Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inyamaswa yishwe siyo cyangwa hari nyinshi?…Indi nyana yishwe n’igisimba

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in MU RWANDA
0
Inyamaswa yishwe siyo cyangwa hari nyinshi?…Indi nyana yishwe n’igisimba
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru hishwe inyamaswa byavugwaga ko ari yo yica inyana z’aborozi bo mu bice byegereye ishyamba rya Gishwati, hongeye kugaragara indi nyana yishwe n’igisimba.

Iyi nyana y’umuturage witwa Augustin Manzi uture mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu, bayisanze yishwe n’inyamaswa ku Cyumweru tariki 13 Gashyantare 2022.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bigogwe, Tebuka Gahutu Jean Paul yemeje amakuru y’iyi nyana yariwe n’inyamaswa, avuga ko muri uyu Murenge batangiye gushaka umuti urambye.

Yagize ati “Turi kuganira n’Aborozi ndetse n’abashumba babo kugira ngo bubake ibiraro byihariye iyo mitavu igomba kujya iraramo ndetse tukanabasaba kuba maso bakazirinda kugira ngo nihagira iyo babona bahite bitabaza inzego z’umutekano zibegereye.”

Uyu muyobozi avuga ko aborozi ari bo bagomba gufata iya mbere mu gushaka umuti w’iki kibazo kimaze iminsi cyumvikana mu bice byegereye ishyamba rya Gishwati.

Iki kibazo kimaze iminsi kivugwa, aho byatangajwe ko inyana zimaze kwicwa n’izi nyamaswa zikabakaba 100.

Tariki 04 Gashyantare 2022, inzego z’umutekano zishe inyamaswa y’inkazi bivugwa ko ari yo yari yarajujubije aborozi ibicira inyana gusa zakomeje akazi ko gushakisha niba hari izindi nyamaswa.

Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda mu cyumweru gishize tariki 08 Gashyantare 2022, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri iki kibazo, avuga ko yakimenyeye ku mbuga nkoranyambaga cyatangajwe n’abaturage, ariko aza gutungurwa n’ibisobanuro yahawe na bamwe mu bayobozi.

Perezida Kagame wavuze ko yahise abaza abo mu nzego zinyuranye zirimo n’iz’umutekano, yagize ati “mbaza Abapolisi nti ‘ibi bintu murabizi mwabibonye?’ bati ‘twabibonye’ nti ‘ibi byanditswe n’igihe bimaze n’amatungo amaze kwicwa n’izo nyamaswa, mwari mubizi icyo gihe cyose?’ rwose ntasoni ambwira ko bari babizi.”

Perezida Kagame wanenze imikorere nk’iyi, yavuze ko abayobozi yabajije bamubwiye ko iki kibazo ari icyo muri 2019, icyo gihe yagize ati “Nk’ubwo iyo ndwara iba iri mu bayobozi umuntu ayivura gute?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 9 =

Previous Post

Musanze: Bamaze umwaka batanga imisanzu muri ‘EjoHeza’ ariko konti zabo zirahuhwa n’umuyaga

Next Post

Saint Valentin yabaryoheye: Ibyamamare byateranye imitoma, Mayor yerekana ko n’Abanyapolitiki babizi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Saint Valentin yabaryoheye: Ibyamamare byateranye imitoma, Mayor yerekana ko n’Abanyapolitiki babizi

Saint Valentin yabaryoheye: Ibyamamare byateranye imitoma, Mayor yerekana ko n’Abanyapolitiki babizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.