinyisha myugariro Ishimwe Abdoul wakiniraga Mukura VS yari yaratijwe na Intare. Ubuyobozi bwa...

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

by radiotv10
03/02/2026
0

Abatoza bose b'ikipe ya Etincelles FC barimo umutoza mukuru, Masudi Djuma, bahagaritswe nyuma y’umusaruro mubi ndetse n’umubano utari mwiza hagati...

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Amakuru mashya agezweho ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

by radiotv10
03/02/2026
0

Umunyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max uzwi mu biganiro bya Siporo, byumwihariko ibitambuka ku maradiyo, yatangiye...

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

IZIHERUKA

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye
MU RWANDA

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

by radiotv10
05/02/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Umwarimu wa Kaminuza ukurikiranyweho gusambanya abana biga mu yisumbuye yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

05/02/2026
Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

04/02/2026
MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

04/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

Umwarimu wa Kaminuza ukurikiranyweho gusambanya abana biga mu yisumbuye yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.