Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in MU RWANDA
0
Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, haravugwa umugabo ukekwaho kwica umugore we amusatuye inda akamukuramo umwana yari atwite, ibintu byateye urujijo benshi bazindukiye ahabereye ibi byago.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mata 2024, mu Mudugudu wa Cyato mu Kagari ka Murambi, abaturage baramukiye ahatuye umuryango w’umugabo witwa Ndayambaje Antoine ukekwaho kwica umugore we Mukansengimana, bari bafitanye abana batandatu.

Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryacyeye ahagana saa sita, ubwo uyu mugabo akekwaho gusatura inda umugore we, akamukuramo umwana wari ufite amezi arindwi, bombi [Umubyeyi n’uruhinja] bagahita bitaba Imana.

Aya makuru yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyato, Harindintwari Jean Paul, wavuze ko ubuyobozi n’abaturage batabaye ubwo ibi byari bikiba nyuma yo gutabazwa n’abana babo, bagasanga umugabo yamaze gusatura inda umugore we.

Harindintwari Jean Paul yabwiye Ikinyamakuru Imvaho Nshya, ko basanze inda ya nyakwigendera ivirirana, amaraso ari menshi mu nzu, mu gihe uyu mugabo yashakaga gucika, ariko abaturage bakamufata.

Yagize ati “Ubwo twatabaraga twasanze inda yose ivirirana, amaraso yuzuye mu ruganiriro, bikaba byamenyekanye ari abana babo bahuruje abaturanyi baraza, umugabo ashaka kubacika, bamwirukaho baramufata.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko nyuma y’uko uyu mugabo ukekwaho kwica umugore we, afashwe; bahise bamushyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB muri aka gace.

Ati “Turi gushaka uburyo umurambo w’umugore we wagezwa mu bitaro bya Kibogora gukorerwa isuzuma, mbere yo gushyingurwa.”

Amakuru ava mu baturanyi, avuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica umugore we, asanzwe ari umusinzi, kuko akunze kunywa inzoga nyinshi, ndetse kuri iki Cyumweru tariki 28 Mata 2024, yari yiriwe mu kabari ko mu isantere ya Murambi.

Nanone kandi uyu muryango wari umaze igihe urimo amakimbirane ashingiye ku businzi bw’uyu mugabo, watahaga yuka inabi umugore we ubwo yabaga avuye mu kabari yanyoye ibisindisha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − one =

Previous Post

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye

Next Post

Kenya: Guverinoma yafashe icyemezo kireba amashuri yose kubera imyuzure

Related Posts

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

IZIHERUKA

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge
AMAHANGA

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

07/08/2025
Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

07/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Guverinoma yafashe icyemezo kireba amashuri yose kubera imyuzure

Kenya: Guverinoma yafashe icyemezo kireba amashuri yose kubera imyuzure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.