Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inyamaswa yishwe siyo cyangwa hari nyinshi?…Indi nyana yishwe n’igisimba

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in MU RWANDA
0
Inyamaswa yishwe siyo cyangwa hari nyinshi?…Indi nyana yishwe n’igisimba
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru hishwe inyamaswa byavugwaga ko ari yo yica inyana z’aborozi bo mu bice byegereye ishyamba rya Gishwati, hongeye kugaragara indi nyana yishwe n’igisimba.

Iyi nyana y’umuturage witwa Augustin Manzi uture mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu, bayisanze yishwe n’inyamaswa ku Cyumweru tariki 13 Gashyantare 2022.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bigogwe, Tebuka Gahutu Jean Paul yemeje amakuru y’iyi nyana yariwe n’inyamaswa, avuga ko muri uyu Murenge batangiye gushaka umuti urambye.

Yagize ati “Turi kuganira n’Aborozi ndetse n’abashumba babo kugira ngo bubake ibiraro byihariye iyo mitavu igomba kujya iraramo ndetse tukanabasaba kuba maso bakazirinda kugira ngo nihagira iyo babona bahite bitabaza inzego z’umutekano zibegereye.”

Uyu muyobozi avuga ko aborozi ari bo bagomba gufata iya mbere mu gushaka umuti w’iki kibazo kimaze iminsi cyumvikana mu bice byegereye ishyamba rya Gishwati.

Iki kibazo kimaze iminsi kivugwa, aho byatangajwe ko inyana zimaze kwicwa n’izi nyamaswa zikabakaba 100.

Tariki 04 Gashyantare 2022, inzego z’umutekano zishe inyamaswa y’inkazi bivugwa ko ari yo yari yarajujubije aborozi ibicira inyana gusa zakomeje akazi ko gushakisha niba hari izindi nyamaswa.

Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda mu cyumweru gishize tariki 08 Gashyantare 2022, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri iki kibazo, avuga ko yakimenyeye ku mbuga nkoranyambaga cyatangajwe n’abaturage, ariko aza gutungurwa n’ibisobanuro yahawe na bamwe mu bayobozi.

Perezida Kagame wavuze ko yahise abaza abo mu nzego zinyuranye zirimo n’iz’umutekano, yagize ati “mbaza Abapolisi nti ‘ibi bintu murabizi mwabibonye?’ bati ‘twabibonye’ nti ‘ibi byanditswe n’igihe bimaze n’amatungo amaze kwicwa n’izo nyamaswa, mwari mubizi icyo gihe cyose?’ rwose ntasoni ambwira ko bari babizi.”

Perezida Kagame wanenze imikorere nk’iyi, yavuze ko abayobozi yabajije bamubwiye ko iki kibazo ari icyo muri 2019, icyo gihe yagize ati “Nk’ubwo iyo ndwara iba iri mu bayobozi umuntu ayivura gute?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − thirteen =

Previous Post

Musanze: Bamaze umwaka batanga imisanzu muri ‘EjoHeza’ ariko konti zabo zirahuhwa n’umuyaga

Next Post

Saint Valentin yabaryoheye: Ibyamamare byateranye imitoma, Mayor yerekana ko n’Abanyapolitiki babizi

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Saint Valentin yabaryoheye: Ibyamamare byateranye imitoma, Mayor yerekana ko n’Abanyapolitiki babizi

Saint Valentin yabaryoheye: Ibyamamare byateranye imitoma, Mayor yerekana ko n’Abanyapolitiki babizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.